• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2017 ITOHOZA

Mugihe u Rwanda rumaze kuba ikitegererezo muri Afrika mu kwihuta mu iterambere, kuburyo n’abakuru b’ibihugu basigaye baza kwigira ku Rwanda uko rwikuye mu bukene, kuva k’ubusa rukaba rugeze kure mu iterambere.

Umukozi uciriritse mu ruganda rukora ‘ibirungo ’ I Paris mu Bufaransa, uterura amakarito n’imikebe afunzemo ibiryo by’ibirungo mu ruganda niwe ushaka kuba Perezida w’u Rwanda.

Nyuma ya Rusesabagina wari umuboyi muri Hotel Des Mille Collines nawe washatse kuba Perezida, ariko kuri ubu akaba yarabuze kubera ko ibyo yabeshyeshyaga byaje gutahurwa nyuma y’igitabo cy’ Umwanditsi Edouard Kayihura warokotse jenoside akaba n’ umwe mu bahungiye muri Hotel des Mille Collines afatanije n’Umunyamerika Kerry Zukus banditse igitabo gihinyuza bidasubirwaho ikinyoma cyakwirakwijwe na Paul Rusesabagina hifashishijwe filimi yamukozweho yiswe ’Hotel Rwanda’.

-5662.jpg

Paul Rusesabagina

Iyi filimi ’Hotel Rwanda’ yakozwe nyuma y’uko Paul Rusesabagina akwirakwije hirya no hino inkuru z’ibitangaza yakoze aho yavugaga ko yarokoye imbaga y’abatutsi bahungiye muri Hotel des Mille Collines.

Umwe mu barokokeye muri iyo hoteli, Edouard Kayihura yafashe iya mbere ngo ahinyuze izo nkuru zitandukanye cyane n’ukuri, aho Rusesabagina yakwirakwije mu mahanga ko ari we warokoye impunzi z’abatutsi muri iyo hoteli, yandika igitabo ‘Inside the Hotel Rwanda- The surprising true story and why it matters today’ tugenekereje mu Kinyarwanda bivuga ‘Hoteli Rwanda- Inkuru itangaje y’ibyahabereye n’impamvu ifite ukamaro uyu munsi’.

Abazungu baje gutahura ko Rusesabagina yishyuzaga impunzi azitera ubwoba ko nibatamuha amafaranga abashumuriza interahamwe, nyuma za facture yishyurizagaho zarabonetse . Rusesabagina azima atyo.

Amakuru dufite avuga ko nyuma ya Rusesabagina na Thomas Nahimana, Mpayimana Philippe yagombaga kuziba icyuho, Philippe kuva mu Bufaransa, akorana n’agatsiko k’ imiryango y’abafaransa bahoze muri zone Turquoise bayobowe na Hubert Védrine wari muri zone Turquoise n’akandi gatsiko kari muri leta y’Ubufaransa gafite imizi ya francois Mitterrand, Habyarimana n’Ingabo zatsinzwe, bafatanyije na “L’Internationale démocrate centrist” (IDC), ikorera Congo, Burundi, Rwanda n’irindi huriro ry’idini gatolika mu Butariyani rikorera Sant Egidio, ari nabo baha impapuro n’ibindi byangombwa, bakanatera inkunga zirimo no kwakira abayobozi ba FDRL ari nabo babika amafaranga ya FDLR, ngabo abasunitse Ingabire Victoire ba mukuye muri Congo ni nabo baha amafaranga Mpayimana Phillipe yo kwandika ibitabo k’ubuyobozi buriho mu Rwanda, bakanamuha n’ibitekerezo ashyiramo bishinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi bwabereye muri Congo.

-5664.jpg

Mpayimana Philippe

Twanamenye ko aka “gatsiko” k’abuzukuru ba Mgr André Perraudin ri nako gasunika Padiri Nahimana Thomas, gutinyura bene wabo cyane cyane bagamije gushyira ahabona manifesto y’abahutu yakorewe mu Bubiligi yabyaye leprophete.fr, gahunda iriho siyo gutsinda ahubwo niyo gutegura ejo hazaza muri Politiki igamije guhirika ubutegetsi buriho bita ubw’Abatutsi.

Nyuma rero yaho binaniriye Thomas Nahimana kubera ko abazungu basanze Nahimana afite ibyaha bya leprophete, impapuro z’inzira n’uburiganya bugamije kubeshya abamuha amafaranga, hagombaga kuboneka uziba icyuho.

-5663.jpg

Padiri Thomas Nahimana

Ariko biragoye kuko iyo rubanda nyamwinshi bavuga, imaze guhabwa inka, amashuri, amavuriro imaze kuvumbura ko ibyo byose ari ibigamije kubasubiza inyuma kandi bari bamaze kugera ku iterambere abana babo biga, bavuzwa n’ibindi..Abazana amacakubiri mu banyarwanda barakiyongera. Murabe maso.

Burasa JG.

2017-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 05 Jun 2019
IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Rwamagana: Umugore w’imyaka 30 yajujubije abaturage abiba ihene akanabomora n’amazu

Rwamagana: Umugore w’imyaka 30 yajujubije abaturage abiba ihene akanabomora n’amazu

Ubwanditsi 04 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”
INKURU NYAMUKURU

Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge
INKURU NYAMUKURU

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero
Amakuru

Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero

Ubwanditsi 02 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru