• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Ubwanditsi 31 Aug 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 31 Kanama 2020, nibwo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha “RIB” rwatangaje inkuru yanyuze Abanyarwanda benshi, y’ifatwa rya Paul Rusesabagina, ndetse anerekwa itangazamakuru.

Uyu mugabo gito akurikiranweho ibyaha byinshi birimo iby’iterabwoba n’ibindi bitandukanye, RIB yatangaje ko uyu Rusesabagina wamamamaye cyane atuka uRwanda n’abayobozi bakuru barwo biherekejwe no gukurira umutwe w’Iterabwoba wagaragaye utwika ndetse unica abaturage , yafashwe ku bufatanye bw’u Rwanda n’amahanga, dore ko yari yaranashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba ko atabwa muri yombi.

Bimwe mu byo ashinjwa harimo kurema no kuyobora imitwe yitwaje intwaro irimo MRCD, ndetse n’ikiryabarezi yashinze cyitwa PDR-Ihumure, Bimwe mu bitero iyi mitwe yagiye igiramo uruhare harimo icya Nyabimata cyabaye muri Kamena 2018, ndetse n’ikindi cyabereye muri Nyamagabe mu kwezi kwa 12 muri 2018.

Ubwo yerekwaga itangazamakuru yagaragaraga nk’ufite ikimwaro, ubona yibaza icyo azabwira Abanyarwanda ku marorerwa yabakoreye, arimo n’ubwicanyi bwahitanye ubuzima bwa benshi muri bo.
Mu mwaka wa 2018 nibwo humvikanye ibitero byagiye bigabwa mu majyepfo y’u Rwanda cyane cyane mu nkengero z’ishyamba rya Nyungwe aho byanatwaye ubuzima bw’abanyarwanda b’inzirakarengane abandi barashimutwa, bikorezwa ibyo izo nyangabirama za Rusesabagina zari zimaze gusahura, icyo gihe Polisi y’igihugu yatangaje ko abari bagabye icyo gitero bari baje baturuka mu Burundi ndetse bakanyura mu ishyamba rya Nyungwe bahunga.

Igihe bakubitwaga inshuro n’ingabo z’u Rwanda, Ibi bitero kimwe n’utundi dutero-shuma twagiye dukurikiraho byaje kwigambwa na Paul Rusesabagina, wiyemerera ko ari umuyobozi w’ingirwashyaka ,MRCD ryaje kunyunyuza imitsi ya zimwe mu mpunzi z’abanyarwanda .

Uyu Rusesabagina yari amaze iminsi anumvikana cyane ku maradio mpuzamahanga avuga ko yifatanije n’imitwe y’iterabwoba irimo nka FDLR igizwe na benshi mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse yanifatanije na CNRD ya Wilson Irategekla nawe wari waritandukanije na FDLR. Mu gushinga MRCD uyu mugabo wahoze ari umutetsi akaza kwigira umunyapolitiki yahuje ingirwashyaka ye PDR-Ihumure n’ibindi biryabarezi nka RRM yashinzwe na Nsabimana Callixte wari wariyise Sankara ndetse na CNRD ya Irategeka Wilson.
Nyuma yo kwihuza baje gushinga umutwe wa kinyeshyamba bari bahuriyeho bawita FLN icyo gihe mu rwego rwo kugirango batazacagagurana baha inshingano zo kubavugira uwo wiyise Sankara ndetse ahita ahabwa ipeti rya Major ibintu byafashwe nko gutesha agaciro amapeti ya gisirikari dore uko uyu muhungu atanigeze byibura anakora amahugurwa y’umunsi umwe ya gisirikari akarenga akiyita major.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yabwiye abanyamakuru ko uyu Rusesabagina yafashwe ku bufatanye bw’ibihugu nyuma y’iperereza byose bizatangarizwa abanyarwanda ndetse aboneraho no gutanga ubutumwa ku bantu bose bafite umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda ababwira ko akaboko k’ubutabera kazabageraho, kikaba ari ikibazo cy’igihe gusa ngo baryozwe ayo marorerwa yabo.

Hagati aho amakuru ava mu nterahamwe, ibigarasha n’abaparimehutu aravuga ko bahiye ubwoba bwinshi mu butumwa bucicikana ku mbuga biragaragara ko batunguwe n’ifatwa rya Rusesabagina bari bazi ko yagiye gushyingura murumuna we nkuko ubutumwa bwabo kubivuga mu majwi yoherezwaga kuri WhatsApp

Buri wese aribaza niba atari we utahiwe, cyane ko bigaragara ko amahanga yatangiye kumenya neza ubugome bajunditse, bwo kubuza Abanyarwanda amahwemo.

Ngiyo politiki mburamajyo tutahwemye kubabwira Gusa Ukuri gusesuye ni uko Amarembo y’Igihugu akinguye nyamuna Amahirwe aracyahari Sekibi yaba Cyiza

Biracyaza…….

2020-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 31 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe
Mu Rwanda

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa
Amakuru

Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa

RUSHYASHYA 27 May 2026
Ibyamamare ku Isi byokeje igitutu Perezida Museveni kubera ifungwa rya Bobi Wine
INKURU NYAMUKURU

Ibyamamare ku Isi byokeje igitutu Perezida Museveni kubera ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru