• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018 Mu Rwanda

Ku kazuba keza k’agasusuruko mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu, Abepisikopi bo mu Rwanda, abo mu mahanga, abihayimana, abakirisitu ba Diyosezi ya Cyangugu bose, by’umwihariko abo muri Paruwasi Katederali ya Cyangugu; bazindukiye guherekeza mu cyubahiro umushumba w’iyi Diyosezi, Musenyeri Bimenyimana Jean Damascene, witabye Imana ku Cyumweru.

Ni agahinda n’ishavu mu maso y’abakoraniye imbere muri Katederali no hanze, kubera umwepisikopi bakundaga wababereye umubyeyi mu myaka 21 yari amaze abayobora, aho bose bemeza ko yakoze imirimo ye ya gishumba yo gutagatifuza imbaga y’Imana, kwigisha no kuyobora.

Ni umunsi udasanzwe kuko itariki nk’iyi ya 16 Werurwe 1997, ari bwo yarambaraye mu bisingizo by’abatagatifu akaragizwa intama z’Imana nk’Umwepiskopi.

Ni umuhango witabiriwe n’Abepisikopi Gatolika bo mu Rwanda barimo; Anaclet Mwumvaneza wa Nyundo, Celestin Hakizimana wa Gikongoro, Nzakamwita Servelien wa Byumba, Kambanda Antoine wa Kibungo, Viseneti Harorimana wa Ruhengeri, Mgr Habiyambere wahoze ayobora Nyundo, Smaragde Mbonyintege wa Kabgayi, Intumwa ya Papa mu Rwanda; Rukamba Philippe wa Butare n’abandi baturutse mu bihugu by’abaturanyi nk’u Burundi, RDC, Uganda n’ahandi.

Igitabo cy’amategeko ya Kiliziya giteganya ko iyo umwepisikopi yitabye Imana ashyingurwa muri Katederali ye, imbere mu Kiliziya hafi ya alitari cyangwa aho yihitiyemo. Ni nako byagenze kuri Musenyeri Bimenyimana kuko imva ye yubatse imbere muri Katederali ya Cyangugu.

Padiri Emmanuel Uwingabire ukorera ubutumwa muri Paruwasi Katederali ya Cyangugu, yahishuye ko aho Mgr Bimenyimana ashyingurwa ari we wahihitiyemo.

Yagize ati “Umwepisikopi wacu we intego ye igira iti “Mu bwiyoroshye no mu rukundo”, ntabwo yahisemo ko azegera alitari ubwe yihitiyemo hafi ya alitari ariko si kuri alitari neza.”

Abazi iyi Katederali, imva ye iri mu ruhande rw’iburyo aho abapadiri batangiraga penetensiya hafi y’aho abapadiri binjirira bagiye gusoma Misa.Yubatse mu cyubahiro gikwiye umwepisikopi, ishyirwaho n’umusaraba kandi hakagaragazwa n’amazina y’uharuhukiye.

Padiri Uwingabire asobanura ko ubu ari ‘uburyo bwiza Kiliziya yahisemo bwo kugaragaza ikimenyetso cy’ubumwe muri Kiliziya.’

Yagize ati “Ni Katederali y’umwepisikopi, bivuga ko umwepisikopi na katederali ni indatandukana niyo atabarutse agomba kuruhukira muri ya katederali nk’ikimenyetso cy’ubumwe ariko kandi ni uburyo bwo kugira ngo abakirisitu bose igihe bazanyura ku mva ye bazibuke imico myiza n’ubutumwa yadusigiye kandi turusheho kuzirikana ko ari umuvugizi wacu ku Mana.”

Iyi mva yubatse mu buryo busanzwe bwa metero ebyiri z’uburebure n’imwe n’igice z’ubujyakuzimu, ndetse hejuru igakorwa mu buryo uwahabona yabona ko ari yo, haba n’indabo ndetse n’igihe cyose uhageze abona ko haruhukiye umwepisikopi.

Umwe mu bakora imirimo yo kuyubaka, Dusabimana Emmanuel wo muri Paruwasi ya Cyangugu, avuga ko atewe ishema no kubaka imva y’Umwepiskopi yakundaga.

Yagize ati “Ndumva mfite ishyaka ryo kugira icyo ngaragaza kuko ni umuntu waduhaga urugero rwiza rwo gukora, niyo mpamvu ndimo kwitanga kugira ngo iyi mirimo igende neza kuko twamukundaga. Ku mutima turababaye ariko nta kundi byagenda.”

Uyu mukorerabushake, avuga ko icyo atazibagirwa kuri Musenyeri Bimenyimana ari ugucisha make no kwiyoroshya. Ati “Yacishaga make yagutambukaho akagusuhuza. Icyubahiro yari afite ntabwo yakigaragazaga yagutambukagaho akagusuhuza. Sinzibagirwa gucisha make kwe niyo mpamvu mfite ishyaka ryo kubaka imva ye.’

 

Iyi mva yubatswe aho Musenyeri Bimenyimana yihitiyemo

 

Iyi mva yubatse mu buryo busanzwe bwa metero ebyiri z’uburebure n’imwe n’igice z’ubujyakuzimu

 

Abihaye Imana batandukanye barimo n’Intumwa ya Papa mu Rwanda bamusezeyeho bwa nyuma

 

Yashimiwe ubutwari no kwicisha bugufi byamuranze mu buzima bwe

 

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zari yasutse amarira ubwo Ivan Semwanga uwahoze ari umugabo we yitabye Imana!!  Amakuru afite gihamya nuko  Diamond  ariwe Wamurogesheje!

Zari yasutse amarira ubwo Ivan Semwanga uwahoze ari umugabo we yitabye Imana!! Amakuru afite gihamya nuko Diamond ariwe Wamurogesheje!

Ubwanditsi 25 May 2017
Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Ubwanditsi 25 Dec 2019
Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 05 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF yaciye Rayon Sports ibihumbi 20$, Yannick Mukunzi ahagarikwa imikino itatu
IMIKINO

CAF yaciye Rayon Sports ibihumbi 20$, Yannick Mukunzi ahagarikwa imikino itatu

Ubwanditsi 09 Aug 2018
APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

Ubwanditsi 29 Oct 2023
Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club
Amakuru

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 17 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru