• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018 Mu Rwanda

Ku kazuba keza k’agasusuruko mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu, Abepisikopi bo mu Rwanda, abo mu mahanga, abihayimana, abakirisitu ba Diyosezi ya Cyangugu bose, by’umwihariko abo muri Paruwasi Katederali ya Cyangugu; bazindukiye guherekeza mu cyubahiro umushumba w’iyi Diyosezi, Musenyeri Bimenyimana Jean Damascene, witabye Imana ku Cyumweru.

Ni agahinda n’ishavu mu maso y’abakoraniye imbere muri Katederali no hanze, kubera umwepisikopi bakundaga wababereye umubyeyi mu myaka 21 yari amaze abayobora, aho bose bemeza ko yakoze imirimo ye ya gishumba yo gutagatifuza imbaga y’Imana, kwigisha no kuyobora.

Ni umunsi udasanzwe kuko itariki nk’iyi ya 16 Werurwe 1997, ari bwo yarambaraye mu bisingizo by’abatagatifu akaragizwa intama z’Imana nk’Umwepiskopi.

Ni umuhango witabiriwe n’Abepisikopi Gatolika bo mu Rwanda barimo; Anaclet Mwumvaneza wa Nyundo, Celestin Hakizimana wa Gikongoro, Nzakamwita Servelien wa Byumba, Kambanda Antoine wa Kibungo, Viseneti Harorimana wa Ruhengeri, Mgr Habiyambere wahoze ayobora Nyundo, Smaragde Mbonyintege wa Kabgayi, Intumwa ya Papa mu Rwanda; Rukamba Philippe wa Butare n’abandi baturutse mu bihugu by’abaturanyi nk’u Burundi, RDC, Uganda n’ahandi.

Igitabo cy’amategeko ya Kiliziya giteganya ko iyo umwepisikopi yitabye Imana ashyingurwa muri Katederali ye, imbere mu Kiliziya hafi ya alitari cyangwa aho yihitiyemo. Ni nako byagenze kuri Musenyeri Bimenyimana kuko imva ye yubatse imbere muri Katederali ya Cyangugu.

Padiri Emmanuel Uwingabire ukorera ubutumwa muri Paruwasi Katederali ya Cyangugu, yahishuye ko aho Mgr Bimenyimana ashyingurwa ari we wahihitiyemo.

Yagize ati “Umwepisikopi wacu we intego ye igira iti “Mu bwiyoroshye no mu rukundo”, ntabwo yahisemo ko azegera alitari ubwe yihitiyemo hafi ya alitari ariko si kuri alitari neza.”

Abazi iyi Katederali, imva ye iri mu ruhande rw’iburyo aho abapadiri batangiraga penetensiya hafi y’aho abapadiri binjirira bagiye gusoma Misa.Yubatse mu cyubahiro gikwiye umwepisikopi, ishyirwaho n’umusaraba kandi hakagaragazwa n’amazina y’uharuhukiye.

Padiri Uwingabire asobanura ko ubu ari ‘uburyo bwiza Kiliziya yahisemo bwo kugaragaza ikimenyetso cy’ubumwe muri Kiliziya.’

Yagize ati “Ni Katederali y’umwepisikopi, bivuga ko umwepisikopi na katederali ni indatandukana niyo atabarutse agomba kuruhukira muri ya katederali nk’ikimenyetso cy’ubumwe ariko kandi ni uburyo bwo kugira ngo abakirisitu bose igihe bazanyura ku mva ye bazibuke imico myiza n’ubutumwa yadusigiye kandi turusheho kuzirikana ko ari umuvugizi wacu ku Mana.”

Iyi mva yubatse mu buryo busanzwe bwa metero ebyiri z’uburebure n’imwe n’igice z’ubujyakuzimu, ndetse hejuru igakorwa mu buryo uwahabona yabona ko ari yo, haba n’indabo ndetse n’igihe cyose uhageze abona ko haruhukiye umwepisikopi.

Umwe mu bakora imirimo yo kuyubaka, Dusabimana Emmanuel wo muri Paruwasi ya Cyangugu, avuga ko atewe ishema no kubaka imva y’Umwepiskopi yakundaga.

Yagize ati “Ndumva mfite ishyaka ryo kugira icyo ngaragaza kuko ni umuntu waduhaga urugero rwiza rwo gukora, niyo mpamvu ndimo kwitanga kugira ngo iyi mirimo igende neza kuko twamukundaga. Ku mutima turababaye ariko nta kundi byagenda.”

Uyu mukorerabushake, avuga ko icyo atazibagirwa kuri Musenyeri Bimenyimana ari ugucisha make no kwiyoroshya. Ati “Yacishaga make yagutambukaho akagusuhuza. Icyubahiro yari afite ntabwo yakigaragazaga yagutambukagaho akagusuhuza. Sinzibagirwa gucisha make kwe niyo mpamvu mfite ishyaka ryo kubaka imva ye.’

 

Iyi mva yubatswe aho Musenyeri Bimenyimana yihitiyemo

 

Iyi mva yubatse mu buryo busanzwe bwa metero ebyiri z’uburebure n’imwe n’igice z’ubujyakuzimu

 

Abihaye Imana batandukanye barimo n’Intumwa ya Papa mu Rwanda bamusezeyeho bwa nyuma

 

Yashimiwe ubutwari no kwicisha bugufi byamuranze mu buzima bwe

 

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Ubwanditsi 24 May 2022
U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021
Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Umunsi wa gatanu wa shampiyona usize Marines FC , APR FC na AS Kigali mu makipe asohotse mu matsinda, AS Muhanga, Etincelles na Mukura zigomba guhatanira kutamanuka.

Ubwanditsi 15 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Ubwanditsi 01 Sep 2018
Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi
ITOHOZA

Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Ubwanditsi 22 Oct 2016
Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi
Mu Rwanda

Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi

Ubwanditsi 06 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru