• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018 Mu Rwanda

Ku kazuba keza k’agasusuruko mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu, Abepisikopi bo mu Rwanda, abo mu mahanga, abihayimana, abakirisitu ba Diyosezi ya Cyangugu bose, by’umwihariko abo muri Paruwasi Katederali ya Cyangugu; bazindukiye guherekeza mu cyubahiro umushumba w’iyi Diyosezi, Musenyeri Bimenyimana Jean Damascene, witabye Imana ku Cyumweru.

Ni agahinda n’ishavu mu maso y’abakoraniye imbere muri Katederali no hanze, kubera umwepisikopi bakundaga wababereye umubyeyi mu myaka 21 yari amaze abayobora, aho bose bemeza ko yakoze imirimo ye ya gishumba yo gutagatifuza imbaga y’Imana, kwigisha no kuyobora.

Ni umunsi udasanzwe kuko itariki nk’iyi ya 16 Werurwe 1997, ari bwo yarambaraye mu bisingizo by’abatagatifu akaragizwa intama z’Imana nk’Umwepiskopi.

Ni umuhango witabiriwe n’Abepisikopi Gatolika bo mu Rwanda barimo; Anaclet Mwumvaneza wa Nyundo, Celestin Hakizimana wa Gikongoro, Nzakamwita Servelien wa Byumba, Kambanda Antoine wa Kibungo, Viseneti Harorimana wa Ruhengeri, Mgr Habiyambere wahoze ayobora Nyundo, Smaragde Mbonyintege wa Kabgayi, Intumwa ya Papa mu Rwanda; Rukamba Philippe wa Butare n’abandi baturutse mu bihugu by’abaturanyi nk’u Burundi, RDC, Uganda n’ahandi.

Igitabo cy’amategeko ya Kiliziya giteganya ko iyo umwepisikopi yitabye Imana ashyingurwa muri Katederali ye, imbere mu Kiliziya hafi ya alitari cyangwa aho yihitiyemo. Ni nako byagenze kuri Musenyeri Bimenyimana kuko imva ye yubatse imbere muri Katederali ya Cyangugu.

Padiri Emmanuel Uwingabire ukorera ubutumwa muri Paruwasi Katederali ya Cyangugu, yahishuye ko aho Mgr Bimenyimana ashyingurwa ari we wahihitiyemo.

Yagize ati “Umwepisikopi wacu we intego ye igira iti “Mu bwiyoroshye no mu rukundo”, ntabwo yahisemo ko azegera alitari ubwe yihitiyemo hafi ya alitari ariko si kuri alitari neza.”

Abazi iyi Katederali, imva ye iri mu ruhande rw’iburyo aho abapadiri batangiraga penetensiya hafi y’aho abapadiri binjirira bagiye gusoma Misa.Yubatse mu cyubahiro gikwiye umwepisikopi, ishyirwaho n’umusaraba kandi hakagaragazwa n’amazina y’uharuhukiye.

Padiri Uwingabire asobanura ko ubu ari ‘uburyo bwiza Kiliziya yahisemo bwo kugaragaza ikimenyetso cy’ubumwe muri Kiliziya.’

Yagize ati “Ni Katederali y’umwepisikopi, bivuga ko umwepisikopi na katederali ni indatandukana niyo atabarutse agomba kuruhukira muri ya katederali nk’ikimenyetso cy’ubumwe ariko kandi ni uburyo bwo kugira ngo abakirisitu bose igihe bazanyura ku mva ye bazibuke imico myiza n’ubutumwa yadusigiye kandi turusheho kuzirikana ko ari umuvugizi wacu ku Mana.”

Iyi mva yubatse mu buryo busanzwe bwa metero ebyiri z’uburebure n’imwe n’igice z’ubujyakuzimu, ndetse hejuru igakorwa mu buryo uwahabona yabona ko ari yo, haba n’indabo ndetse n’igihe cyose uhageze abona ko haruhukiye umwepisikopi.

Umwe mu bakora imirimo yo kuyubaka, Dusabimana Emmanuel wo muri Paruwasi ya Cyangugu, avuga ko atewe ishema no kubaka imva y’Umwepiskopi yakundaga.

Yagize ati “Ndumva mfite ishyaka ryo kugira icyo ngaragaza kuko ni umuntu waduhaga urugero rwiza rwo gukora, niyo mpamvu ndimo kwitanga kugira ngo iyi mirimo igende neza kuko twamukundaga. Ku mutima turababaye ariko nta kundi byagenda.”

Uyu mukorerabushake, avuga ko icyo atazibagirwa kuri Musenyeri Bimenyimana ari ugucisha make no kwiyoroshya. Ati “Yacishaga make yagutambukaho akagusuhuza. Icyubahiro yari afite ntabwo yakigaragazaga yagutambukagaho akagusuhuza. Sinzibagirwa gucisha make kwe niyo mpamvu mfite ishyaka ryo kubaka imva ye.’

 

Iyi mva yubatswe aho Musenyeri Bimenyimana yihitiyemo

 

Iyi mva yubatse mu buryo busanzwe bwa metero ebyiri z’uburebure n’imwe n’igice z’ubujyakuzimu

 

Abihaye Imana batandukanye barimo n’Intumwa ya Papa mu Rwanda bamusezeyeho bwa nyuma

 

Yashimiwe ubutwari no kwicisha bugufi byamuranze mu buzima bwe

 

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Akamaro amazi yahinduwe amaraso ya Yesu agirira abantu “-Patmos of faith church

“Akamaro amazi yahinduwe amaraso ya Yesu agirira abantu “-Patmos of faith church

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Ubwanditsi 14 Mar 2017
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko
Mu Rwanda

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera
HIRYA NO HINO

Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze
Mu Rwanda

Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze

Ubwanditsi 27 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru