• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Ubwanditsi 24 May 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda, UBUREZI

Mu gihe u Rwanda rukomeje gukataza mu iterambere cyane cyane ku burezi bufite ireme, Abanyeshuri nabo bavuga ko kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga hakiri kare bibafasha kandi bizabafasha kwihangira imirimo no kuyihatanira ku ruhando mpuzamahanga.

Ibi byatumye abahanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga bareba kure maze bazana uburyo bwitwa StudiesRW, buzafasha abanyeshuri kwiga amasomo arimo Maths, Physics, Biology, Chemistry, Entrepreneurship, Geography, History, ndetse n’andi masomo yose yigwa mu mashuri yisumbuye kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu mwaka wa gatandatu. Ayo masomo yose bazayiga bifashishije urwo rubuga rwo kuri murandasi (Website), kugira ngo bige amasomo yose arimo n’ayikoranabuhanga bibereye mu rugo.

Uyu ni umushinga mugari uzahuza abarimu bigisha ikoranabuhanga, siyansi n’imibare mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye kugeza mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, gusa abakandida bigenga (Private Canditates) nabo ntibasigaye kuko bizwi ko bakeneye kwihugura ndetse no kumenya amwe mumasomo bazakora mu bizamini bya Leta.
Mukongori Moses ni Umuyobozi w’umushinga StudiesRW, avuga ko uyu mushinga uje gutanga ubumenyi bugamije iterambere mu banyarwanda ndetse n’isi yose muri rusange, avuga ko bahereye muri inzi nzego z’uburezi ariko Umushinga uzakomereza no mu bindi byiciro by’amashuri.

Agira ati “Uyu mushinga ugamije kuzamura kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga no gufasha abanyeshuri kwiga amasomo ya Siyansi, imibare icungamutungo, ndetse n’ikoranabuhanga, bityo bakiteza imbere ubwabo ndetse n’igihugu muri rusange.”
Prof. Jean Marie Ntaganda ni Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko iyi gahunda yo kwigisha hakoreshejwe iyakure, izabafasha cyane kuko kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga bishobora gufasha umuntu kwiga vuba agafata ibyo yize kuko akomeza gusubiramo amasomo indorane kenshi.
Nshimiyimana John ni umunyeshuri wiga akoresheje ikoranabuhanga avuga ko kwiga hifashijijwe ikoranabuhanga ari byiza, ariko ngo haracyari imbogamizi zuko usanga hari ahantu hataragera umuriro w’amashanyarazi bityo abanyeshuri bahatuye bakaba batabona mahirwe ahagije yo kwiga.

Ati “Ni ukuri kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga ni byiza cyane gusa ariko, hari imbogamizi z’umuriro w’amashanyarazi mu cyaro ariko Leta idufashe itwegereze ayo mahirwe hirya no hino mu Rwanda atugereho twese, bityo natwe twige twifashishije ikoranabuhanga.”

Umuyobozi wa Studies Rw, yatangiye kwigisha hakoreshejwe Iyakure (E-learning)

Mukongori Moses akomeza avuga ko inzego za Leta zishinzwe uburezi mu Rwanda zikwiye kwongera umurego mu gushishikariza abikorera bagashora imari mu burezi bushishikariza abarimu mu nzego zitandukanye, abanyeshuri ndetse n’ababyeyi kuyoboka gahunda yo kwiga no kwigisha hifashishijwe iyakure, Asanga ari igisubizo mu muryango nyarwanda ndetse no mu mahanga kuko umunyeshuri ashobora gukenera umwarimu bagahana gahunda agahita amubona kandi agahabwa igisubizo mu isomo ryigishijwe kikagera no ku bandi bose bagashira amatsiko ku bibazo bibazaga.

Umuyobozi Mukuru wa Higher Education Council (HEC) Dr.Rose MUKANKOMEJE avuga ko “Uretse na HEC n’ inzego z’uburezi muri rusange zisanga kwigisha hakoreshejwe ikoranabuhanga ari ngombwa kandi ari ingenzi. Icyorezo cya Covid -19 cyatweretse ko tugomba guhindura imyumvire n’imikorere isanzwe”.

Akomeza avuga ko Nka HEC ishishikakiza amashuri makuru gukoresha ikoranabunga mu kwigisha kandi birakorwa ndetse hari n’umusaruro ugaragara. Mu byo Amashuri makuru yasabwe kwigisha harimo n’Iyakure.

Yongeraho ko harimo n’imbogamizi zitari nkeya kuko abanyeshuri benshi badafite ibikoresho bihagije( digital equipments) cyane cyane mudasobwa (computers), internet irahenze haba ku mashuri ubwayo cyangwa ku banyeshuri bayikoresha, amashanyarazi ntabwo aragera hose mu cyaro ndetse n’abafite internet ntibazi kuyikoresha uko bikwiye ngo bamenye kuyikoresha ibintu bibafitiye akamaro kuruta ibindi mu gihe usanga abanyeshuri bamwe bibereye muri gahunda zidafite aho zihuriye n’amasomo mwarimu arimo kwigisha.

Dr Mukankomeje Akomeza ashima Leta y’u Rwanda yashyizemo ingufu nyinshi kugirango iterambere ryubakire ku ikoranabuhanga bihereye mu burezi, twavuga nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga mu burezi, Ministry of ICT & Innovation, Internet ya fiber optics mu gihugu hose, ndetse n’imirongo migari ya Internet n’ibindi. Nka HEC, Tuzakomeza gukora ubuvugizi no gukangurira abatarabyumva kubisobanukirwa no kubikora neza.

2022-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?

Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?

Ubwanditsi 13 Nov 2020
Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Ubwanditsi 06 Apr 2023
U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Ubwanditsi 12 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa
Amakuru

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Ubwanditsi 02 Dec 2024
Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya
Mu Rwanda

Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 29 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru