• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

Ubwanditsi 11 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Mu gihe Hashize igihe kitari gito mu gihugu cy’u Burundi hari umutekano muke,intambara,impfu z’abantu za buri kanya,ibi bikaba byaranatumye benshi mu baturage bo muri iki gihugu bahunga bamwe bakaza mu Rwanda abandi bakajya mu bindi bihugu, umukozi w’Imana Bishop Rugagi Innocent uyoboye itorero ry’Abacunguwe mu Rwanda ( Redeemed Gospel church yahaye impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda igihe gito zikongera gutahuka ubwo amahoro azaba agarutse mu gihugu cy’Uburundi ,ndetse ngo n’abafite imigambi mibi ku Rwanda ikazabapfubana ba nyirayo , ahamya ko ari ubuhanuzi ahawe n’Imana.

Bishop Rugagi Innocent yahanuye ko ibyo byose Imana ibihagurukiye

Ni kenshi abantu bizera ndetse bakanemera ubuhanuzi,ariko hari nubwo bamwe bahakana ndetse ntibemere ubuhanuzi bitewe n’imyemerere yabo bishingiye ku myumvire yabo.

Gusa ku barundi bamwe bari bari mu giterane cy’amasengesho yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ukuboza 2017 ari naho uyu mushumba yabahereye amasezerano ndetse n’ikizere , bahamije ko batapfa gupinga ubuhanuzi bw’umukozi w’Imana kandi nabwo bafite ukwizera ko byanga byakunda bizarangira ngo kuko bataremewe kuba mubuhunzi iteka.

Umwe mu barundi witwa Mugisha waganiriye n’umunyamakuru w’Iyobokamana.com yagize ati:” Nje sinaca mpakana ubuhanuzi bw’umukozi w’Imana kuko n’ubundi bizoca bihere .Ndazi neza ko nta mvura igwa ntihite ,menga n’iyo kubwa Nowa yaciye ihera”.

Ubwo umushumba w’itorero Abacunguwe,Bishop Rugagi Innocent yari arimo yigisha ijambo ry’Imana,ageze mu mwanya w’ubuhanuzi yavuze byinshi bihumuriza abarundi,abasaba gusengera igihugu cyabo kuko aribo bambere babigomba,ndetse anabaha igihe bazaba baviriye muri ibyo bibazo.

Mu magambo ye umushumba w’itorero Abacunguwe,Bishop Rugagi Innocent yagize ati:”Abarundi nimwe bambere mukwiriye gusengera igihugu cyanyu.Nubwo twe twagisengera ntabwo twagisengera kubarusha kuko nimwe muzi ibibazo biri mu gihugu cyanyu,nimwe muzi ingorane muri guhura nazo,nimwe muzi abanyu bapfuye kubera umutekano muke uhari,nimwe muzi uko ubuhunzi bubamereye nabi.Ariko ndababwiza ukuri ko Bigiye kuba rimwe muhite mubona amahoro”.

Nyuma yo kuvuga aya magambo yanasengeye iki gihugu ndetse n’abaturage bacyo aho yasabaga Imanaya Isiraheri ngo ize itabare ubwoko bwayo

Uyu mushumba yasengeye n’igihugu cy’ uRwanda aho yavugaga ko abafite imigambi mibi ku gihugu cy’ u Rwanda batsindwa kandi Imana ikazana amahoro.

Bishop Rugagi yanavuzeko Imana itajya ikorera mu ntambara ahubwo ikorera ahari amahoro ndetse ikanazana ibisubizo bikwiye kuko hari amahoro n’umutekano.

Ngo niyo mpamvu Imana itazemerera abashaka kurogoya iterambere ndetse n’ahazaza heza h’igihugu cy’U Rwanda ndetse n’abanyarwa kuko ibakunda kandi ibafiteho Imigmbi myiza.

2017-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Ubwanditsi 12 Nov 2019
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024
Maj. Ntuyahaga  kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Maj. Ntuyahaga kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Ubwanditsi 31 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imirwano hagati ya UPDF na M23 yaguyemo umusirikare wa Uganda undi arakomereka
Mu Rwanda

Imirwano hagati ya UPDF na M23 yaguyemo umusirikare wa Uganda undi arakomereka

Ubwanditsi 05 Mar 2017
Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye na Maneko mukuru wa FDLR Lt. Col Theophile Abega  I Kigali? Imikoranire ya Museveni, Kayumba na FDLR yaba igiye kujya ahagaragara!
INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi wa FDLR La Forge Bazeye na Maneko mukuru wa FDLR Lt. Col Theophile Abega I Kigali? Imikoranire ya Museveni, Kayumba na FDLR yaba igiye kujya ahagaragara!

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka
Mu Rwanda

Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Ubwanditsi 09 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru