• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

Ubwanditsi 11 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Mu gihe Hashize igihe kitari gito mu gihugu cy’u Burundi hari umutekano muke,intambara,impfu z’abantu za buri kanya,ibi bikaba byaranatumye benshi mu baturage bo muri iki gihugu bahunga bamwe bakaza mu Rwanda abandi bakajya mu bindi bihugu, umukozi w’Imana Bishop Rugagi Innocent uyoboye itorero ry’Abacunguwe mu Rwanda ( Redeemed Gospel church yahaye impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda igihe gito zikongera gutahuka ubwo amahoro azaba agarutse mu gihugu cy’Uburundi ,ndetse ngo n’abafite imigambi mibi ku Rwanda ikazabapfubana ba nyirayo , ahamya ko ari ubuhanuzi ahawe n’Imana.

Bishop Rugagi Innocent yahanuye ko ibyo byose Imana ibihagurukiye

Ni kenshi abantu bizera ndetse bakanemera ubuhanuzi,ariko hari nubwo bamwe bahakana ndetse ntibemere ubuhanuzi bitewe n’imyemerere yabo bishingiye ku myumvire yabo.

Gusa ku barundi bamwe bari bari mu giterane cy’amasengesho yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ukuboza 2017 ari naho uyu mushumba yabahereye amasezerano ndetse n’ikizere , bahamije ko batapfa gupinga ubuhanuzi bw’umukozi w’Imana kandi nabwo bafite ukwizera ko byanga byakunda bizarangira ngo kuko bataremewe kuba mubuhunzi iteka.

Umwe mu barundi witwa Mugisha waganiriye n’umunyamakuru w’Iyobokamana.com yagize ati:” Nje sinaca mpakana ubuhanuzi bw’umukozi w’Imana kuko n’ubundi bizoca bihere .Ndazi neza ko nta mvura igwa ntihite ,menga n’iyo kubwa Nowa yaciye ihera”.

Ubwo umushumba w’itorero Abacunguwe,Bishop Rugagi Innocent yari arimo yigisha ijambo ry’Imana,ageze mu mwanya w’ubuhanuzi yavuze byinshi bihumuriza abarundi,abasaba gusengera igihugu cyabo kuko aribo bambere babigomba,ndetse anabaha igihe bazaba baviriye muri ibyo bibazo.

Mu magambo ye umushumba w’itorero Abacunguwe,Bishop Rugagi Innocent yagize ati:”Abarundi nimwe bambere mukwiriye gusengera igihugu cyanyu.Nubwo twe twagisengera ntabwo twagisengera kubarusha kuko nimwe muzi ibibazo biri mu gihugu cyanyu,nimwe muzi ingorane muri guhura nazo,nimwe muzi abanyu bapfuye kubera umutekano muke uhari,nimwe muzi uko ubuhunzi bubamereye nabi.Ariko ndababwiza ukuri ko Bigiye kuba rimwe muhite mubona amahoro”.

Nyuma yo kuvuga aya magambo yanasengeye iki gihugu ndetse n’abaturage bacyo aho yasabaga Imanaya Isiraheri ngo ize itabare ubwoko bwayo

Uyu mushumba yasengeye n’igihugu cy’ uRwanda aho yavugaga ko abafite imigambi mibi ku gihugu cy’ u Rwanda batsindwa kandi Imana ikazana amahoro.

Bishop Rugagi yanavuzeko Imana itajya ikorera mu ntambara ahubwo ikorera ahari amahoro ndetse ikanazana ibisubizo bikwiye kuko hari amahoro n’umutekano.

Ngo niyo mpamvu Imana itazemerera abashaka kurogoya iterambere ndetse n’ahazaza heza h’igihugu cy’U Rwanda ndetse n’abanyarwa kuko ibakunda kandi ibafiteho Imigmbi myiza.

2017-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda

Israel: Abimukira bava muri Eritrea bateguye imyigaragambyo ikomeye imbere ya Ambasade y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Uganda: Bobi Wine Yafunguwe By’agateganyo

Uganda: Bobi Wine Yafunguwe By’agateganyo

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Ubwanditsi 09 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Abamotari ba Burera basabwe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Abamotari ba Burera basabwe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 03 May 2016
Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo
ITOHOZA

Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo

Ubwanditsi 12 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru