• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ubwanditsi 22 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi (CNDD FDD), Gen. Evaritse Ndayishimiye, yasabye ko Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida, afatirwa ibihano kubera ibikorwa bibangamira Demokarasi, birimo kudeta yakoze.

Yabitangaje ku wa 20 Ukwakira 2018, ubwo hibukwaga ku nshuro ya 25, intwari zaharaniye Demokarasi mu Burundi.

Ndayishimiye avuze ko ‘Ishyaka CNDD-FDD ritungurwa no kubona Pierre Buyoya akomeza guhabwa inshingano muri AU na Loni nta soni n’ubwoba, aho kumufatira ibihano, nk’aho ibyo yakoreye Abarundi ari urugero rwiza ku Isi’.

Mu 2012 Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wahaye Pierre Buyoya, inshingano zo kuwuhagararira muri Mali no mu gace k’ubutayu bwa Sahara.

Ndayishimiye asanga Buyoya ubwe yishinja, cyane cyane mu gitabo yanditse cyavugaga ko ibiganiro hagati y’Abarundi ari inzira ndende igana ku mahoro.’

Uyu muyobozi yavuze ko asanga Buyoya ari intwaro isenya Demokarasi ndetse ko yanabyigaragarije ishuro ebyiri zose akora kudeta zirimo iyo yahiritsemo Perezida Bagaza mu 1987, bwo yari yitabiriye inama mpuzamahanga muri Canada.

Uretse ibyo Ndayishimiye yanibukije ko nyuma yo gutsindwa amatora na Melchior Ndadaye mu 1993, Buyoya yongeye gukora indi kudeta mu 1996, ahirika Perezida Ntibantunganya.

Ibyo ngo ni bimwe mu byo Ndayishimiye ashingiraho yemeza ko ingoma ya Buyoya yaranzwe no gukandamiza demokarasi, akibaza impamvu adafatirwa ibihano.

Ati “Buyoya yahiritse Ntibantunganye imiryango mpuzamahanga irebera…ibyo byaha byose yabikoze ashyigikiwe kandi atewe inkunga n’u Bubiligi.”

Nubwo ishyaka rya Perezida Nkurunziza, ryasabiye Buyoya guhanwa, mu 2014 Guverinoma y’u Burundi yari imushyigikiye nk’umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’ibihugu bivuga Igifaransa.

Pierre Buyoya (iburyo) yagiye ahabwa inshingano n’imiryango mpuzamahanga

 

2018-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
U Rwanda rwafunguriye amarembo ibihugu by’isi yose

U Rwanda rwafunguriye amarembo ibihugu by’isi yose

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Ubwanditsi 15 Sep 2019

2 Ibitekerezo

  1. nkotanyi
    October 22, 20184:37 pm -

    abarundi mwataye umutwe ibyo mushinja H.E Buyoya yabikoreye africa cg isi ??!&! nkeka yarabikoreye u burindi??! kuki mwebwe se mutamukurikirana?!Sha muracyari inyuma mu myumvire mwibwira ko amahanga ariyo azajya abakemurira ibibazo?!!! muzumirwa

    Subiza
  2. nini
    October 23, 20189:38 am -

    Hhhh! uwo mugabo ni uko yabaye yuzuye ibigambo gusa vyo guturira nta nibikorwa bagira. Arinda abimusabira ntiyomusanga iyo ari akabimuha. mbega ico gihe yakubita nya ma coup d’Etat’s Ndayishimiye ntiyari bwavuke ko batahise bamufata bakamuhana. Uwo biburiye ntabura ibyo avuga. Toka

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro
IMIKINO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka
POLITIKI

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari
Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari

Ubwanditsi 16 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru