• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Editorial 22 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi (CNDD FDD), Gen. Evaritse Ndayishimiye, yasabye ko Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida, afatirwa ibihano kubera ibikorwa bibangamira Demokarasi, birimo kudeta yakoze.

Yabitangaje ku wa 20 Ukwakira 2018, ubwo hibukwaga ku nshuro ya 25, intwari zaharaniye Demokarasi mu Burundi.

Ndayishimiye avuze ko ‘Ishyaka CNDD-FDD ritungurwa no kubona Pierre Buyoya akomeza guhabwa inshingano muri AU na Loni nta soni n’ubwoba, aho kumufatira ibihano, nk’aho ibyo yakoreye Abarundi ari urugero rwiza ku Isi’.

Mu 2012 Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wahaye Pierre Buyoya, inshingano zo kuwuhagararira muri Mali no mu gace k’ubutayu bwa Sahara.

Ndayishimiye asanga Buyoya ubwe yishinja, cyane cyane mu gitabo yanditse cyavugaga ko ibiganiro hagati y’Abarundi ari inzira ndende igana ku mahoro.’

Uyu muyobozi yavuze ko asanga Buyoya ari intwaro isenya Demokarasi ndetse ko yanabyigaragarije ishuro ebyiri zose akora kudeta zirimo iyo yahiritsemo Perezida Bagaza mu 1987, bwo yari yitabiriye inama mpuzamahanga muri Canada.

Uretse ibyo Ndayishimiye yanibukije ko nyuma yo gutsindwa amatora na Melchior Ndadaye mu 1993, Buyoya yongeye gukora indi kudeta mu 1996, ahirika Perezida Ntibantunganya.

Ibyo ngo ni bimwe mu byo Ndayishimiye ashingiraho yemeza ko ingoma ya Buyoya yaranzwe no gukandamiza demokarasi, akibaza impamvu adafatirwa ibihano.

Ati “Buyoya yahiritse Ntibantunganye imiryango mpuzamahanga irebera…ibyo byaha byose yabikoze ashyigikiwe kandi atewe inkunga n’u Bubiligi.”

Nubwo ishyaka rya Perezida Nkurunziza, ryasabiye Buyoya guhanwa, mu 2014 Guverinoma y’u Burundi yari imushyigikiye nk’umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’ibihugu bivuga Igifaransa.

Pierre Buyoya (iburyo) yagiye ahabwa inshingano n’imiryango mpuzamahanga

 

2018-10-22
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Editorial 18 Oct 2019
Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Editorial 28 Sep 2023
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Editorial 05 Dec 2024
Sud – Kivu intambara iraca ibintu : Inyeshyamba 12 zishwe, batatu ba FARDC batwarwa n’umugezi

Sud – Kivu intambara iraca ibintu : Inyeshyamba 12 zishwe, batatu ba FARDC batwarwa n’umugezi

Editorial 03 Dec 2018

2 Ibitekerezo

  1. nkotanyi
    October 22, 20184:37 pm -

    abarundi mwataye umutwe ibyo mushinja H.E Buyoya yabikoreye africa cg isi ??!&! nkeka yarabikoreye u burindi??! kuki mwebwe se mutamukurikirana?!Sha muracyari inyuma mu myumvire mwibwira ko amahanga ariyo azajya abakemurira ibibazo?!!! muzumirwa

    Subiza
  2. nini
    October 23, 20189:38 am -

    Hhhh! uwo mugabo ni uko yabaye yuzuye ibigambo gusa vyo guturira nta nibikorwa bagira. Arinda abimusabira ntiyomusanga iyo ari akabimuha. mbega ico gihe yakubita nya ma coup d’Etat’s Ndayishimiye ntiyari bwavuke ko batahise bamufata bakamuhana. Uwo biburiye ntabura ibyo avuga. Toka

    Subiza

Leave a Reply to nkotanyi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashyaka ya opposition arasenyuka umusubirizo: FDLR na RNC ku isonga mu yashegeshwe
POLITIKI

Amashyaka ya opposition arasenyuka umusubirizo: FDLR na RNC ku isonga mu yashegeshwe

Editorial 30 Oct 2017
Abanyarwanda basaga 90 bafatiwe mu mukwabu muri Uganda bahita bahambirizwa
Mu Rwanda

Abanyarwanda basaga 90 bafatiwe mu mukwabu muri Uganda bahita bahambirizwa

Editorial 16 Aug 2017
Netanyahu yageze mu Rwanda
Mu Mahanga

Netanyahu yageze mu Rwanda

Editorial 06 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru