• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Ubwanditsi 15 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Umuryango Mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, uheruka gushinja abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kwinjizamo abagera kuri 200 bahoze mu nyeshyamba za M23, ngo bafashe mu guhangana n’imyigaragambyo y’abadashaka ko Perezida Joseph Kabila aguma ku butegetsi.

Iyo myigaragambyo yatangiye umwaka ushize ubwo manda ya Kabila yarangiraga, ariko amatora ntakorwe ku mpamvu zavuzwe ko hari byinshi bitarajya mu buryo. Ni ibintu byakuruye imyigaragambyo, abenshi basaba Kabila kuva ku butegetsi cyane ko manda ye yari irangiye kandi atemerewe kongera kwiyamamaza.

Kwinjiza abahoze muri M23 ni ibintu Minisitiri Ushinzwe Uburenganzira bwa muntu muri RDC, Mushobekwa Marie-Ange, yahakanye avuga ko bitumvikana uburyo leta yakenera abahoze muri M23 kandi ifite igipolisi n’igisirikare, bityo ngo ibivugwa ni ibihimbano.

Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, Perezida w’Ihuriro Ritavuga rumwe n’Ubutegetsi riharanira Impinduka (MSC), Laurent Batumona, yamaganye kwinjiza abacanshuro mu guhangana n’abigaragambya mu mahoro, avuga ko ari ubugambanyi.

Yagize ati “Twe tubibona nk’ubugambanyi bukomeye ku mukuru wa guverinoma yacu. Ni gute mwasobanura kubona guverinoma iriho yica abaturage bayo? Ni ikintu kibabaje ku gihugu.”

HRW yo yavugaga ko ubutegetsi bwa Kabila bwinjije mu ngabo abagera kuri 200 bari abarwanyi, bari barahungiye mu Rwanda na Uganda nyuma yo gutsindwa intambara mu Burasirazuba bwa Congo, ahagana mu Ugushyingo 2013.

Abo bahoze ari abarwanyi bivugwa ko binjijwe mu ngabo za leta ngo bahangane n’imyigaragambyo yamaganaga ubutegetsi, yabaye hagati ya tariki 19 na 20 Ukuboza 2016, mu Murwa Mukuru Kinshasa. Imiryango itandukanye ivuga ko iyi myigaragambyo yahitanye abagera kuri 62.

Minisitiri Mushobekwa yakomeje agira ati “Natunguwe cyane n’ibirego bya HRW. Navuganye n’abayobozi bose bireba. Twe tuzi ko abahoze muri M23 bose bari mu nkambi z’impunzi kandi Monusco ishobora gukurikirana neza uko abo bantu bambuwe intwaro kandi ko guverinoma ya Congo itagikeneye kubakurikirana.”

Mu gihe uyu muyobozi avuga ko bambuwe intwaro, HRW yo ivuga ko bongeye bakazihabwa, ariko leta ya Congo ikabihakana. Inavuga ko amakuru yayo yayashingiye ku buhamya bw’abantu 120 barimo abagera kuri 13 barwanye muri M23 bahawe ako kazi n’abofisiye icyenda bo mu nzego z’umutekano za Congo.

Perezida w’Ihuriro Ritavuga rumwe n’Ubutegetsi riharanira Impinduka (MSC), Laurent Batumona, yamaganye kwinjiza abacanshuro mu guhangana n’abigaragambya mu mahoro

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Ubwanditsi 19 Jun 2020
Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Ubwanditsi 06 Jan 2023
Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Ubwanditsi 27 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond yasesekaye  i Kigali
HIRYA NO HINO

Diamond yasesekaye i Kigali

Ubwanditsi 19 Jan 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 07 Jun 2023
Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika
Mu Rwanda

Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru