• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ubwanditsi 06 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Rurangirwa Abdul Karim wiga mu ishami ry’uburezi muri Kaminuza ya Al-Azhar, ni umwe mu banyeshuri b’abanyarwanda batabawe na Perezida Kagame bakohererezwa indege ibacyura mu Rwanda mu gihe mu Misiri ahari imvururu zikomeye zagejeje ku gukura ku butegetsi Perezida Hosni Mubarak.

Magingo aya, Rurangirwa ari gusoza amasomo ye mu gashami k’imitekerereze ya muntu. Ni umwe mu banyarwanda barenga 50 biga muri Kaminuza ya Al-Azhar, imwe mu zikomeye ku Isi ikaba n’iya kabiri mu zimaze igihe kinini zibayeho.

Kaminuza uyu musore yigamo iherereye mu Mujyi rwa gati i Cairo, ni mpuzamahanga kuko ibarizwamo abanyeshuri baturutse mu mpande zose z’Isi.

Impinduramatwara yo mu Misiri yabaye guhera ku wa 25 Mutarama 2011, yakwiriye ibice byose by’igihugu. Urubyiruko rwo muri iki gihugu rwahuriye hamwe rwamagana Perezida Mubarak nyuma y’igihe kinini rushinja Polisi y’Igihugu ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Icyo gihe miliyoni nyinshi z’abatuye iki gihugu zarakoranye zisaba ko Perezida Mubarak akurwa ku butegetsi ariko uko basabaga ibyo ni ko hazagamo no gushyamirana n’inzego z’umutekano.

Nibura abantu 846 ni bo baguye muri izo mvururu zashyize ku iherezo ubuyobozi bwa Mubarak abandi barenga 6000 barakomereka. Abigaragambya batwitse sitasiyo za polisi zirenga 90. Cyane cyane imijyi ikomeye nka Cairo, Alexandria n’indi, ni yo yabereyemo imyigaragambyo yo ku rwego rwo hejuru.

Nyuma y’imyaka irindwi, Rurangirwa yibuka uburyo u Rwanda na Perezida Kagame banditse amateka yo kugaragaza uko bita ku baturage babo.

Icyo gihe uyu musore yigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye akaba n’Umuyobozi mu Ishyirahamwe ry’Abanyeshuri b’Abanyarwanda bigaga mu Misiri.

Yibuka ko mu cyumweru cya mbere cya Gashyantare 2011 aribwo ibintu byarushijeho gukara ku buryo nko mu ‘bigo twabaga turimo, ntabwo twajyaga dusohoka, twari dukikijwe n’abasirikare, ubuzima bwari butameze neza’.

Yakomeje agira ati “Kiriya gihe byari bikaze, twabonaga byacitse. Twumvaga ko ari intambara yabaye kandi koko byari ibintu bitoroshye. Abanyeshuri twakoze inama, duhamagara abayobozi mu Rwanda tubabwira uko bimeze hanyuma barabitegura Perezida atwoherereza indege.”

Kuza kw’indege ngo hari abatarabyumvaga, bari batangiye kwiheba bibaza uko bari buve mu Misiri. Icyo gihe ngo abanyeshuri baratashye, n’abatari abanyeshuri barataha.

Ati “Byaraturenze, tugeze i Kigali dusanga abantu benshi barabizi ko abanyarwanda bari butahe, abantu bari ku Kibuga cy’Indege ari benshi. Njye nahise niyemeza ko ku bwa kiriya gikorwa, nzahora nshimira leta y’u Rwanda na Perezida Paul Kagame. Ni ikintu mu buzima cyanyigishije byinshi, cyane gukunda igihugu.”

Usibye u Rwanda, ngo nta kindi gihugu cyigeze cyohereza indege yo gutwara abaturage bacyo bari mu Misiri ku buryo abantu “abantu bose baribajije bati u Rwanda ruhagaze rute?”.

Tariki ya 5 Gashyantare 2011, nibwo Rurangirwa na bagenzi be 44 nibo bagejejwe ku Kibuga cy’Indege cya Kigali bari mu ndege ya RwandAir bavuye i Cairo mu Misiri.

Kugeza ubu, abanyeshuri 63 nibo biga mu Misiri barimo 51 biga muri Kaminuza ya Al-Azhar ku bufatanye bw’iri shuri n’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, barindwi biyishyurira muri Kaminuza ya Alexandria, babiri biga muri Kaminuza ya Cairo, babiri boherejwe n’ibitaro bya Kanombe nabo biga muri Kaminuza ya Cairo n’umwe wiga muri British University i Cairo.

Ubaze aba banyeshuri n’abandi banyarwanda batuye mu Misiri, bose hamwe bagera kuri 88.

Mu gihe mu Misiri hari imvururu zikomeye, Perezida Kagame yagobotse abanyeshuri b’abanyarwanda bohererezwa indege ibacyura

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022
Uganda: Urukiko muri Amerika rwahamije icyaha ushinjwa guha ruswa minisitiri Sam Kutesa

Uganda: Urukiko muri Amerika rwahamije icyaha ushinjwa guha ruswa minisitiri Sam Kutesa

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Uruhare rwa Brig. Kandiho na CMI mu gufasha abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uruhare rwa Brig. Kandiho na CMI mu gufasha abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.
Amakuru

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Dr. David Himbara na Kayumba Nyamwasa ba kanwa kabi
INKURU NYAMUKURU

Dr. David Himbara na Kayumba Nyamwasa ba kanwa kabi

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Uganda: Min. uherutse kurusimbuka afungishijwe ijisho
ITOHOZA

Uganda: Min. uherutse kurusimbuka afungishijwe ijisho

Ubwanditsi 31 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru