• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda
Ghahraman ari kumwe n'umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo nyinshi zashishikarizaga Abahutu kwivuna Abatutsi

New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2017 ITOHOZA

Depite Golriz Ghahraman uhagarariye ishyaka Green Party mu Nteko Ishinga Amategeko ya New Zealand yibasiwe bikomeye anengwa kubera uruhare yagize mu kunganira abashinjwaga uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu rukiko rwa Arusha. Umunya-New Zealand mugenzi we, Phil Quin wabaye mu Rwanda imyaka 3 ni umwe mu bakomeje kunenga abunganiraga abagize uruhare muri jenoside ndetse akanenga n’uruhare rwa Ghahraman.

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), ni urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rwashinzwe kuburanisha abagize uruhare mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Bivugwa ko Abanyarwanda bagera muri miliyoni 2 bagize uruhare muri ubu bwicanyi mu buryo bumwe cyangwa ubundi, nko kwica abaturanyi cyangwa gusahura ibyabo. Inkiko Gacaca icyo gihe hasanzwe zishobora kwihutisha kuburanisha aba bantu ndetse zikagira uruhare mu bumwe n’ubwiyunge.

Ku rukiko rwa Arusha, uwaje kuba umunyapolitiki muri New Zealand we yafashe icyemezo cyo kumara umwaka muri Afurika  mu itsinda ryaburaniraga abashinjwaga uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Golriz Ghahraman ngo akaba atari umwe mu banyamategeko 200 bari baragenwe na Loni ngo bazunganire abaregwaga ahubwo yari umukorerabushake.

Ghahraman mu rukiko rwa Arusha mu 2008

Phil Quin wemera ko koko n’abagize uruhare muri jenoside cyangwa abakoze ibyaha ndengakamere nabo baba bakeneye ababunganira mu mategeko, asanga ubwunganizi bwa Ghahraman butari ngombwa  ku bantu bashinjwaga bari basanzwe bafite abunganizi barenze umwe kuri buri muntu ahubwo ngo byari nko gushaka ubunararibonye.

Ngo nibyo nta kibi kiri mu gushaka ubunararibonye mu kazi kandi ngo stages ni uburyo bwiza bwo kwagura aho umuntu ashobora kugera, ariko Quin ntiyumva ukuntu Ghahraman yahisemo kujya kumara igihe cye mu manza zakurikiye jenoside.

Bivugwa ko abunganiraga abakekwagaho uruhare muri jenoside i Arusha bagenderaga ku gitekerezo cy’uko abakorewe ubwicanyi ari bo ba nyirabayazana b’ibyababayeho, Quin akavuga ko atumva ukuntu umuntu uzi ubwenge nka Ghahraman yaba atari azi ko agiye kugira urwo ruhare rwo kumvisha ko abishwe muri jenoside ari bo babyiteye.

Mu nyandiko yafatanyije n’uwitwa Peter Robinson bavuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no ku bwicanyi bwo muri Srebrenica, Ghahraman avuga ko igikorwa cyabanjirije jenoside cy’impanuka y’indege ya Habyarimana gishobora kwitwa icyaha cy’intambara cyakozwe n’ingabo z’Abatutsi zo muri FPR. Ibi bikaba byaranitwajwe na benshi mu bagize uruhare muri jenoside nyuma y’amasaha makeya iyi ndege ihanuwe n’ibisasu bya missiles na n’ubu hataramezwa bidasubirwaho uwabirashe.

Muri iyi nkuru dukesha urubuga rwo muri New Zealand rwitwa newsroom.co.nz, Phil Quin akomeza avuga ko ibyo Ghahraman yanditse byuzuyemo byinshi biteye gushidikanya ndetse n’aho yabikuye hashidikanwaho, we afata nk’ibihuha bigamije guteza urujijo ku bantu ba nyabo bashyize mu bikorwa jenoside.

Quin akaba avuga ko ibitekerezo byo kuvuga ko ababohoje igihugu ari bo bizaniye jenoside biba mu mirwa mikuru yo mu Burayi, ahacumbikiwe bamwe mu bikomerezwa bya Hutu-Power ndetse n’udutsiko tw’abahakana jenoside ngo usanga mu bitangazamakuru no muri za kaminuza. Aba ngo wababarira ku ntoki, ariko imbuga nkoranyambaga zirushaho guha uburemere ibitekerezo byabo ku mateka.

Bikindi Simon yakatiwe mu 2008 imyaka 15 y’igifungo nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukangurira abandi gukora jenoside

Kubera ibi Quin akaba yagize ati: “Yaba yarabikoze ku bushake cyangwa atabishaka, Ghahraman yasimbutse muri iyo gari ya moshi. Nk’umuntu w’icyitegererezo akwiye kuburanishwa kuri ayo mahitamo ye.”

Quin uvuga ko kuri ubu Ghahraman arimo no gukorera Abanyarwanda babiri bahungiye muri New Zealand ngo batazohererezwa u Rwanda, aho abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yanashyizeho ubutumwa bwa Ghahraman avuga ko u Rwanda ari ubutegetsi bw’igitugu bwa gisirikare, ibirego bishinja jenoside ngo cyane cyane abatavuga rumwe n’ubutegetsi akaba ari ibintu bisanzwe.

Undi wanenze Ghahraman ni uwahoze ari umudipolomate wa New Zealand, Colin Keating. Uyu ni umwe mu bantu batatu bonyine mu kanama k’umutekano ka Loni mu 1994, babashije gusaba ko hagira igikorwa ngo jenoside ihagarikwe.

Uyu waje no gukora mu Rwanda mu gihe cy’imyaka 3 mu mushinga wo kubaka ubushobozi mu bakozi ba leta, avuga ko kuri we, kwitora kwa Ghahraman akajya kuburanira abakoze jenoside byasize icyasha uko yafatwaga.

2017-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Padiri Nahimana  yagiye kwishinganisha Abazungu bamutera utwatsi

Padiri Nahimana yagiye kwishinganisha Abazungu bamutera utwatsi

Ubwanditsi 24 Jan 2017
USA  : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga  nyuma y’uko iwe hapfiriye  Umuntu muburyo budasobanutse

USA : Umunyarwanda Dr Ntakirutimana Eliel ( Nataki) ashobora kwisanga mu kaga nyuma y’uko iwe hapfiriye Umuntu muburyo budasobanutse

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Ubwanditsi 28 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari
Mu Rwanda

Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Ubwanditsi 13 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru