• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Muri Mutarama uyu mwaka, Urukiko Rukuru rwirengagije ibimenyetso by’ubushinjacysha, maze rugira umwere Wenceslas Twagirayezu, icyemezo cyari cyatonetse imitima y’abo uyu mwicanyi yarimburiye imiryango ndetse n’abazi neza amahano Twagirayezu yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu byo urwo rukiko rwari rwashingiweho rurekura Wenceslas Twagirayezu, harimo kuba yaravugaga ko hagati ya Mata na Nyakanga 1994 atari mu Rwanda, ngo kuko yari yarahungiye muri Zayire( ubu ni Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo).

Ubushinjacyaha bwihutiye kujurira, bwerekana ko uretse amakosa mu gusesengura imvugo z’abatangabuhamya, Urukiko Rukuru rutanahaye agaciro ibimenyetso byabwo, birimo kuba, ubwo Twagirayezu yasabaga ubuhungiro muri Danmark, ubwe yaribwiriye Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka muri icyo gihugu, ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye ari mu Rwanda.

Byongeye kandi, uregwa ntiyigeze yerekana impapuro z’inzira zitangwa na Leta, zerekana ko muri icyo gihe avuga, yari yarasohotse mu Rwanda koko.

Ibyo byose rero nibyo Urukiko rw’Ubujurire rwa Kigali rwashingiyeho, maze rwemeza ko Wenceslas Twagirayezu yagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rumuhanisha igifungo cy’imyaka 20.

Mu mwaka wa 2018, nibwo inkiko zo muri Danmark zohereje Wenceslas Twagirayezu kuburanira mu Rwanda, ubwo hari hamaze kugaragazwa ibimenyetso bimushinja uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mujenosideri w’imyaka 56 yahoze ari umwarimu, akaba yaramenyekanye cyane muri Gisenyi nk’umurwanashyaka ukomeye w’ishyaka CDR. Aregwa uruhare mu bwicanyi ndengakamere bwakorewe ahantu hanyuranye muri Gisenyi, by’umwihariko ku Nyungo, kuri Saint-Fidèle, kuri Paruwasi ya Busasamana, aho bari barise” commune rouge”, n’ahandi henshi.

Abarokotse ubwicanyi bwa Wenceslas Twagirayezu twavuganye, barahamya ko igifungo cy’imyaka 20 gusa yahawe ari gito ugereranyije n’ibyaha yakoze, ko ariko icy’ingenzi ari uko yahamwe n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bikaba ari n’urugero rwiza no ku bandi bajenosideri bakibeshya ko bazacika ukuboko k’ ubutabera.

2024-07-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Ubwanditsi 10 Jun 2025
Burundi : Umugore Wa Nkurunziza Ntiyishimiye Ubuzima Abayemo Nyuma Y’uko Umugabo We Akomeje Kuba Nyirabayazana W’umutekano Muke Mu Karere

Burundi : Umugore Wa Nkurunziza Ntiyishimiye Ubuzima Abayemo Nyuma Y’uko Umugabo We Akomeje Kuba Nyirabayazana W’umutekano Muke Mu Karere

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Ubwanditsi 01 Oct 2021
Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 27 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu afite ihungabana [trauma]
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu afite ihungabana [trauma]

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba  umuyobozi w’amagereza
Mu Mahanga

Rwanda : Impamvu Perezida Kagame yagize Brig Gen. George Rwigamba umuyobozi w’amagereza

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu
Amakuru

Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu

Ubwanditsi 23 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru