• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro yaraye agiranye n’abanyamakuru nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 14, Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo ibijyanye n’umubano w’u Rwanda n’amahanga, Politiki, ICC n’ibindi.

Ku mukandida ku mwanya wo kuyobora Komisiyo ya AU : Perezida Kagame yavuze ko kuba yarahawe inshingano zo kuvugurura Komisiyo ya AU, atavuga ku uwo mu kandida u Rwanda rumushyigikiye.

Urukiko mpuzamahanga ICC

Perezida Kagame yavuze ko Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha ‘ICC’ rwakabaye rutanga ubutabera Mpuzamahanga.Iyo rubogamye hamwe ruba rwagiye muri politiki. Ati “ICC yari ikwiye kuba iya twese […] kuva ryari kandi kubera iki ICC ihagararira inyungu z’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi ? Iyi niyo mpamvu u Rwanda rutasinye ku masezerano ashyiraho uru rukiko.”

Perezida Kagame yabajijwe ku byavuzwe na Perezida Mkapa,umuhuza mu kibazo cy’u Burundi, wavuze ko ibihugu bicumbikiye Abarundi bakoherezwa mu gihugu cyabo ; yavuze ko ‘hari ibintu byinshi biba bikwiye kurebwa’.Umukuru w’Igihugu yavuze ko hakwiye ibiganiro mu rwego rwo kurebera icyakorerwa hamwe nk’akarere mu gushakira umuti ikibazo naho ubundi ‘guhambiriza abantu’ ntabwo ari ibintu bigoranye.

Ati “Ese ubu tuzabyuke maze tubwire impunzi z’Abarundi 80000 ziri inaha ngo nimutahe ibintu bimeze neza ? […] Kubwira impunzi ngo nimufate utwangushye mutahe biroroshye. Ikibazo ni ingaruka byatera kuri izo mpunzi.” Perezida Kagame avuga ko ibijyanye no kugarura amahoro mu Burundi, bireba Abarundi ubwabo ndetse n’abahuza mu biganiro.

Ku mibereho y’Abanyarwanda

Perezida Kagame yashimangiye ko urebye imibereho y’abanyarwanda muri iki gihe wasanga yarahindutse. Ati “Ubajije umubare munini bakubwira ko ubuzima bwabo mu myaka icumi hari icyiyongereyeho. […]” Yakomeje avuga muri iki gihe inzego zose zitera imbere nubwo hari zimwe zitera imbere mu buryo bwihuse kurusha izindi.

Kuba nya Politiki nka Padiri Nahimana

Perezida Kagame yavuze ko buri wese ubyemerewe n’amategeko ashobora kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse ko ariko bimeze no kuri Padiri Nahimana naho kuby’imbabazi za Kiliziya Gatolika, ati : “Sinzi ko batinya indishyi kuko hari n’aho bazishyura.

-5098.jpg

-5097.jpg

-5096.jpg

-5095.jpg

-5093.jpg

-5094.jpg

Isango star Jean Lambert Gatare

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubwanditsi 11 Nov 2021
Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 01 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.
Amakuru

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC
ITOHOZA

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru