• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro yaraye agiranye n’abanyamakuru nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 14, Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo ibijyanye n’umubano w’u Rwanda n’amahanga, Politiki, ICC n’ibindi.

Ku mukandida ku mwanya wo kuyobora Komisiyo ya AU : Perezida Kagame yavuze ko kuba yarahawe inshingano zo kuvugurura Komisiyo ya AU, atavuga ku uwo mu kandida u Rwanda rumushyigikiye.

Urukiko mpuzamahanga ICC

Perezida Kagame yavuze ko Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha ‘ICC’ rwakabaye rutanga ubutabera Mpuzamahanga.Iyo rubogamye hamwe ruba rwagiye muri politiki. Ati “ICC yari ikwiye kuba iya twese […] kuva ryari kandi kubera iki ICC ihagararira inyungu z’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi ? Iyi niyo mpamvu u Rwanda rutasinye ku masezerano ashyiraho uru rukiko.”

Perezida Kagame yabajijwe ku byavuzwe na Perezida Mkapa,umuhuza mu kibazo cy’u Burundi, wavuze ko ibihugu bicumbikiye Abarundi bakoherezwa mu gihugu cyabo ; yavuze ko ‘hari ibintu byinshi biba bikwiye kurebwa’.Umukuru w’Igihugu yavuze ko hakwiye ibiganiro mu rwego rwo kurebera icyakorerwa hamwe nk’akarere mu gushakira umuti ikibazo naho ubundi ‘guhambiriza abantu’ ntabwo ari ibintu bigoranye.

Ati “Ese ubu tuzabyuke maze tubwire impunzi z’Abarundi 80000 ziri inaha ngo nimutahe ibintu bimeze neza ? […] Kubwira impunzi ngo nimufate utwangushye mutahe biroroshye. Ikibazo ni ingaruka byatera kuri izo mpunzi.” Perezida Kagame avuga ko ibijyanye no kugarura amahoro mu Burundi, bireba Abarundi ubwabo ndetse n’abahuza mu biganiro.

Ku mibereho y’Abanyarwanda

Perezida Kagame yashimangiye ko urebye imibereho y’abanyarwanda muri iki gihe wasanga yarahindutse. Ati “Ubajije umubare munini bakubwira ko ubuzima bwabo mu myaka icumi hari icyiyongereyeho. […]” Yakomeje avuga muri iki gihe inzego zose zitera imbere nubwo hari zimwe zitera imbere mu buryo bwihuse kurusha izindi.

Kuba nya Politiki nka Padiri Nahimana

Perezida Kagame yavuze ko buri wese ubyemerewe n’amategeko ashobora kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse ko ariko bimeze no kuri Padiri Nahimana naho kuby’imbabazi za Kiliziya Gatolika, ati : “Sinzi ko batinya indishyi kuko hari n’aho bazishyura.

-5098.jpg

-5097.jpg

-5096.jpg

-5095.jpg

-5093.jpg

-5094.jpg

Isango star Jean Lambert Gatare

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Ubwanditsi 10 Aug 2021
Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2022
Diaspora nyarwanda irahumurizwa  yose ko  izashobora gutora mu 2017

Diaspora nyarwanda irahumurizwa yose ko izashobora gutora mu 2017

Ubwanditsi 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda basigaye bakoreshwa uburetwa muri Uganda ” UBUHAMYA “
ITOHOZA

Abanyarwanda basigaye bakoreshwa uburetwa muri Uganda ” UBUHAMYA “

Ubwanditsi 11 Feb 2019
Habuze Ticket ngo Padiri Tomas Nahimana  atahe aze kwiyamamaza kuyobora u Rwanda 2017.
POLITIKI

Habuze Ticket ngo Padiri Tomas Nahimana atahe aze kwiyamamaza kuyobora u Rwanda 2017.

Ubwanditsi 28 Jan 2016
IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano
Mu Mahanga

IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

Ubwanditsi 28 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru