• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Ubwanditsi 10 Feb 2016 Mu Mahanga

Abafana ibihumbi n’ibihumbi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari bitabiriye umukino wa nyuma w’igikombe cya CHAN aho ikipe yabo yahuraga na Mali, baratunguranye ubwo Perezida Kagame yageraga kuri Stade Amahoro bose bagahita baterura baririmba bati :Baba Wetu, Baba Wetu ‘Muzehe Wacu’.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru ubwo Perezida Kagame yageraga kuri Stade Amahoro. Agitambuka ajya gusuhuza abakinnyi, abafana ba RDC bari buzuye Stade bahise bamuririmba bagira bati ‘ Muzehe Wacu’, akamo gasanzwe kamenyerewe ku Banyarwanda iyo babonye Umukuru w’Igihugu Paul kagame.

Abafana ba Congo bari bicaye mu myanya yo muri 18 na 17 muri Stade Amahoro, Perezida Kagame acyinjira muri Stade Amahoro bahise baterura bati ‘Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu].

Kuva ku mukino wa gishuti wahuje u Rwanda na Congo mbere y’uko iri rushanwa ritangira, abanye-Congo bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda, igihugu bafata nk’ikivandimwe.

Kuva ubwo batangiye kujya bavuga ko igikombe cya CHAN gikwiye kuzasigara i Kigali gitwawe n’Amavubi cyangwa kikajyanwa i Kinshasa cyegukanywe n’Ingwe za Congo.

Abafana b’igihugu cy’u Rwanda batangiye gushyigikira abafana ba Congo nk’abavandimwe ndetse buri umwe ashyigikira ikipe ya mugenzi we.

Uyu mubano w’abafana no gushyigikirana kwibihugu byombi ushobora kugarura umubano w’u Rwanda na Congo wari umaze igihe warajemo agatotsi kubera ubushotoranyi bwagiye bwigaragaza ku mupaka w’u Rwanda na Congo, aho ingabo za Congo FARDC zagiye zitera ibibombe kubutaka bw’u Rwanda, ariko u Rwanda rugafunga amaso ntirusubize ingabo za Congo. Byageze naho u Rwanda rwerekeza ibifaru byarwo byarutura mugice cy’ingabo zikorera mu burengerazuba, abantu benshi baketse ko rwambikanye imana ikinga ukuboko.

-2035.jpg

Ibifaru by’Ingabo z’u Rwanda byerekeza i burengerazuba bw’u Rwanda

Uyu mubano waje kwigaragaza noneho ku buryo budasanzwe ubwo Congo yasezereraga u Rwanda muri ¼. Ni umukino wari uw’ingufu no guhangana gukomeye ku mpande zombi ariko imyitwarire y’abafana b’u Rwanda yatunguye abakongomani kuva ku muyobozi wo ku rwego rwo hejuru kugera ku mufana wasigaye mu Birere i Goma.

Umutoza wa Congo yavuze ko batunguwe n’uburyo abafana b’Abanyarwanda bitwaye ubwo igihugu cyabo cyasezererwaga, avuga ko iyo biza kuba ari muri Congo hari kuba imvururu zikomeye.

-2034.jpg

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Julien Paluku,ku munsi wa nyuma w’irushanwa yavuze ko u Rwanda rwakoze akazi gakomeye kuko abafana ba Congo bose bicaye neza muri Stade nta n’umwe wahungabanye.

-2033.jpg

Abafana bo muri 17 na 18 baririmbye bati ‘ Baba Wetu’ bavuga Perezida Kagame

-2032.jpg

Umukuru w’Igihugu asuhuza abakinnyi ba Congo, abafana bo bamwita ‘Muzehe wabo’

Uyu muyobozi yatangaje ko abagera ku 9300 ariwo mubare utangazwa n’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ko bafashe imodoka berekeza i Kigali ku mukino wa nyuma.

Gusa muri abo, harimo bamwe bahuye n’impanuka ubwo imodoka barimo yagongaga umukingo igeze mu ishyamba rya Nyungwe, umwe muri bo akitaba Imana mu gihe abandi bagera kuri barindwi bakomeretse bikomeye.

Umwanditsi wacu

2016-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

Ubwanditsi 01 Jul 2019
RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira  kwaka ruswa

Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira kwaka ruswa

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Ubwanditsi 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi
Mu Rwanda

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo
Amakuru

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Sankara wavugaga ko ari kuvuguta umuti usharira , yeretswe Abanyamakuru i Kigali yambaye ipingu [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Sankara wavugaga ko ari kuvuguta umuti usharira , yeretswe Abanyamakuru i Kigali yambaye ipingu [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru