• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Ubwanditsi 10 Feb 2016 Mu Mahanga

Abafana ibihumbi n’ibihumbi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari bitabiriye umukino wa nyuma w’igikombe cya CHAN aho ikipe yabo yahuraga na Mali, baratunguranye ubwo Perezida Kagame yageraga kuri Stade Amahoro bose bagahita baterura baririmba bati :Baba Wetu, Baba Wetu ‘Muzehe Wacu’.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru ubwo Perezida Kagame yageraga kuri Stade Amahoro. Agitambuka ajya gusuhuza abakinnyi, abafana ba RDC bari buzuye Stade bahise bamuririmba bagira bati ‘ Muzehe Wacu’, akamo gasanzwe kamenyerewe ku Banyarwanda iyo babonye Umukuru w’Igihugu Paul kagame.

Abafana ba Congo bari bicaye mu myanya yo muri 18 na 17 muri Stade Amahoro, Perezida Kagame acyinjira muri Stade Amahoro bahise baterura bati ‘Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu].

Kuva ku mukino wa gishuti wahuje u Rwanda na Congo mbere y’uko iri rushanwa ritangira, abanye-Congo bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda, igihugu bafata nk’ikivandimwe.

Kuva ubwo batangiye kujya bavuga ko igikombe cya CHAN gikwiye kuzasigara i Kigali gitwawe n’Amavubi cyangwa kikajyanwa i Kinshasa cyegukanywe n’Ingwe za Congo.

Abafana b’igihugu cy’u Rwanda batangiye gushyigikira abafana ba Congo nk’abavandimwe ndetse buri umwe ashyigikira ikipe ya mugenzi we.

Uyu mubano w’abafana no gushyigikirana kwibihugu byombi ushobora kugarura umubano w’u Rwanda na Congo wari umaze igihe warajemo agatotsi kubera ubushotoranyi bwagiye bwigaragaza ku mupaka w’u Rwanda na Congo, aho ingabo za Congo FARDC zagiye zitera ibibombe kubutaka bw’u Rwanda, ariko u Rwanda rugafunga amaso ntirusubize ingabo za Congo. Byageze naho u Rwanda rwerekeza ibifaru byarwo byarutura mugice cy’ingabo zikorera mu burengerazuba, abantu benshi baketse ko rwambikanye imana ikinga ukuboko.

-2035.jpg

Ibifaru by’Ingabo z’u Rwanda byerekeza i burengerazuba bw’u Rwanda

Uyu mubano waje kwigaragaza noneho ku buryo budasanzwe ubwo Congo yasezereraga u Rwanda muri ¼. Ni umukino wari uw’ingufu no guhangana gukomeye ku mpande zombi ariko imyitwarire y’abafana b’u Rwanda yatunguye abakongomani kuva ku muyobozi wo ku rwego rwo hejuru kugera ku mufana wasigaye mu Birere i Goma.

Umutoza wa Congo yavuze ko batunguwe n’uburyo abafana b’Abanyarwanda bitwaye ubwo igihugu cyabo cyasezererwaga, avuga ko iyo biza kuba ari muri Congo hari kuba imvururu zikomeye.

-2034.jpg

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Julien Paluku,ku munsi wa nyuma w’irushanwa yavuze ko u Rwanda rwakoze akazi gakomeye kuko abafana ba Congo bose bicaye neza muri Stade nta n’umwe wahungabanye.

-2033.jpg

Abafana bo muri 17 na 18 baririmbye bati ‘ Baba Wetu’ bavuga Perezida Kagame

-2032.jpg

Umukuru w’Igihugu asuhuza abakinnyi ba Congo, abafana bo bamwita ‘Muzehe wabo’

Uyu muyobozi yatangaje ko abagera ku 9300 ariwo mubare utangazwa n’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ko bafashe imodoka berekeza i Kigali ku mukino wa nyuma.

Gusa muri abo, harimo bamwe bahuye n’impanuka ubwo imodoka barimo yagongaga umukingo igeze mu ishyamba rya Nyungwe, umwe muri bo akitaba Imana mu gihe abandi bagera kuri barindwi bakomeretse bikomeye.

Umwanditsi wacu

2016-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwigarurira uduce twari twaragizwe ingwate n’Ibyihebe, Agace ka Mbau kaguyemo ibyihebe 11

Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwigarurira uduce twari twaragizwe ingwate n’Ibyihebe, Agace ka Mbau kaguyemo ibyihebe 11

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Ubwanditsi 24 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside
Mu Mahanga

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo
IMIKINO

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi
Mu Rwanda

Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi

Ubwanditsi 03 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru