• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Ubwanditsi 10 Feb 2016 Mu Mahanga

Abafana ibihumbi n’ibihumbi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari bitabiriye umukino wa nyuma w’igikombe cya CHAN aho ikipe yabo yahuraga na Mali, baratunguranye ubwo Perezida Kagame yageraga kuri Stade Amahoro bose bagahita baterura baririmba bati :Baba Wetu, Baba Wetu ‘Muzehe Wacu’.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru ubwo Perezida Kagame yageraga kuri Stade Amahoro. Agitambuka ajya gusuhuza abakinnyi, abafana ba RDC bari buzuye Stade bahise bamuririmba bagira bati ‘ Muzehe Wacu’, akamo gasanzwe kamenyerewe ku Banyarwanda iyo babonye Umukuru w’Igihugu Paul kagame.

Abafana ba Congo bari bicaye mu myanya yo muri 18 na 17 muri Stade Amahoro, Perezida Kagame acyinjira muri Stade Amahoro bahise baterura bati ‘Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu].

Kuva ku mukino wa gishuti wahuje u Rwanda na Congo mbere y’uko iri rushanwa ritangira, abanye-Congo bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda, igihugu bafata nk’ikivandimwe.

Kuva ubwo batangiye kujya bavuga ko igikombe cya CHAN gikwiye kuzasigara i Kigali gitwawe n’Amavubi cyangwa kikajyanwa i Kinshasa cyegukanywe n’Ingwe za Congo.

Abafana b’igihugu cy’u Rwanda batangiye gushyigikira abafana ba Congo nk’abavandimwe ndetse buri umwe ashyigikira ikipe ya mugenzi we.

Uyu mubano w’abafana no gushyigikirana kwibihugu byombi ushobora kugarura umubano w’u Rwanda na Congo wari umaze igihe warajemo agatotsi kubera ubushotoranyi bwagiye bwigaragaza ku mupaka w’u Rwanda na Congo, aho ingabo za Congo FARDC zagiye zitera ibibombe kubutaka bw’u Rwanda, ariko u Rwanda rugafunga amaso ntirusubize ingabo za Congo. Byageze naho u Rwanda rwerekeza ibifaru byarwo byarutura mugice cy’ingabo zikorera mu burengerazuba, abantu benshi baketse ko rwambikanye imana ikinga ukuboko.

-2035.jpg

Ibifaru by’Ingabo z’u Rwanda byerekeza i burengerazuba bw’u Rwanda

Uyu mubano waje kwigaragaza noneho ku buryo budasanzwe ubwo Congo yasezereraga u Rwanda muri ¼. Ni umukino wari uw’ingufu no guhangana gukomeye ku mpande zombi ariko imyitwarire y’abafana b’u Rwanda yatunguye abakongomani kuva ku muyobozi wo ku rwego rwo hejuru kugera ku mufana wasigaye mu Birere i Goma.

Umutoza wa Congo yavuze ko batunguwe n’uburyo abafana b’Abanyarwanda bitwaye ubwo igihugu cyabo cyasezererwaga, avuga ko iyo biza kuba ari muri Congo hari kuba imvururu zikomeye.

-2034.jpg

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Julien Paluku,ku munsi wa nyuma w’irushanwa yavuze ko u Rwanda rwakoze akazi gakomeye kuko abafana ba Congo bose bicaye neza muri Stade nta n’umwe wahungabanye.

-2033.jpg

Abafana bo muri 17 na 18 baririmbye bati ‘ Baba Wetu’ bavuga Perezida Kagame

-2032.jpg

Umukuru w’Igihugu asuhuza abakinnyi ba Congo, abafana bo bamwita ‘Muzehe wabo’

Uyu muyobozi yatangaje ko abagera ku 9300 ariwo mubare utangazwa n’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ko bafashe imodoka berekeza i Kigali ku mukino wa nyuma.

Gusa muri abo, harimo bamwe bahuye n’impanuka ubwo imodoka barimo yagongaga umukingo igeze mu ishyamba rya Nyungwe, umwe muri bo akitaba Imana mu gihe abandi bagera kuri barindwi bakomeretse bikomeye.

Umwanditsi wacu

2016-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Ubwanditsi 14 Apr 2024
Ngororero: Abaturage 2000 basobanuriwe uruhare rwabo mu kwicungira umutekano nyuma w’umupira w’amaguru wabahuje na Polisi

Ngororero: Abaturage 2000 basobanuriwe uruhare rwabo mu kwicungira umutekano nyuma w’umupira w’amaguru wabahuje na Polisi

Ubwanditsi 02 Jun 2016
Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Uganda: Abanyarwanda bakomeje kwegeranya amafaranga yo kubaka urwibutso muri Mpigi

Ubwanditsi 10 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo
Mu Rwanda

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Ubwanditsi 14 Mar 2017
“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.
Amakuru

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru