• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Mar 2020 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo Abanyarwanda batishoboye bafashwa kandi ko igisigaye gusa ari ukubyihutisha, muri iki gihe Igihugu cyugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus.

Perezida Kagame yabitangarije mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Werurwe 2020.

Yagize ati, “Tuzi neza ko ibi bihe bitoroshye byahungabanyije ubuzima bw’Abanyarwanda benshi, ndetse mu gihugu hose, turabasaba rero ko mwihangana, turatera intambwe nziza ntabwo dukwiye gutezuka, Leta izakomeza gukora byose ngo ifashe Abanyarwanda muri ibi bihe bitoroshye”.

Umukuru w’igihugu avuga ko Leta yiteguye gufasha Abanyarwanda muri ibi bihe bitoroshye kandi ko ingamba zafashwe n’izindi zikaba zizafatwa kugira ngo abikorera babone uko bubaka uburyo buhamye bwo gukomeza gukora muri ibi bihe.

Perezida Kagame yavuze ko kugeza ubu ubwandu bwa Coronavirus bumaze kugaragara ku bantu 54 kandi ko buzakomeza kwiyongera uko abakekwaho kwandura icyo cyorezo bazakomeza gupimwa no kuvurwa.

Perezida Kagame avuga ko gufunga urujya n’uruza ku mipaka n’ingendo z’indege, ndetse no guhagarika ingendo hagati mu gihugu ari bwo buryo bwiza bwo kugabanya ikwirakwizwa rya Coronavirus.

Umukuru w’igihugu avuga ko n’ubwo izo ngamba zafashwe, Coronavirus yandura mu buryo bwihuse kandi butarasobanuka neza, ari na yo mpamvu ahamagarira buri wese gukomeza gushyira mu bikorwa amabwiriza yashyizweho na Leta kandi Abanyarwanda bakihanganira ingorane zose yateza.

Agira ati, “Kugira ngo dutsinde iki cyorezo kugira ngo kidakomeza guhitana ubuzima bw’abantu benshi ni ukubahiriza amabwiriza akurikira, kuguma mu rugo gusiga intera ndende hagati yawe n’abandi igihe uvuye cyangwa uri mu rugo, gukaraba intoki neza kenshi no kwitabaza ubuyobozi igihe ugaragaje ibimenyetso by’uburwayi”.

Umukuru w’Igihugu ashimira abateye inkunga u Rwanda mu guhangana na Coronavirus haba mu karere no ku isi, barimo Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros na Jack Ma na Fondasiyo ye, agashimira by’umwihariko akazi gakomeye kari gukorwa na Minisiteri y’Ubuzima.

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda babashije kwivana mu bibazo byinshi bitandukanye kandi ko n’ibi bazabasha guhangana na byo.

Reba mu mashusho (Video) ijambo ry’Umukuru w’Igihugu

2020-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020
IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Ubwanditsi 17 Jan 2017
BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Ubwanditsi 26 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Victoire Ingabire si umunyapolitiki na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba
ITOHOZA

Victoire Ingabire si umunyapolitiki na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo
Mu Rwanda

Umunyamakuru Mugabe Robert yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Twagiramungu ashobora gutabwa muri yombi mu Bubiligi
ITOHOZA

Twagiramungu ashobora gutabwa muri yombi mu Bubiligi

Ubwanditsi 22 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru