• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

Ubwanditsi 26 Feb 2016 UBUKUNGU

Muri gahunda yo guteza imbere Afrika no gukemura ibibazo biyugarije bijyanye no gushishikariza abanyafrika kwihangira imirimo, MTN ifatanyije na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu gufasha abanyafrika kwikemurira ibibazo.

-2280.jpg

Sarah Anne Arnold umuyobozi wa MTN Solution Space

MTN Solution Space ku bufatanye na Jumia batangije kumugaragaro irushanwa ryiswe “MTN Entrepreneurship Challenge” rizahuriza hamwe abantu basaga 1000 bihangiye imirimo, abanyeshuri n’abashoramari mu gushakira hamwe ibyateza imbere Afrika, bagakora Application yihariye (Unique Digital Application or Smart Solution) izakemura ibibazo byugarije Afrika.

-2279.jpg

Iryo rushanwa rizitabirwa na kaminuza zisaga 60 zo mu bihugu 13 byo muri Afrika. Sarah Anne Arnold umuyobozi wa MTN Solution Space, yatangaje ko Afrika ari umugabane w’isezerano bityo intego yabo mu gutangiza uwo mukoro, ikaba ari ugufasha abanyafrika kwikemurira ibibazo bikazabafasha kuzuzanya n’aya masezerano. Ati Twizeye ko Entrepreneurship Challenge ari urufunguzo rw’ibyo bibazo”.

-2281.jpg

Herman Singh umwe mu bayobozi ba MTN Entrepreneurship Challenge yavuze ko ari uburyo buzafasha Afrika gutera imbere, bugateza imbere umuco wo kwihangira umurimo. Kugeza ubu Applications zatangiye kwakirwa kugeza kuwa 27 Werurwe 2016, abo muri Kaminuza zitabiriye iki gikorwa, bakaba batanga Applications zabo banyuze kuri:http://www.gsb.uct.ac.za/MTNECbyJumia/

-2282.jpg

Abazagera kuri Finale bazatangazwa kuwa 16 Mata 2016 aho amatsinda azahiga ayandi azabona amahirwe yo kwitabira Fesitavale y’abihangiye imirimo(Enterpreneurship Festival) izabera muri Kaminuza ya Cape Town Graduate School of Business iherereye muri Afrika y’epfo, uwo muhango ukazaba kuwa 27 Gicurasi 2016.

-2283.jpg

Iyo Fesitivale izitabirwa n’abo mu bihugu bitandukanye ku isi, bakoze udushya n’abihangiye imirimo. Hazaba hari kandi abacuruzi bakomeye ku rwego rw’isi, abayobozi, abashoramari n’ibinyamakuru mpuzamahanga. Muri iyo Fesitival nibwo hazatangazwa uwatsinze irushanwa MTN Entrepreneurship Challenge ahembwe ibihembo bitandukanye.

Umuntu uzatsinda iryo rushanwa MTN Entrepreneurship Challenge azahembwa igihembo kingana n’ibihumbi 25 y’amadorali y’Amerika ndetse umushinga we azaba yakoze wemererwe gukorana na Jumia mu gihe cy’umwaka
.
Azahembwa kandi kwemererwa gukora Porogarame izakoreshwa na Facebook,izaba ishobora no gukora Applications za Telefone, icyo gihembo kikaba kingana n’ibihumbi 15 y’amadorali y’Amerika. Ikindi ni uko azemererwa gukora muri MTN Solution Space muri Kaminuza ya Cape Town’s Graduate School of Business. Abantu babiri bazakurikira uwa mbere, bazahembwa buri umwe ibihumbi 5 y’amadorali y’Amerika.

Bankole Cardoso ushinzwe itangazamakuru muri Jumia yavuze ko uyu mukoro batangije uzafasha Afrika gutera imbere mu bucuruzi ndetse bikazafasha abakiri bato kwihangira imirimo bakajya bakora imishinga yabo bwite.

Ku muntu wakenera kumenya byinshi kuri MTN Entrepreneurship Challenge, yasura MTN Solution Space kuri http://www.gsb.uct.ac.za/ cyangwa agasura Jumia kuri https://www.jumia.com/ cyangwa agasura Twitter zabo arizo @uctgsbsolutions and @Africa_IG.


M.Fils

2016-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018
Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball
Amakuru

Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Ubwanditsi 03 Apr 2021
14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?
Mu Mahanga

14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Ubutabazi bw’Inkotanyi n’ubumuntu bwa Musenyeri Hakizimana mu kurokora Abatutsi muri St Paul
ITOHOZA

Ubutabazi bw’Inkotanyi n’ubumuntu bwa Musenyeri Hakizimana mu kurokora Abatutsi muri St Paul

Ubwanditsi 19 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru