• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Ubwanditsi 08 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango uhuza ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba aribyo Kenya, Tanzaniya, Uganda, Rwanda , Burundi na Sudani y’amajyepfo bumaze iminsi bufite imikorere mibi ndetse no kunyereza umutungo ku buryo bukabije.

Hashize imyaka itatu, Liberat Mfumukeko agizwe Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) aho avugwaho kunyereza umutungo w’umuryango ku rwego rwo hejuru.aho igihe kinini akimara Bujumbura yishimisha mu mutungo wa EAC.

Mfumukeko waje atanzwe n’igihugu cy’u Burundi bagitanga kandidatire ye, havuzwe ikibazo cy’ubushobozi bwo kuba yabasha kuba Umunyamabanga Mukuru wa EAC, urwego rushinzwe guhuza ibikorwa by’umuryango, ariko mu mwaka umwe yahise agaragaza inyota yo kurya amafaranga y’umuryango; abenshi babiteramo urwenya ngo reka ayarye nuko igihugu cye kitajya kiyatanga, dore ko u Burundi bufite ibirarane binini by’umusanzu buri gihugu gitanga. Mu mwaka wa 2009 ni u Rwanda rwishyuriye umusanzu u Burundi.

Muri iyi minsi haravugwa ibidasanzwe mu kunyereza umutungo bikorwa n’Ubunyamabanga bwa EAC bukuriwe na Mfumukeko.

Ibikoresho bisaga igihumbi byaguzwe akayabo gasaga miliyoni imwe n’ibihumbi Magana inani y’amadorali byaburiwe irengero. Nyuma yibyo miliyoni irenga y’amadorali avuga ko yakoreshejwe adafite impapuro zibisobanura.

Mu myaka itatu Mfumukeko amaze yangiza umutungo w’Ubunyamabanga bwa EAC, nibwo bwambere inteko y’Umuryango wa EAC izwi nka EALA basabye ko hakorwa igenzura ryaho ayo mafaranga yagiye.

Mu bikoresho byaburiwe irengero harimo imodoka esheshatu, mu mwaka w’ingengoyimari wa 2016/2017 ingengo y’imari yari iteganyijwe ni miliyoni 106,5 ariko kuko u Burundi budatanga umusanzu habonetse miliyoni 71 z’amadorali. Muri ayo mafaranga, miliyoni 30 ntizagaragazwa uko zakoreshejwe.

Mfumukeko bigaragara ko akorera ishyaka rya CNDD FDD kurusha gukorera Umuryango, ntabwo agaragaza umusaruro n’ubushobozi nk’umuntu ushinzwe guhuza ibikorwa bya EAC. Kuba yaraje yoherejwe na CNDD FDD, igihe bari mu bibazo mu gihugu cyabo cy’u Burundi, kandi intego ya CNDD FDD kwari ukugaragaza ko ibibazo biva hanze kurusha imbere, Mfumukeko yagendeye muri uwo murongo yibagirwa inshingano ze.

Mfumukeko yatangiye akazi mu gihe ishyaka ryari ryamwohereje CNDD FDD ryasohoye amatangazo umunsi ku munsi ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi agashyirwaho n’umukono na Perezida waryo wicyo gihe Nyabenda Pascal.

Pascal Nyabenda yarateruye avugako Jenoside yakorewe Abatutsi ari ibyahimbwe n’Umuryango Mpuzamahanga kugirango bakureho guverinoma y’abahutu yayoboraga u Rwanda. Mfumukeko yaracecetse igihe cyose ariko Nyabenda yacecetse ubwo Umujyanama w’Umuryango w’Abibumbye mu kurwanya Jenoside Adama Dieng yamaganiye kure amatangazo ye ahakana Jenoside.

Mfumukeko yibagiwe inshingano ze, yifata nk’imbonerakure muri EAC. Ubwo u Rwanda rwateguraga inama y’Afurika yunze ubumwe ya 27 muri 2016, Mfumukeko ntiyayitabiriye nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC kuko u Burundi nabwo bwanze kuyitabira.

Mu bijyanye no kugarura amahoro mu Burundi, yaba Umuryango w’Abibumbye yaba Afurika yunze Ubumwe bose bemeje ko haba ibiganiro bihuza abantu bose,Atari ukuganira hagati ya CNDD FDD n’amashyaka yishyiriyeho bigaragara nkaho baganira hagati yabo.

Mfumukeko yakoresheje imbaraga ahabwa nuwo mwanya arabibangamira ibiganiro biburizwamo. Hari nubwo yanze guha amafaranga uwahoze ari umuhuza Benjamin Mkapa agiye kubonana n’abatavuga rumwe na CNDD.

Nubwo umwanya wo kuba Umunyamabanga Mukuru wa EAC uhinduka kandi ugahererekanywa mu bihugu bigize uwo Muryango, byagakwiye kubera isomo EAC ko mu gihe igihugu gifite umukandida udashoboye kigomba gusimbukwa bagafata abashoboye ku nyungu z’Umuryango. Mfumukeko yabereye EAC imungu kurusha kuba Umuyobozi.

Kugeza ubu Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, buri mu ihurizo ryo kubona amafaranga yo gukora bimwe mu bikorwa aho guhemba abakozi babwo umushahara wa Kamena uyu mwaka byatinze.

Bivugwa ko ibi bibazo ngo biterwa n’abanyamuryango badatanga umusanzu uko bikwiye bigatuma gahunda zitandukanye zidakorwa neza. Nutanzwe ukanyerezwa.

Hari amakuru ava muri uyu muryango avuga ko bamwe mu bakozi ba EAC, basigaye bikora ku mufuka kugira ngo bagurire lisansi abayobozi.

Ikinyamakuru The East African cyavuze ko mu ngengo y’imari 2018/2019, harimo ibirarane bingana na miliyoni 100 z’amadorali.

Umwe mu bakozi ba EAC yagize ati “Habayeho gukererwa kwishyura imishahara mu kwezi kwa Gatandatu kuko yishyuwe tariki 28, ntabwo ari bibi ariko ubundi imishahara yishyurwaga tariki 23 za buri kwezi.”

Mu biganiro byemerejwemo ingengo y’imari ya 2019/2020 ya EAC, abagize iyi nteko bavuze ko inzego zawo zirimo gukorera mu bibazo, harimo no kunanirwa kwishyura imishahara ku gihe.

Habib Mohamed Mnyaa umudepite ukomoka muri Tanzania, yagize ati “Umusanzu utangwa n’abanyamuryango wakomeje kugabanuka umwaka ku wundi, nyamara inzego zigize EAC zo zikomeza kwiyongera.”

Yavuze ko mu ngengo y’imari ya 2014/2015 aribwo ibihugu binyamuryango byatanzemo amafaranga menshi kuko yari miliyoni 24,690,625 z’amadorali, byanganana na 90%.

Gusa yavuze ko nubwo ibi bihugu byatanga amafaranga yose, igice kinini ngo usanga kijya mu mishahara n’indi mibereho y’abakozi.

Depite Munyaa yatanze urugero ko nko mu Nteko Ishinga Amategeko ya EAC (EALA), 43.3% by’ibyo ihabwa byose bijya mu mishahara.

Nyamara Rose Akol umudepite muri Uganda we yavuze ko abadepite bagize EALA barimo gukora nabi kubera ko badafite abakozi bahagije.

Bimwe mu bibazo uyu muryango ufite harimo kandi ko kugeza ubu kuzana abandi bakozi bashya no guha amasezerano abari bahasanzwe bakoramo 60 byabaye bihagaritswe, aya masezerano yagombaga kongerwa tariki 1 Nyakanga.

Ibihugu bya Sudan y’Epfo n’u Burundi nibyo bikomeje kuba imbogamizi ikomeye.

Ibihugu bya Tanzani na Kenya byari bisanzwe bitanga neza imisanzu yabyo, nabyo ngo byatangiye kugenda bisubira inyuma kubera kutishimira uburyo abandi banyamuryango barimo kwitwara.

Umwe mu batanze amakuru yagize ati “Nairobi na Dar es Salaam bikomeje kwibaza impamvu byo byishyura vuba ariko ibindi bihugu nka Sudan y’Epfo n’u Burundi ntibibikore, urabona ko nabyo byatangiye gusubira inyuma kuko bivuga ko abanyamuryango bose bangana ariko abandi badashaka kwishyura kandi ugasanga nabo bashaka kubona amahirwe atangwa n’uyu muryango.”

Zimwe mu nama zarasubitswe

Kubera ubu bushobozi buke hari inama yagombaga guhuza komite ishinzwe politike muri EAC ikabera muri Kenya muri Kamena uyu mwaka, ntiyabaye ahubwo yashyizwe muri Kanama uyu mwaka.

Ibindi bikorwa byimuriwe muri Kanama harimo inama yagombaga kwakirirwamo raporo y’umwaka ushize igaragaza uko amafaranga yakoreshejwe, ndetse n’indi nama yagombaga guhuza abaminisitiri muri EAC nayo yagombaga kuba mu mpera za Nyakanga.

Uyu muryango wavuze ko hari icyizere nyuma y’aho Inteko ya EALA yemeje ingengo y’imari y’umwaka wa 2019/2020 ingana na miliyoni 111.4 z’amadorali.

2019-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?

Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?

Ubwanditsi 13 Jul 2019
Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubutabera mpuzamahanga bwateye utwatsi ubusabe bw’abunganizi ba Kabuga Felisiyani basabaga ko urubanza rw’umukiliya wabo rukurwaho kuko ngo nta mbaraga agifite zo kuburana.

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Apr 2019
Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.
Amakuru

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994
Amakuru

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa ndetse na Arsenal yo mu Bwongereza bifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Ubwanditsi 07 Apr 2021
Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru