• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

  • U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Editorial 15 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari Musenyeri mukuru wa Diocese y’Abangilikani ya Cyangugu, Geoffrey Rwubusisi, yasabye abayobozi ba Uganda gushakira abanzi babo ahandi hatari muri kiliziya.

Musenyeri (Emeritus) Rwubusisi akaba avuga ko bazi agaciro ka leta kandi na bo bafite uruhare runini bagomba kugira mu cyerekezo cya politiki y’igihugu. Ngo abayobozi mu bijyanye n’iyobokamana bakaba atari bo bagomba kwicara bakanuma babona igihugu kigana ahabi.

Musenyeri Rwubusisi wari wasuye Diocese ya Kigezi akaba yasubizaga perezida wa Uganda, Yoweri Museveni uherutse kwikoma abanyamadini abasaba kutivanga mu bibazo bya politiki by’igihugu.

Musenyeri Rwubusisi akaba yibukije perezida Museveni ko nta musenyeri wifuza kuba perezida, ariko bababara iyo babona ibintu bigenda mu nzira mbi bigatuma bagira icyo bavuga nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Mu butumwa busoza umwaka perezida Museveni yatanze, nibwo yibasiye abayobozi b’amatorero batanze ibitekerezo ku ivugururwa ry’itegeko nshinga, agereranya bamwe muri bo na Caiaphas wo muri Bibiliya. Joseph Caiaphas akaba ari umupadiri w’umuyahudi uvugwaho kuba ari we wateguye umugambi wo kwica Yesu.

Rwubusisi ariko we yashatse guhumuriza perezida Museveni agira ati: “Ntabwo dushaka imyanya yanyu. Perezida ntakeneye kubaho mu bwoba. Akeneye kumenya ko itorero rifite uruhare rwo kugaragaza icyerekezo cy’igihugu.”

Kuri iki Cyumweru nibwo Musenyeri Rwubusisi yabwirije mu nama izwi nka Kigezi Diocese Brethren Conference. Iyi conference yatangiye kuwa Gatanu ikaba yarahawe insanganyamatsiko mu Cyongereza igira iti: “Do not conform to the standards of this world”. Umurongo wo mu Baroma 12:2 aho Paulo yasabaga abakirisitu kwitandukanya n’iby’isi.

Musenyeri Rwubusisi yaboneyeho no kunenga ibyabereye mu nteko ishinga amategeko ya Uganda ubwo havukaga intambara iturutse kuri iki kibazo cy’ivugurura ry’itegeko nshinga.

Ati: “Ntidushobora gutekereza kureba abadepite bacu bize barwana nk’abanyamusozi mu nteko. Ibi bigaragaza neza ukuntu sekibi ari we uggenzura imiryango yacu n’igihugu.”

Musenyeri Rwubusisi akaba yaravuze ko ibibazo by’ubugizi bwa nabi muri sosiyete bikomoka ku kwikunda kw’abantu bamwe.

Muri iyo nama, Musenyeri mukuru wa Diocese ya Kigezi, George Bagamuhunda yasobanuye ko iyi nama yari igamije gutegurira abakirisitu no kubayobora mu nzira nziza muri uyu mwaka mushya.

Ati: “Turifuza kugira abakirisitu bayoborwa n’imbaraga z’Imana buri mwaka. Kubw’ibyo twizeye ko abagize uruhare muri iyi nama bazabaho nk’uko byitezwe mu nsanganyamatsiko y’uyu mwaka ibashishikariza kwitandukanya n’iby’isi”.

2018-01-15
Editorial

IZINDI NKURU

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Editorial 13 Aug 2021
Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Editorial 05 Oct 2024
‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Editorial 17 Jan 2019
Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Editorial 30 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru