• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Perezida w’Igihugu cya Estonia, Kersti Kaljulaid, yageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2017.

Mbere yo kuza mu Rwanda Perezida Kaljulaid yabanje muri Ethiopia, agirana ibiganiro n’abayobozi b’icyo gihugu n’abayobozi mu Muryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU).

Ku wa Kabiri tariki ya 14 Ugushyingo 2017, Perezida Kaljulaid yahuye na Amb Albert M. Muchanga, komiseri ushinzwe ubucuruzi mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Baganiriye ku mubano uri hagati ya Afurika n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’inama iri hafi guhuza Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika na Estonia.

Amakuru atangazwa n’umudipolomate ushinzwe inyungu za Estonia muri Kenya, Kadri Humal-Ayal, banaganiye no ku buryo ibihugu bitandukanye bya Afurika byarushaho gukwirakwiza ikoranabuhanga bifatiye urugero kuri Estonia.

 Karuhanga, Humal yatangarije itangazamakuru ati “Estonia iri kwagura cyane abafatanyabikorwa bayo kurenza abaturanyi basanzwe. Estonia ishishikajwe n’ahazaza kurenza ah’Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi n’inama y’Umuryango wa w’Afurika yunze Ubumwe….”

Yakomeje agira ati “Mu buryo butandukanye Estonia n’u Rwanda bihuriye kuri byinshi ku gukora neza kandi bifite amahirwe akomeye mu gukorana mu by’iterambere ryo gushaka ibisubizo hakoreshejwe ikoranabuhanga n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga muri gahunda za Leta no mu zindi gahunda.”

Perezida Kaljulaid w’imyaka 48 y’amavuko, ni we mugore wa mbere akaba n’umuntu ukiri muto watorewe kuyobora igihugu cya Estonia.

By’umwihariko ni we Perezida wa Gatanu w’igihugu cye kuva cyabona ubwigenge mu 1918 cyipakuruye ubukoloni bw’Uburusia n’Abadage.

Ni igihugu giherereye mu Majyaruguru y’Umugabane w’u Burayi, kimaze imyaka icumi gihagaze neza ku rwego rw’Isi mu mikoreshereze y’ikoranabuhanga.

Mu mwaka wa 2000 ni bwo Estonia yatangiye gukoresha ikoranabuhanga muri gahunda za Leta rifasha ubuyobozi gukorana inama zitandukanye hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Mu mwaka wa 2007, Estonia yahuje ikoranabuhanga mu by’umutekano n’indangagaciro zayo mu bya gisirikare maze bitanga umusaruro.

 

Yakiriwe ku kibuga cy’indege cya Kigali n’abayobozi batandukanye barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba, IGP Gasana Emmanuel n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, Clare Akamanzi.

Byatumye ibihugu byibumbiye mu muryango uhuza ibihugu byo mu Majyaruguru ya Afurika na Atlantic (NATO) bishyiraho ikigo cy’ikitegererezo mu gukoresha ikoranabuhanga mu mutekano, icyo kigo giherereye i Tallin Estonia.

Mu mwaka wa 2010, Estonia yatangije gahunda yo kwandikisha ubucuruzi hakoreshejwe ikoranabuhanga (e-Business) maze mu mwaka wa 2011 yegukana igihembo cya mbere mu cyiciro cya gahunda za Leta mu nama mpuzamahanga yigaga ku gukoresha ikoranabuhanga.

Estonia yamamaye ku bwa gahunda yo gukoresha ikoranabuhanga muri gahunda z’ubuzima (e-Health) aho umurwayi abasha kwivuza akoresheje iyakure akanahabwa imiti hakoreshwe iyo gahunda.

Ni ibintu bisobanurwa ko byazamuye imitangire ya serivisi mu by’ubuzima bigabanya by’umwihariko gukoresha impapuro mu bitaro no mu mafarumasi.

Mu mwaka wa 2013, itangwa ry’imiti muri Estonia ryakorwaga hikoreshejwe iyakure ku kigero cya 95%.

Magingo aya, Estonia ni yo ifite ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi(EU), iki gihugu akaba ari ubwa mbere mu mateka yacyo gifashe ubwo buyobozi aho cyahereye muri Nyakaga 2017 cyikaba kizabutanga mu Kuboza uyu mwaka.

Igihugu cya Estonia giherereye mu Majyaruguru y’Umugabane w’Uburayi, gifite ubuso bwa Km2 45,336.

Ibarura ku miturire y’ingo ryakozwe muri icyo gihugu mu mwaka wa 2011, ryagaragaje ko gituwe n’abaturage 1,294,455.

 

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Buri rugo, umukozi wa Leta n’abanyeshuri bashyiriweho amafaranga bagomba gutanga y’amatora.

Burundi: Buri rugo, umukozi wa Leta n’abanyeshuri bashyiriweho amafaranga bagomba gutanga y’amatora.

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Ubwanditsi 11 Dec 2023
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Ubwanditsi 05 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade
Mu Mahanga

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge  yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo
ITOHOZA

Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 13 Nov 2016
RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda
Mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru