• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Ubwanditsi 22 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuvugizi w’Itorero rya ADEPR mu Rwanda, Rev. Karuranga Ephrem, yavuze ko hari agatsiko k’abantu bahoze ari abayoboke b’iri torero muri Uganda bariciyemo ibice kubera gushaka kuyobora abakirisitu, bakabashyiramo imyumvire y’urwango.

Rev. Karuranga yabigarutseho ku wa 21 Gicurasi 2019 mu kiganiro yahaye Radiyo Ijwi rya Amerika.

Uyu mushumba yavuze ko gucikamo ibice kwa ADEPR ishami rya Uganda kwatangiye nyuma y’uko Pasiteri Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi waryo afunzwe.

Amakuru y’ishimutwa rya Pasiteri Ntakirutimana Théoneste yatangajwe ku wa 29 Werurwe 2019.

Pasiteri Ntakirutimana Théoneste yari yafatanwe n’abandi bakirisitu batanu n’inzego z’umutekano za Uganda zibashinja kuba intasi’ za leta y’u Rwanda.

Umuvugizi w’Itorero rya ADEPR mu Rwanda, Rev. Karuranga Ephrem

Rev. Karuranga yavuze ko abateje amacakubiri mu itorero ari agatsiko ka bamwe mu banzi b’u Rwanda bari muri Uganda bashaka koreka imbaga y’abakirisitu b’itorero bagamije kubangisha ubuyobozi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Ni agatsiko k’abari bafite inyota yo gushaka kuyobora, babonye ko umuyobozi wabo afunzwe bifuza ko bakitandukanya n’abayobozi bo mu Rwanda bagendeye kuri icyo cyuho batangaza ko aribo bayobozi, […]Gusa icyo tuzi neza ni uko ababiri inyuma ari agatsiko k’abantu batari abakirisitu ahubwo ko ari abantu bifuza ubuyobozi bwo mu nduru.”

Rev.Karuranga yavuze ko abayoboke ba ADEPR ishami rya Uganda b’Abanyarwanda bari guhura n’akaga gakomeye aho batotezwa bashinjwa ko ari intasi z’u Rwanda. Nkuko ikinyamakuru cya gikristu Iyobokamana.com kibitanaza.

Yagize ati “Abatotezwa muri Uganda bo mu itorero ryacu baba bashinjwa ngo kuba intasi z’u Rwanda noneho rero bikabazanira akaga kimwe n’abandi Banyarwanda bose ariko ikigaragara ni uko ako gatsiko kavuga ko abari abayobozi babatanga utemeye kuyoboka ako urwo ruhande rw’abanzi b’igihuhu bakabashinja kuba intasi z’u Rwanda.Mu by’ukuri ni icyo kigenda kigaragarayo kigatuma benshi bameneshwa.”

Akomeza avuga ko “bivugwa ko udashatse kwemera kujya mu ruhande rwa Kayumba Nyamwasa ahita yitwa intasi y’u Rwanda maze agatangira guhohoterwa muri ubwo buryo.”

Itorero rya ADEPR muri Uganda ryashinzwe muri 2016 ryari rimaze kugira indembo 8 mu rwego rwo kwagura umurimo w’ivugabutumwa.Kugeza ubu ADPR ishami rya Uganda yari imaze kugira abayoboke ibihumbi cumi na bitanu(15000).

Kuva mu myaka ibiri ishize, umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo kidobya ahanini bishingiye ku Banyarwanda bafatwa bagakorerwa iyicarubozo.

U Rwanda rushinja Uganda gutera inkunga ibikorwa by’imitwe ishaka kuruhungabanyiriza umudendezo.

2019-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi ntazavuge ko atagiriwe inama.Dore Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, asubiye i Kinshasa kumukura ku izima.

Tshisekedi ntazavuge ko atagiriwe inama.Dore Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, asubiye i Kinshasa kumukura ku izima.

Ubwanditsi 24 Mar 2024
Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Ubwanditsi 27 Dec 2018
Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Ubwanditsi 06 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.
Amakuru

Team Rwanda yatwaye umudali w’umwanya wa kabiri muri shampiyona ya Afurika 2021.

Ubwanditsi 02 Mar 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Feb 2023
Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano
Amakuru

Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 05 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru