• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Rev. Karuranga yavuze ku ’gatsiko k’abanzi b’u Rwanda’ badurumbanyije ADEPR ya Uganda

Ubwanditsi 22 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuvugizi w’Itorero rya ADEPR mu Rwanda, Rev. Karuranga Ephrem, yavuze ko hari agatsiko k’abantu bahoze ari abayoboke b’iri torero muri Uganda bariciyemo ibice kubera gushaka kuyobora abakirisitu, bakabashyiramo imyumvire y’urwango.

Rev. Karuranga yabigarutseho ku wa 21 Gicurasi 2019 mu kiganiro yahaye Radiyo Ijwi rya Amerika.

Uyu mushumba yavuze ko gucikamo ibice kwa ADEPR ishami rya Uganda kwatangiye nyuma y’uko Pasiteri Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi waryo afunzwe.

Amakuru y’ishimutwa rya Pasiteri Ntakirutimana Théoneste yatangajwe ku wa 29 Werurwe 2019.

Pasiteri Ntakirutimana Théoneste yari yafatanwe n’abandi bakirisitu batanu n’inzego z’umutekano za Uganda zibashinja kuba intasi’ za leta y’u Rwanda.

Umuvugizi w’Itorero rya ADEPR mu Rwanda, Rev. Karuranga Ephrem

Rev. Karuranga yavuze ko abateje amacakubiri mu itorero ari agatsiko ka bamwe mu banzi b’u Rwanda bari muri Uganda bashaka koreka imbaga y’abakirisitu b’itorero bagamije kubangisha ubuyobozi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Ni agatsiko k’abari bafite inyota yo gushaka kuyobora, babonye ko umuyobozi wabo afunzwe bifuza ko bakitandukanya n’abayobozi bo mu Rwanda bagendeye kuri icyo cyuho batangaza ko aribo bayobozi, […]Gusa icyo tuzi neza ni uko ababiri inyuma ari agatsiko k’abantu batari abakirisitu ahubwo ko ari abantu bifuza ubuyobozi bwo mu nduru.”

Rev.Karuranga yavuze ko abayoboke ba ADEPR ishami rya Uganda b’Abanyarwanda bari guhura n’akaga gakomeye aho batotezwa bashinjwa ko ari intasi z’u Rwanda. Nkuko ikinyamakuru cya gikristu Iyobokamana.com kibitanaza.

Yagize ati “Abatotezwa muri Uganda bo mu itorero ryacu baba bashinjwa ngo kuba intasi z’u Rwanda noneho rero bikabazanira akaga kimwe n’abandi Banyarwanda bose ariko ikigaragara ni uko ako gatsiko kavuga ko abari abayobozi babatanga utemeye kuyoboka ako urwo ruhande rw’abanzi b’igihuhu bakabashinja kuba intasi z’u Rwanda.Mu by’ukuri ni icyo kigenda kigaragarayo kigatuma benshi bameneshwa.”

Akomeza avuga ko “bivugwa ko udashatse kwemera kujya mu ruhande rwa Kayumba Nyamwasa ahita yitwa intasi y’u Rwanda maze agatangira guhohoterwa muri ubwo buryo.”

Itorero rya ADEPR muri Uganda ryashinzwe muri 2016 ryari rimaze kugira indembo 8 mu rwego rwo kwagura umurimo w’ivugabutumwa.Kugeza ubu ADPR ishami rya Uganda yari imaze kugira abayoboke ibihumbi cumi na bitanu(15000).

Kuva mu myaka ibiri ishize, umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo kidobya ahanini bishingiye ku Banyarwanda bafatwa bagakorerwa iyicarubozo.

U Rwanda rushinja Uganda gutera inkunga ibikorwa by’imitwe ishaka kuruhungabanyiriza umudendezo.

2019-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Tugiye kubyaza umusaruro ubushake bw’u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abimukira banyuranyije n’amategeko” – Donald Trump

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Ubwanditsi 20 May 2019
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024
U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo

U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo

Ubwanditsi 14 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubonano wa Kayumba na Nkurunziza i Ngozi uhatse iki ?
ITOHOZA

Umubonano wa Kayumba na Nkurunziza i Ngozi uhatse iki ?

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda
Amakuru

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware
Mu Mahanga

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru