• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Ubwanditsi 14 Jun 2018 IMIKINO

Manchester City ifite Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League 2017/2018) izatangira iy’umwaka utaha wa 2018/2019 icakirana na Arsenal iheruka kubona umutoza nyuma y’ingoma y’imyaka 22 y’Umufaransa Arsène Wenger.

Premier League izatangira gukinwa ku wa 11 Kanama 2018, isozwe ku wa 12 Gicurasi 2019.

Arsenal iheruka gusinyana ubufatanye n’u Rwanda mu kurufasha kumenyekanisha ubukerarugendo, ifite akazi gakomeye kuko Umutoza wayo mushya Unai Emery azisobanura i Emirates na Manchester City mbere yo gusura Chelsea kuri Stamford Bridge mu mikino ye ya mbere.

Umukino wa mbere uzahuza Arsenal na Manchester City urerekana icyemezo cya Premier League itari isanzwe ihuza amakipe yasoje mu myanya itandatu ya mbere ku munsi wa mbere cyangwa uwa nyuma wa shampiyona.

Nyuma y’iyi mikino Arsenal izongera guhura na Liverpool itozwa na Jurgen Klopp iri mu makipe yasoje mu myanya itandatu ku wa 3 Ugushyingo 2018.

Mu yindi mikino kandi Manchester United ya Jose Mourinho izakira Leicester, Chelsea izatangira shampiyona isura Huddersfield, Liverpool na West Ham mu gihe Tottenham izasura Newcastle.

Mu mikino izahuza abakeba, uwa Manchester City na Manchester United uteganyijwe Etihad ku wa 10 Ugushyingo 2018 mu gihe uwo kwishyura uzabera Old Trafford ku wa 16 Werurwe 2019.

Mu ihuza amakipe yo mu Majyaruguru ya Londres, Arsenal izakira Tottenham ku wa 1 Ukuboza 2018, uwo kwishyura ukinwe ku wa 2 Werurwe 2019 kuri White Hart Lane.

Mu yindi mikino yitezwe harimo uwa Tottenham izaba yakirira Liverpool ku kibuga cyayo White Hart Lane (kimaze umwaka kiri gusanwa) ku wa 15 Nzeri 2018 nyuma y’imikino mpuzamahanga y’ibihugu.

Imikino y’Umunsi wa Mbere wa Shampiyona y’u Bwongereza 2018/2019

- Arsenal vs Manchester City

- Bournemouth vs Cardiff

- Fulham vs Crystal Palace

- Huddersfield vs Chelsea

- Liverpool vs West Ham

- Manchester United vs Leicester

- Newcastle vs Tottenham

- Southampton vs Burnley

- Watford vs Brighton

- Wolves vs Everton

Kanda hano urebe imikino yose ya Shampiyona y’u Bwongereza:

Man City izatangira shampiyona ikina na Arsenal

Manchester United yasoje ku mwanya wa kabiri muri shampiyona y’umwaka ushize

Umutoza mushya wa Arsenal, Unai Emery, azatangira akina na Manchester City na Chelsea

2018-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016
Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025

Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 12 May 2025
Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.
Amakuru

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Abapolisi b’u Rwanda 280 bagiye kwerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda 280 bagiye kwerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga
ITOHOZA

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Ubwanditsi 25 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru