• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Ubwanditsi 14 Jun 2018 IMIKINO

Manchester City ifite Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League 2017/2018) izatangira iy’umwaka utaha wa 2018/2019 icakirana na Arsenal iheruka kubona umutoza nyuma y’ingoma y’imyaka 22 y’Umufaransa Arsène Wenger.

Premier League izatangira gukinwa ku wa 11 Kanama 2018, isozwe ku wa 12 Gicurasi 2019.

Arsenal iheruka gusinyana ubufatanye n’u Rwanda mu kurufasha kumenyekanisha ubukerarugendo, ifite akazi gakomeye kuko Umutoza wayo mushya Unai Emery azisobanura i Emirates na Manchester City mbere yo gusura Chelsea kuri Stamford Bridge mu mikino ye ya mbere.

Umukino wa mbere uzahuza Arsenal na Manchester City urerekana icyemezo cya Premier League itari isanzwe ihuza amakipe yasoje mu myanya itandatu ya mbere ku munsi wa mbere cyangwa uwa nyuma wa shampiyona.

Nyuma y’iyi mikino Arsenal izongera guhura na Liverpool itozwa na Jurgen Klopp iri mu makipe yasoje mu myanya itandatu ku wa 3 Ugushyingo 2018.

Mu yindi mikino kandi Manchester United ya Jose Mourinho izakira Leicester, Chelsea izatangira shampiyona isura Huddersfield, Liverpool na West Ham mu gihe Tottenham izasura Newcastle.

Mu mikino izahuza abakeba, uwa Manchester City na Manchester United uteganyijwe Etihad ku wa 10 Ugushyingo 2018 mu gihe uwo kwishyura uzabera Old Trafford ku wa 16 Werurwe 2019.

Mu ihuza amakipe yo mu Majyaruguru ya Londres, Arsenal izakira Tottenham ku wa 1 Ukuboza 2018, uwo kwishyura ukinwe ku wa 2 Werurwe 2019 kuri White Hart Lane.

Mu yindi mikino yitezwe harimo uwa Tottenham izaba yakirira Liverpool ku kibuga cyayo White Hart Lane (kimaze umwaka kiri gusanwa) ku wa 15 Nzeri 2018 nyuma y’imikino mpuzamahanga y’ibihugu.

Imikino y’Umunsi wa Mbere wa Shampiyona y’u Bwongereza 2018/2019

- Arsenal vs Manchester City

- Bournemouth vs Cardiff

- Fulham vs Crystal Palace

- Huddersfield vs Chelsea

- Liverpool vs West Ham

- Manchester United vs Leicester

- Newcastle vs Tottenham

- Southampton vs Burnley

- Watford vs Brighton

- Wolves vs Everton

Kanda hano urebe imikino yose ya Shampiyona y’u Bwongereza:

Man City izatangira shampiyona ikina na Arsenal

Manchester United yasoje ku mwanya wa kabiri muri shampiyona y’umwaka ushize

Umutoza mushya wa Arsenal, Unai Emery, azatangira akina na Manchester City na Chelsea

2018-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Ubwanditsi 31 May 2018
Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe

Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe

Ubwanditsi 14 Feb 2022
Umunyakenya Kiptum utozwa na Sgt Hakizimana Gervais ahinduye amateka y’Isi mu Mikino yo gusiganwa i Chicago

Umunyakenya Kiptum utozwa na Sgt Hakizimana Gervais ahinduye amateka y’Isi mu Mikino yo gusiganwa i Chicago

Ubwanditsi 08 Oct 2023
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye
Amakuru

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Ubwanditsi 03 May 2022
Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano
ITOHOZA

Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 08 Oct 2016
U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026
Amakuru

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru