• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Amb. Gatete Claver, yatangaje ko ingengo y’imari ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 iva ku 2094.9 iba miliyari 2115.4.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Amb. Gatete Claver, yatangaje ko ingengo y’imari ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 iva ku 2094.9 iba miliyari 2115.4.

Minisitiri Gatete yabigarutseho mu ijambo yatanze mu Nteko Rusange ihuriwemo n’abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi kuri uyu wa Gatatu rigaragaza uko ingengo y’imari ya 2017/2018 imaze gushyirwa mu bikorwa.

Amafaranga ava imbere mu gihugu yariyongereye ava kuri miliyari 1,375.4 z’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 1,412.9 bivuze inyongera igera kuri miliyari 37.5 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Iyi nyongera ikomoka mu kugurisha impapuro mpeshamwenda ku isoko ry’imari n’imigabane n’amahoro y’ibikomoka kuri peteroli byinjizwa mu gihugu biba byazigamwe.

Mu ngengo y’imari ya 2017/2018, imishinga izibandwaho irimo uwo kwagura ibigega bya peteroli, gutunganya ibishanga, kuhira imyaka, guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga inyama i Gako no gutera inkunga iyubakwa ry’Ishuri ry’icyitegererezo rya ‘Ntare School’.

Kugeza mu mpera za Ukuboza 2017 ingengo y’imari ya 2017/2018 yari imaze gushyirwa mu bikorwa ku kigero cya 56%.

Mu gihe amafaranga aturuka mu baterankunga yagabanutseho miliyari 16.9 akava kuri miliyari 719.5 aba 702.6, bitewe n’igabanuka ry’igipimo cy’ivunjisha ry’ifaranga ugereranyije n’amadorali, amafaranga agenerwa imishinga y’iterambere yiyongereyeho miliyari 9.8, ava kuri miliyari 772.7 z’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 782.5 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Amafaranga agenewe ishoramari ni miliyari 178 avuye kuri miliyari 159.1Frw; inyongera ikaba ingana na miliyari 18.9, akazashorwa muri RwandAir na Marriot Hotel.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete yatangaje ko gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda yatangiye gutanga umusaruro aho ingano y’ibyo u Rwanda rwatumijwe mu mahanga mu 2017 yagabanutseho 0,4%.

Ibicuruzwa u Rwanda rwohereza mu mahanga byarazamutse, ibyo rutumizayo biragabanuka. Icyuho hagati y’ibyoherejwe n’ibyo rutumiza hanze cyagabanutse ku gipimo cya 21.7% kuva kuri miliyoni 1,624.6 z’amadolari kugera kuri miliyoni 1,271.9 z’amadolari mu mpera z’Ukuboza 2017.

Ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga kugera mu mpera z’ukwezi k’Ukuboza 2017, byinjije miliyoni 943.5 z’amadolari, bivuze ko byiyongereye ku gipimo cya 57.6% ugereranyije na miliyoni 598.7 zinjiye kugera mu mpera z’umwaka wa 2016.

Ni umusaruro Minecofin ivuga ko wakomotse ku musaruro mwiza w’amabuye y’agaciro wiyongereye ku gipimo cya 210.4% kuko yinjirije igihugu agera kuri miliyoni 248.5 z’amadolari, ugereranyije na miliyoni 80.1 mu mwaka wa 2016.

 

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Ubwanditsi 07 Feb 2019
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’
ITOHOZA

‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD
Mu Rwanda

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe
INKURU NYAMUKURU

Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru