• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Amb. Gatete Claver, yatangaje ko ingengo y’imari ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 iva ku 2094.9 iba miliyari 2115.4.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Amb. Gatete Claver, yatangaje ko ingengo y’imari ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 iva ku 2094.9 iba miliyari 2115.4.

Minisitiri Gatete yabigarutseho mu ijambo yatanze mu Nteko Rusange ihuriwemo n’abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi kuri uyu wa Gatatu rigaragaza uko ingengo y’imari ya 2017/2018 imaze gushyirwa mu bikorwa.

Amafaranga ava imbere mu gihugu yariyongereye ava kuri miliyari 1,375.4 z’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 1,412.9 bivuze inyongera igera kuri miliyari 37.5 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Iyi nyongera ikomoka mu kugurisha impapuro mpeshamwenda ku isoko ry’imari n’imigabane n’amahoro y’ibikomoka kuri peteroli byinjizwa mu gihugu biba byazigamwe.

Mu ngengo y’imari ya 2017/2018, imishinga izibandwaho irimo uwo kwagura ibigega bya peteroli, gutunganya ibishanga, kuhira imyaka, guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga inyama i Gako no gutera inkunga iyubakwa ry’Ishuri ry’icyitegererezo rya ‘Ntare School’.

Kugeza mu mpera za Ukuboza 2017 ingengo y’imari ya 2017/2018 yari imaze gushyirwa mu bikorwa ku kigero cya 56%.

Mu gihe amafaranga aturuka mu baterankunga yagabanutseho miliyari 16.9 akava kuri miliyari 719.5 aba 702.6, bitewe n’igabanuka ry’igipimo cy’ivunjisha ry’ifaranga ugereranyije n’amadorali, amafaranga agenerwa imishinga y’iterambere yiyongereyeho miliyari 9.8, ava kuri miliyari 772.7 z’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 782.5 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Amafaranga agenewe ishoramari ni miliyari 178 avuye kuri miliyari 159.1Frw; inyongera ikaba ingana na miliyari 18.9, akazashorwa muri RwandAir na Marriot Hotel.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete yatangaje ko gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda yatangiye gutanga umusaruro aho ingano y’ibyo u Rwanda rwatumijwe mu mahanga mu 2017 yagabanutseho 0,4%.

Ibicuruzwa u Rwanda rwohereza mu mahanga byarazamutse, ibyo rutumizayo biragabanuka. Icyuho hagati y’ibyoherejwe n’ibyo rutumiza hanze cyagabanutse ku gipimo cya 21.7% kuva kuri miliyoni 1,624.6 z’amadolari kugera kuri miliyoni 1,271.9 z’amadolari mu mpera z’Ukuboza 2017.

Ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga kugera mu mpera z’ukwezi k’Ukuboza 2017, byinjije miliyoni 943.5 z’amadolari, bivuze ko byiyongereye ku gipimo cya 57.6% ugereranyije na miliyoni 598.7 zinjiye kugera mu mpera z’umwaka wa 2016.

Ni umusaruro Minecofin ivuga ko wakomotse ku musaruro mwiza w’amabuye y’agaciro wiyongereye ku gipimo cya 210.4% kuko yinjirije igihugu agera kuri miliyoni 248.5 z’amadolari, ugereranyije na miliyoni 80.1 mu mwaka wa 2016.

 

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ABANYARWANDA  HERVE BM  NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO  KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM  MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

ABANYARWANDA HERVE BM NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 10 Apr 2016
“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe
INKURU NYAMUKURU

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo
Mu Mahanga

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Ubwanditsi 20 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru