• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018 UBUKUNGU

Mu rwego rwo kongera imari shingiro ya Banki ya Kigali Plc, Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi wayo, Marc Holtzman, yavuze ko banyuze ku isoko ry’imari n’imigabane rya Nairobi n’irya Kigali, bifuza kubona miliyoni 70 z’amadorali ya Amerika.

Uyu mwanzuro wemejwe n’Inama y’abanyamigabane ba BK yateranye kuri uyu wa Gatanu.

Holtzman yavuze ko urebye imikorere ya banki n’ikoranabuhanga rimaze gushinga imizi muri iki gihe, bigaragaza neza ko hari ibigomba guhinduka bijyanye n’aho igihe kigeze, bikajyana n’uburyo abakiliya bitabwaho n’agaciro gahabwa abanyamigabane.

Holtzman yakomeje agira ati “Kugira ngo tubashe kuguma ku isonga, twafashe icyemezo cyo gushaka imari shingiro y’inyongera iri hagati ya miliyoni 60 na 70 z’amadolari, mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka, ku isoko ryo mu Rwanda no ku isoko mpuzamahanga. Ni muri urwo rwego dukeneye ko abanyamigabane mushyigikira icyo cyemezo.”

Yavuze ko bifuza gushyira imigabane kuri Nairobi Securities Exchange, ikaba igomba kuba banki ya mbere mu Rwanda icuruza imigabane ku isoko mpuzamahanga.

Ibyo ngo bizakorwa mu nyungu z’abanyamigabane kuko ku isoko ryo muri Kenya, usanga bafite amafaranga menshi bashobora gukoresha mu ishoramari, ariko gushora imari mu Rwanda bakabifata nk’ibitoroshye.
Ibyo kandi ngo byafasha mu guteza imbere isoko ry’imari n’imigabane ryo mu Rwanda kuko ku munsi nibura ricuruza imigabane itarenze $20000 ubwo iryo muri Kenya rinyuzwaho nibura miliyoni zirindwi z’amadorali ku munsi.

Abanyamigabane kandi batoye umwanzuro wemeza guha ububasha busesuye abagize inama y’ubutegetsi bwo kugena imigabane izagurishwa, igiciro n’uko isagutse izakoreshwa. Inama y’ubutegetsi yanahawe ububasha bwo kwandikisha sosiyete ku isoko ry’imari n’imigabane rya Kenya.

BK Group yijeje abanyamigabane gukomeza kuzamura inyungu

Iyi nama y’Inteko Rusange yatangiye hari 73.7%, byatangaga uburenganzira bwo kuba yaterana.

Umuyobizi wa BK Group Plc, Dr Diane Karusisi, yashimiye abanyamigabane bitabiriye iyi nama, abashimira ko bashoye imari muri BK, ikaba ikomeje gutera imbere.

Yakomeje agira ati “Turishimira ko tukiri ku isonga mu mabanki yose mu Rwanda. Mu kwakira amafaranga, mu gutanga inguzanyo mu mishinga minini, mu gutanga imisoro, mu kubona inyungu, turi imbere mu Rwanda. Mu mwaka ushize wa 2017, BK Group yungutse miliyari 23.3 Frw.”

Yijeje abanyamigabane ko ubuyobozi buzakomeza gukora ibishoboka kugira ngo inyungu ikomeze kuzamuka.

Iyi nama y’inteko rusange yanemeje ko abanyamigabane bagomba guhabwa ku nyungu yabonetse kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017 ingana na 13.85 Frw ku mugabane, azishyurwa bitarenze tariki 30 Kamena 2018.

Kugeza mu Ukuboza 2017, BK Group yari igeze ku mutungo mbumbe wa miliyari 727.2 Frw.

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo  miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Ubwanditsi 11 Mar 2020
Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi gukura ibendera ry’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba ku mipaka yabwo bihatse iki?
INKURU NYAMUKURU

U Burundi gukura ibendera ry’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba ku mipaka yabwo bihatse iki?

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Perezida wa Diaspora Mozambique Louis Baziga yishwe arashwe, harakekwa RNC
ITOHOZA

Perezida wa Diaspora Mozambique Louis Baziga yishwe arashwe, harakekwa RNC

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Abayobozi ba Ferwafa bakwiye gusaba imbabazi hanyuma bakegura
IMIKINO

Abayobozi ba Ferwafa bakwiye gusaba imbabazi hanyuma bakegura

Ubwanditsi 13 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru