• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yatangaje ko ingengo y’imari ya 2019/20 iziyongera ikava kuri miliyari 2,876.9 Frw yariho ikagera kuri miliyari 3,017.1 Frw, bigaragaza inyongera ya miliyari 140.1 z’amafaranga y’u Rwanda.

Dr Ndagijimana Uzziel yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2020, ubwo yagezaga ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite impinduka z’ingenzi zikubiye mu ivugururwa ry’ingengo y’imari ya 2019/2020.

Yabwiye Inteko rusange ko basaba ko ingengo y’imari ingana na miliyari ibihumbi 2876.9 z’amafaranga y’u Rwanda yari yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko mu kwezi kwa Kamena 2019, yiyongera ikagera kuri miliyari ibihumbi 3,017.1 z’amafaranga y’u Rwanda, bivuze ko yiyongeraho agera kuri miliyari 140.1 Frw.

Yabwiye inteko ko impinduka zihari ari uko amafaranga yinjizwa mu isanduku ya leta ava imbere mu gihugu azava kuri miiliyari 1726.2, akagera kuri miliyari 1801.9 Frw, bivuze ko yiyongeraho agera kuri miliyari 75.7 Frw.

Avuga ko iyi nyongera izaturuka mu mafaranga ava mu misoro, ateganyijwe kwiyongera kubera izamuka ry’ubukungu ndetse no ku yandi mafaranga yinjizwa mu ngego y’imari atari imisoro.

Ati “Amafaranga aturuka ku nkunga z’amahanga ateganyijwe kugabanukaho miliyari 6.8 z’amarafarnga y’u Rwanda akava kuri miliyari 409.8 Frw akagera kuri miliyari 403 Frw.”

Dr Ndagijimana yavuze ko iyi nyongera izafasha mu kwishyura imishahara y’abaganga bashya no kubazamura mu ntera, kubonera za ambasade nshya arizo Accra muri Ghana, Doha muri Qatar, Rabat muri Marocco n’izindi nzego zirimo minisiteri y’umutekano mu gihugu amafaranga yo gukoresha.

Yavuze ko hari kandi amafaranga afasha mu bwisungane mu kwivuza, ndetse n’amafaranga afasha mu gutanga amata ku bana n’ibindi.

Yatangaje ko amafaranga agenewe imishinga azava kuri miliyari 1152.1 agere kuri miliyari 1156.2 Frw.

Amafaranga agenewe ishoramari rya leta azava kuri miliyari 244.2 Frw, agere kuri miliyari 257.2, aziyongeraho miliyari 13 z’amafaranga y’u Rwanda.

Uko ubukungu bwari bwifashe

Muri rusange yavuze ko mu mezi icyenda ya mbere y’umwaka wa 2019, ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 10.9%, ugeranyije n’igipimo kingana 8.3% cyari cyagezweho mu mezi icyenda ya mbere y’umwaka wa 2018.

Yavuze ko ibi byaturutse ku izamuka rishimishije ry’ubuhinzi, inganda na serivisi.

Dr Ndagijimana yavuze mu mezi icyenda ya mbere y’umwaka wa 2019, ubuhinzi bwazamutse kuri 5.7%, inganda kuri 17.7%, naho serivisi kuri 11%.

Ati “Ku bijyanye n’igipimo cy’izamuka ry’ibiciro rusange ku masoko, ibiciro byazamutse byari hasi mu gihembwe cya mbere n’icya kabiri cy’umwaka wa 2019 kuko byari kuri 0.6%, ariko bitangira kuzamuka mu gihembwe cya gatatu ku mpuzandengo ya 2.4% n’igihembwe cya kane ku mpuzandengo ya 6%.”

Gusa yavuze ko mu Ukuboza 2019, iri zamuka ry’ibiciro ryazamutseho gato rigera kuri 6.7%.

Yagaragaje ko ubu hitezwe ko izamuka rusange ry’ibiciro rizagabanuka muri iki gihembwe cya mbere cya 2020 kubera umusaruro w’ubuhinzi.
Yagaragaje ko urwgeo rw’imari n’imicungire y’ifaranga narwo ryakomeje gutera imbere, aho amafaramga akoreshwa ku isoko yiyongereye ku gipimo cya 11.1% mu Ugushyingo 2019, inguzanyo zahawe abikorera zazamutse kuri 12.5%, hagati ya Ukuboza 2018 na Ugushyingo 2019.

Yavuze ko agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda ugeranyije n’idolari rya Amerika kabaganutse kuri 3.9% aribyo byatumye isoko ryo kuvunja no kuvunjisha ridahungabana cyane nk’uko byageze mu myaka yashize.

Yavuze ko uburyo bwinjiza amafaranga mu ngengo y’imari, hagati y’ukwezi kwa Nyakanga ingengo y’imari itangira kugeza mu Ukuboza 2019, hari hateganyijwe kwinjizwa amafaranga agera kuri miliyari 871.6 z’amafaranga y’u Rwanda mu isanduku ya leta, hinjiye miliyari 907.3. bivuze ko yarenzeho miliyari 35.7 ku yari ateganyijwe.

Avuga ko amafaranga yiyongereye yaturutse ku mafaranga yinjizwa akomoka mu gihugu harimo imisoro n’amahoro n’andi y’abaterankunga.

 

 Inkuru ya IGIHE

 

2020-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018
CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Ubwanditsi 05 Dec 2019
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018
Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imvura nyinshi yabujije umukino w’ikirarane wa APR FC na Mukura VS gukomeza, Ikipe y’ingabo yari imaze gutsindwa 1-0
Amakuru

Imvura nyinshi yabujije umukino w’ikirarane wa APR FC na Mukura VS gukomeza, Ikipe y’ingabo yari imaze gutsindwa 1-0

Ubwanditsi 31 Jan 2022
Umusore wabeshye umukunzi we ko yakoze impanuka ikomeye akamwambika impeta aje kumureba
SHOWBIZ

Umusore wabeshye umukunzi we ko yakoze impanuka ikomeye akamwambika impeta aje kumureba

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu
POLITIKI

Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu

Ubwanditsi 19 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru