• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Ubwanditsi 31 Dec 2018 UBUKUNGU

Raporo y’Urwego rw’Umuvunyi yakorewe mu bigo bya Leta no mu nzego z’ibanze mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/2018 yagaragaje ko hari umutungo wononwe n’uwarigishijwe.

Ni raporo igaragaza mu buryo burambuye uko amafaranga yakoreshejwe mu mishinga itandukanye, ayanyerejwe n’ayaburiwe irengero.

Raporo y’Umuvunyi ya 2017/2018 yagaragaje icyuho mu mikoreshereze ya 575 953 326 Frw yageze kuri konti mu Karere ka Karongi kuva mu 2011 kugeza 2014 ateganyirijwe kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo w’inzu 384.

Muri uyu mushinga hakoreshejwe 367 177 712 Frw, angana na 63, 75% y’ayageze kuri konti, yubatse inzu 107 na zo zitameze neza. Bivuze ko 208 775 614 Frw yaburiwe ibisobanuro.

Ubuyobozi bwa Karongi bwasabye abaturage kwiyubakira inzu kandi Leta yaratanze amafaranga

Ibindi bibazo byagaragaye ni uko nta nyigo y’umushinga yakozwe ndetse ubuyobozi bwasabye abaturage kwiyubakira kandi byari mu nshingano z’akarere.

Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba bwishyuye 21 504 000 Frw Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi meza, Isuku n’Isukura (WASAC) binyuze kuri konti iri muri Banki Nkuru y’u Rwanda y’ifatabuguzi ry’amashanyarazi ku ngo 384 (buri rugo rwabariwe 56 000 Frw) kandi icyo gihe hari hamaze kubakwa inzu 11 gusa.

Igihombo mu Kigega gitera Inkunga imishinga yo kohereza Ibicuruzwa mu mahanga

Urwego rw’Umuvunyi rwasanze Ikigega Gitera Inkunga Imishinga yo kohereza Ibicuruzwa mu Mahanga (EGF) gikora nabi kandi kitamenyekanisha ibikorwa, bigatuma kiganwa n’abagenerwabikorwa bake.

Kuva mu 2015 kugeza Kamena 2017, imishinga ine niyo yari imaze guhabwa inguzanyo naho itandatu yatewe inkunga. Gutinda gutanga igisubizo kuri dosiye zisaba inguzanyo/inkunga, kuba hari bamwe bahabwa inguzanyo umushinga wizwe nabi bigatuma kwishyura bigorana.

Urugero ni ‘Company Hills of Rwanda’ yakoze umushinga wo kohereza ikawa hanze ihabwa inguzanyo ya 113 000 000 Frw ariko irahomba.

Ibi byiyongeraho icyo gutanga inguzanyo ku bigo by’ubucuruzi, umusaruro utarashakiwe isoko aho Ikigo cyitwa ‘Pasta Rwanda’ cyahawe inguzanyo ya 394 000 000 Frw yo gukora amakaroni yo kugurisha hanze birangira ibuze isoko yigumira ku ry’imbere mu gihugu.

Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije (FONERWA) kuva mu 2013 kugera 2017, cyahawe ingengo y’imari ya 29 199 514 957 Frw. Cyateye inkunga imishinga 32 yatwaye 24 616 437 540 Frw.

FONERWA bivugwa ko itazwi bitewe n’uko nta buryo buhagije bwashyizweho bwo kuyimenyekanisha, kudakora isuzuma ry’ibanze ku mishinga isabirwa guterwa inkunga, ikurikiranabikorwa ridakorwa neza ku yatewe inkunga ni bimwe mu bibazo byayigaragayemo.

“Umushinga wo kuhira imyaka ushobora kutagera ku ntego”

Umushinga wo kuhira imyaka mu Turere twa Nyagatare na Kirehe (Immediate Action Irrigation) ucungwa n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) mu 2015-2016 wakoresheje ingengo y’imari ya 7 398 137 463 Frw, mu 2016-2017 ukoresha 6 913 387 113Frw.

Mu ishyirwa mu bikorwa ryawo hari imbogamizi zishobora gutuma utagera ku ntego zirimo ubuke bw’ibikoresho byo kuhira kandi bikenewe cyane, nta buryo bufasha abuhira gukusanya umusaruro urimo umuceri, ibigori n’imboga no kuwugeza ku isoko.

“Icyuho mu iteganyabikorwa ry’umushinga wo kugeza amazi ku baturage”

Muri gahunda ya “Rural Water Supply and Sanitation” hasuzumwe imishinga ibiri irimo uwo kugeza amazi ku baturage mu duce twa Giheke-Kamembe-Nkanka mu Turere twa Rusizi na Nyamaseke n’uwo kugeza amazi meza muri Runda muri Kamonyi.

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje ko iteganyabikorwa ridakorwa neza mbere y’uko umushinga utangira bigatuma hari ibigaragara ko bikenewe nyuma bityo hakabahaho gukererwa.

Imicungire y’inyandiko z’icungamutungo ritanoze, ryatumye amafaranga angana na 3 487 025 754 Frw i Rusizi na Nyamasheke na 492 449 933 Frw muri Kamonyi, aburirwa inyandiko zisobanura isohoka ryayo.

Hanatahuwe ikibazo cyo gutinda kugeza ku baturage inyemezabuguzi z’amazi, kudakurikirana imikoreshereze y’ibikoresho bibibafashamo no kutabyitaho uko bikwiye.

Hatanzwe urugero rw’umuturage wo mu Murenge wa Giheke mu Karere ka Rusizi wahawe inzu y’amazi idakingwa, abandi bakajya bayavoma batamwishyuye.

Muri Lycée de Kigali, ababyeyi bamaze imyaka ibiri bacibwa amafaranga yo kubaka uruzitiro

Isuzuma ry’ibanze ku micungire y’umutungo ryakorewemu Ishuri rya Lycée de Kigali ryagaragaje ko buri mubyeyi atanga 12 000 Frw ku gihembwe agenewe kubaka uruzitiro.

Ni umushinga watangiye mu gihembwe cya mbere 2017. Kugeza muri Nyakanga 2018, hari hamaze gutangwa 36 266 780 Frw kuri uru ruzitiro rucyubakwa.

Ayasohotse ni 34 788 000 Frw, muri yo angana na 22 338 000 Frw nta mpapuro zisobanura uburyo yakoreshejwe zihari.

Umukozi witwa Kayijamahe Charles ushinzwe gusana ibyangirirtse nk’intebe, ameza n’ibindi yakoze ‘Devis yo kubaka uruzitiro aruha agaciro ka 140 738 300 Frw mu gihe rwiyemezamirimo yari yatanze iya 98 372 000 Frw.

Ikigo cyafashe umwanzuro wo kwiyubakira uruzitiro, umukozi ahabwa inshingano zo gushaka ibikoresho, abubaka, kubahemba no gukurikirana imirimo nyamara ntaho atanga raporo. Ibibazo byagaragaye nk’icyuho cya ruswa biri gukorwaho iperereza ryimbitse.

“Ikigo gicapa inyandiko za Leta nta bakozi b’inzobere gifite”

Muri Rwanda Printery Company (RPC) ifite inshingano yo gucapa inyandiko zigenewe inzego za Leta, hagaragajwe ibibazo birimo ko nta mategeko ngengamikorere ifite, bibangamira imicungire inoze.

Ikindi ni icy’inama y’ubuyobozi idakurikirana bikwiye imiyoborere kuko kuva yajyaho muri Gashyantare 2016 kugeza muri Nzeri 2017 yatarenya inshuro eshatu.

RPC ntifite abakozi b’inzobere ku buryo bigira ingaruka ku bwiza bw’ibyo gikora ndetse nta n’umunyamategeko kigira utanga inama, ntigikoresha ubushobozi bwose cyifitemo kuko ibikoresho byinshi gicapa ni ibirebana n’impapuro zikoreshwa mu matora no mu bizamini by’abanyeshuri. Ikindi gihe nta bintu byinshi kiba gifite byo gucapa.

2018-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage

Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Amahirwe yihariye ku bifuza gutunga inzu muri Vision City

Ubwanditsi 12 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Sacyega
    January 6, 20194:47 pm -

    Izi raporo ntacyo ziba Zimaze, abayakoresha nabi n’abayarya ntawe ubakoraho ahubwo bahindurirwa imyanya, akava mu kigo kimwe cya Leta akajya mu kindi , kandi impamvu akoreshwa nabi n’uko akazi kubu kukabona n’ikimenyane , nicyo gituma bakora ibyo bashatse uwakoze amakosa akavugirwa n’uwakamuhesheje, abantu bagomba kumenya ko bagomba kugira uburenganzira bungana kugihugu cyabo, ımirimo ya Leta igatangwa mu mucyo, Justice igakora neza , kuko umuntu wese ukora nabi amateka azabimubaza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo: Abaturage ba Gisozi biyubakiye Sitasiyo ya Polisi
Mu Mahanga

Gasabo: Abaturage ba Gisozi biyubakiye Sitasiyo ya Polisi

Ubwanditsi 01 Jun 2016

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko
IMIKINO

Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Ubwanditsi 18 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru