• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Ubwanditsi 22 Jan 2016 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame n’intumwa ayoboye, yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum, itangira kuri uyu wa Gatatu, i Davos mu Busuwisi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver ni umwe mu bagize itsinda ryaherekeje Umukuru w’Igihugu, ririmo Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr Vincent Biruta, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, Francis Gatare na Minisitiri w’Ibikorwa remezo, James Musoni.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times aho ari mu Busuwisi, kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Gatete Claver, yavuze ko iyo nama izatanga amahirwe akomeye ku Rwanda mu kugaragaza aho rugeze mu rwego rw’ubukungu.

Yavuze ko iri huriro rya Davos rihuza abantu bakomeye ku Isi mu rwego rw’ubukungu, u Rwanda rukazaboneraho kugaragaza ibimaze kugerwaho ndetse bagakangurirwa kuza gukorera ubucuruzi mu gihugu.

Ati “Kuva Devos ihuza abantu bo mu nzego zifata ibyemezo, abo muri za kaminuza n’abandi b’ingenzi mu bukungu bw’Isi, bizadufasha kubereka uko u Rwanda ruri kwitwara mu rwego rw’ubukungu tubakangurire kuza kuhakorera ubucuruzi. Ni umwanya wo kubabwira icyo bashobora kubona mu Rwanda.”

Iyi ni inama ya 46 ngarukamwaka ya World Economic Forum, ibereye Davos-Klosters, mu Busuwisi, ikazanasuzumira hamwe ibindi bibazo bikomeye birimo umutekano, ihindagurika ry’ibihe, izamuka ry’ubukungu bw’Isi n’ibiciro ku bicuruzwa bitandukanye.

-12.gif

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver

Minisitiri Gatete kandi yatangaje ko iyi nama izafasha itsinda ryaturutse mu Rwanda, kungurana ibitekerezo n’izindi mpuguke mu bukungu zaturutse ahandi hanyuranye.

Yagize ati “Muri Davos inzego zinyuranye z’ubukungu ziganirwaho. Tuzungurana ibitekerezo n’abandi bahanga mu bukungu tunabigireho. Bizanaduha umwanya wo kubasha gukorana nabo.”

Biteganyijwe ko yitabirwa n’abasaga 2 500 baturutse mu bikorwa binyuranye by’ubucuruzi, za guverinoma, imiryango mpuzamahanga, imiryango itegamiye kuri leta, za kaminuza n’abandi.

Umwanditsi wacu

2016-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Ubwanditsi 10 Mar 2019
New York : Kagame yavuze uko u Rwanda rwasenywe na Jenoside rwiyubatse

New York : Kagame yavuze uko u Rwanda rwasenywe na Jenoside rwiyubatse

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro
POLITIKI

Burundi: Zimwe mu mpunzi zari zatahutse zirimo gusubira mu buhungiro

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda  guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije
POLITIKI

Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse
ITOHOZA

Mozambique: Louis Baziga yarusimbutse

Ubwanditsi 30 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru