• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Ubwanditsi 22 Jan 2016 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame n’intumwa ayoboye, yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum, itangira kuri uyu wa Gatatu, i Davos mu Busuwisi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver ni umwe mu bagize itsinda ryaherekeje Umukuru w’Igihugu, ririmo Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr Vincent Biruta, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, Francis Gatare na Minisitiri w’Ibikorwa remezo, James Musoni.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times aho ari mu Busuwisi, kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Gatete Claver, yavuze ko iyo nama izatanga amahirwe akomeye ku Rwanda mu kugaragaza aho rugeze mu rwego rw’ubukungu.

Yavuze ko iri huriro rya Davos rihuza abantu bakomeye ku Isi mu rwego rw’ubukungu, u Rwanda rukazaboneraho kugaragaza ibimaze kugerwaho ndetse bagakangurirwa kuza gukorera ubucuruzi mu gihugu.

Ati “Kuva Devos ihuza abantu bo mu nzego zifata ibyemezo, abo muri za kaminuza n’abandi b’ingenzi mu bukungu bw’Isi, bizadufasha kubereka uko u Rwanda ruri kwitwara mu rwego rw’ubukungu tubakangurire kuza kuhakorera ubucuruzi. Ni umwanya wo kubabwira icyo bashobora kubona mu Rwanda.”

Iyi ni inama ya 46 ngarukamwaka ya World Economic Forum, ibereye Davos-Klosters, mu Busuwisi, ikazanasuzumira hamwe ibindi bibazo bikomeye birimo umutekano, ihindagurika ry’ibihe, izamuka ry’ubukungu bw’Isi n’ibiciro ku bicuruzwa bitandukanye.

-12.gif

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver

Minisitiri Gatete kandi yatangaje ko iyi nama izafasha itsinda ryaturutse mu Rwanda, kungurana ibitekerezo n’izindi mpuguke mu bukungu zaturutse ahandi hanyuranye.

Yagize ati “Muri Davos inzego zinyuranye z’ubukungu ziganirwaho. Tuzungurana ibitekerezo n’abandi bahanga mu bukungu tunabigireho. Bizanaduha umwanya wo kubasha gukorana nabo.”

Biteganyijwe ko yitabirwa n’abasaga 2 500 baturutse mu bikorwa binyuranye by’ubucuruzi, za guverinoma, imiryango mpuzamahanga, imiryango itegamiye kuri leta, za kaminuza n’abandi.

Umwanditsi wacu

2016-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Ubwanditsi 03 May 2018
Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018
Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Ubwanditsi 10 Mar 2019
BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Ubwanditsi 24 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60
Amakuru

Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Ubwanditsi 23 Aug 2025
Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida  Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)
POLITIKI

Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru