• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Ubwanditsi 10 Mar 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yavuze ko imyanzuro w’umwiherero w’abayobozi bakuru uherutse , imyinshi yashyizwe mu bikorwa ku kigero kirenze 75 %.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu ubwo yagezaga ku bayobozi basaga 350 bitabiriye Umwiherero ku nshuri ya 16 uri kubera mu kigo cy’imyitozo cya gisirikare i Gabiro muri Gatsibo.

Umwiherero wa 15 wabaye guhera tariki 26 Gashyantare 2018 kugeza tariki 1 Werurwe uwo mwaka. Imyanzuro 13 niyo yawufatiwemo.

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente, yavuze ko iyo myanzuro yagabanyijwemo ibikorwa 48, muri byo 37 byagezweho ku kigereranyo kiri hagati hejuru ya 75 %, ibikorwa icyenda byagezweho hagati ya 50 % na 74 % naho ibikorwa bibiri biracyari munsi ya 50 %.

Ibyo bikorwa bibiri bikiri munsi ya 50 %, Dr Ngirente yavuze ko harimo umwanzuro urebana no kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali hibandwa ku gukuraho akajagari mu myubakire no kubungabunga ibidukikije.

Yavuze ko impamvu utagezweho uko byifuzwaga ari ukubera ko ibikorwa byo kwimura abatuye mu kajagari no kubaka imihanda byarekererwe.

Undi mwanzuro wakererewe ni uwo kwihutisha gahunda yo gutubura imbuto n’ifumbire bikorewe imbere mu gihugu. Yavuze ko ibyo gutubura imbuto hari ibyakozwe ariko ibyo gutunganyiriza ifumbire mu gihugu ngo biracyari inyuma.

Mu myanzuro yagezweho ku buryo bushimishije, harimo ujyanye no kunoza imitegurire y’imihigo y’Uturere ku buryo ikemura ibibazo byihariye biri mu Karere, igahura n’igenamigambi ry’Igihugu kandi isuzuma ryayo rikita ku ireme (quality) no ku ruhare rwayo mu iterambere ry’abaturage (development impact).

Yavuze ko mu gutegura imihigo y’uturere ya 2018-2019, hashingiwe ku bikorwa by’ingenzi biteganyijwe muri gahunda yo kwihutisha Iterambere ry’Igihugu, 2017-2024 (NST1). Byashingiye kandi ku gukemura ibibazo byihariye bya buri karere.

Ku mwanzuro ujyanye no kurwanya ruswa, yavuze ko hakajijwe ingamba zo kurwanya ruswa mu nzego za Leta n’iz’abikorera. Yavuze ko muri 2018, hagarujwe amafaranga angana na 2.028.298.900 yari yanyerejwe.

Ku mwanzuro wo kubika kubika amakuru (database) y’abarangije kwiga za kaminuza n’amashuri makuru kugira ngo bahuzwe n’isoko ry’umurimo, yavuze ko abagera ku 78.330 bamaze kwandikwa, muri bo, 5.774 bakaba ari abize mu bihugu byo hanze y’u Rwanda.

Ku kuvugurura Ikigega cyo guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga (EGF), Minisitiri w’Intebe yavuze ko cyavuguruwe kigahuzwa na gahunda yo Kwihutisha Iterambere ry’Igihugu (NST1). Yavuze ko ubu n’abacuruzi bato bohereza ibicuruzwa mu mahanga bemerewe gufashwa.

Yavuze ko amafaranga ikigega kimaze gutanga yiyongereye agera kuri miliyari 3.8 Frw muri Gashyantare 2019 avuye kuri miliyari 1.6 mu 2017.

Mu rwego rwo guteza imbere imigi yunganira Kigali, yavuze ko hasojwe igice cya mbere cyo kuyishyiramo imihanda ya kaburimbo iri ku burebure bungana na Km 28,1.

Mu bijyanye no guteza imbere uburezi, mu 63.337 bari bahawe amahugurwa y’ibanze ku nteganyanyigisho nshya ishingiye ku guteza imbere ubushobozi bw’abanyeshuri (CBC), abagera ku 54.447 bamaze guhabwa amahugurwa yimbitse ku masomo yihariye kandi Minisitiri w’Intebe yavuze ko igikorwa gikomeza.

Mu rwego rwo kugabanya ubucucike bw’abanyeshuri mu mashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Ngirente yavuze abarimu bashya 834 bahawe akazi.

Yanagarutse ku mushahara wa mwarimu mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta n’afatanya na Leta wiyongereyeho 10 % guhera muri Werurwe uyu mwaka.

Mu kongera ubushobozi bw’abajyanama b’ubuzima, Minisitiri w’Intebe yavuze ko abajyanama b’ubuzima 48,472 bahawe amahugurwa atandukanye yo kubafasha kurushaho kuzuza neza inshingano zabo kandi bakomeje guhabwa ibikoresho bakenera.

Abibumbiye mu makoperative 384 ari hirya no hino mu Gihugu, bafashijwe guteza imbere ibikorwa bibyara inyungu.

Mu guteza imbere gahunda y’imbonezamikorere y’abana bato, Dr Ngirente yavuze ko abana 11,374 bari munsi y’imyaka itanu bari barwaye bwaki bahawe amata, hanashyirwaho gahunda yo kunoza imikorere n’imikoranire hagati y’inzego zihurira ku bikorwa byo kurwanya imirire mibi.

Ku mwanzuro wo kongera amavuriro, Minisitiri w’Intebe yavuze ko hubatswe amavuriro 103 ku 100 yari ateganyijwe muri uwo mwaka.

Src : IGIHE

2019-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018
Perezida Kagame avuye  munama  itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.
POLITIKI

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures
UBUKUNGU

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Agathon Rwasa mu mazi abira
INKURU NYAMUKURU

Agathon Rwasa mu mazi abira

Ubwanditsi 14 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru