• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Ubwanditsi 10 Mar 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yavuze ko imyanzuro w’umwiherero w’abayobozi bakuru uherutse , imyinshi yashyizwe mu bikorwa ku kigero kirenze 75 %.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu ubwo yagezaga ku bayobozi basaga 350 bitabiriye Umwiherero ku nshuri ya 16 uri kubera mu kigo cy’imyitozo cya gisirikare i Gabiro muri Gatsibo.

Umwiherero wa 15 wabaye guhera tariki 26 Gashyantare 2018 kugeza tariki 1 Werurwe uwo mwaka. Imyanzuro 13 niyo yawufatiwemo.

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente, yavuze ko iyo myanzuro yagabanyijwemo ibikorwa 48, muri byo 37 byagezweho ku kigereranyo kiri hagati hejuru ya 75 %, ibikorwa icyenda byagezweho hagati ya 50 % na 74 % naho ibikorwa bibiri biracyari munsi ya 50 %.

Ibyo bikorwa bibiri bikiri munsi ya 50 %, Dr Ngirente yavuze ko harimo umwanzuro urebana no kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali hibandwa ku gukuraho akajagari mu myubakire no kubungabunga ibidukikije.

Yavuze ko impamvu utagezweho uko byifuzwaga ari ukubera ko ibikorwa byo kwimura abatuye mu kajagari no kubaka imihanda byarekererwe.

Undi mwanzuro wakererewe ni uwo kwihutisha gahunda yo gutubura imbuto n’ifumbire bikorewe imbere mu gihugu. Yavuze ko ibyo gutubura imbuto hari ibyakozwe ariko ibyo gutunganyiriza ifumbire mu gihugu ngo biracyari inyuma.

Mu myanzuro yagezweho ku buryo bushimishije, harimo ujyanye no kunoza imitegurire y’imihigo y’Uturere ku buryo ikemura ibibazo byihariye biri mu Karere, igahura n’igenamigambi ry’Igihugu kandi isuzuma ryayo rikita ku ireme (quality) no ku ruhare rwayo mu iterambere ry’abaturage (development impact).

Yavuze ko mu gutegura imihigo y’uturere ya 2018-2019, hashingiwe ku bikorwa by’ingenzi biteganyijwe muri gahunda yo kwihutisha Iterambere ry’Igihugu, 2017-2024 (NST1). Byashingiye kandi ku gukemura ibibazo byihariye bya buri karere.

Ku mwanzuro ujyanye no kurwanya ruswa, yavuze ko hakajijwe ingamba zo kurwanya ruswa mu nzego za Leta n’iz’abikorera. Yavuze ko muri 2018, hagarujwe amafaranga angana na 2.028.298.900 yari yanyerejwe.

Ku mwanzuro wo kubika kubika amakuru (database) y’abarangije kwiga za kaminuza n’amashuri makuru kugira ngo bahuzwe n’isoko ry’umurimo, yavuze ko abagera ku 78.330 bamaze kwandikwa, muri bo, 5.774 bakaba ari abize mu bihugu byo hanze y’u Rwanda.

Ku kuvugurura Ikigega cyo guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga (EGF), Minisitiri w’Intebe yavuze ko cyavuguruwe kigahuzwa na gahunda yo Kwihutisha Iterambere ry’Igihugu (NST1). Yavuze ko ubu n’abacuruzi bato bohereza ibicuruzwa mu mahanga bemerewe gufashwa.

Yavuze ko amafaranga ikigega kimaze gutanga yiyongereye agera kuri miliyari 3.8 Frw muri Gashyantare 2019 avuye kuri miliyari 1.6 mu 2017.

Mu rwego rwo guteza imbere imigi yunganira Kigali, yavuze ko hasojwe igice cya mbere cyo kuyishyiramo imihanda ya kaburimbo iri ku burebure bungana na Km 28,1.

Mu bijyanye no guteza imbere uburezi, mu 63.337 bari bahawe amahugurwa y’ibanze ku nteganyanyigisho nshya ishingiye ku guteza imbere ubushobozi bw’abanyeshuri (CBC), abagera ku 54.447 bamaze guhabwa amahugurwa yimbitse ku masomo yihariye kandi Minisitiri w’Intebe yavuze ko igikorwa gikomeza.

Mu rwego rwo kugabanya ubucucike bw’abanyeshuri mu mashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Ngirente yavuze abarimu bashya 834 bahawe akazi.

Yanagarutse ku mushahara wa mwarimu mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta n’afatanya na Leta wiyongereyeho 10 % guhera muri Werurwe uyu mwaka.

Mu kongera ubushobozi bw’abajyanama b’ubuzima, Minisitiri w’Intebe yavuze ko abajyanama b’ubuzima 48,472 bahawe amahugurwa atandukanye yo kubafasha kurushaho kuzuza neza inshingano zabo kandi bakomeje guhabwa ibikoresho bakenera.

Abibumbiye mu makoperative 384 ari hirya no hino mu Gihugu, bafashijwe guteza imbere ibikorwa bibyara inyungu.

Mu guteza imbere gahunda y’imbonezamikorere y’abana bato, Dr Ngirente yavuze ko abana 11,374 bari munsi y’imyaka itanu bari barwaye bwaki bahawe amata, hanashyirwaho gahunda yo kunoza imikorere n’imikoranire hagati y’inzego zihurira ku bikorwa byo kurwanya imirire mibi.

Ku mwanzuro wo kongera amavuriro, Minisitiri w’Intebe yavuze ko hubatswe amavuriro 103 ku 100 yari ateganyijwe muri uwo mwaka.

Src : IGIHE

2019-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Davos : Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga k’Ubukungu

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Ubwanditsi 28 Oct 2018
BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Ubwanditsi 30 May 2019
Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Ubwanditsi 20 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA
IMIKINO

Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa
IKORANABUHANGA

Transform Africa: Perezida Kagame yakomoje ku Isoko rusange rya Afurika ryatangiye gushyiwa mu bikorwa

Ubwanditsi 15 May 2019
Gatabazi na Bamporiki bagororewe
Mu Rwanda

Gatabazi na Bamporiki bagororewe

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru