• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018 UBUKUNGU

U Rwanda n’u Buhinde byasinyanye amasezerano umunani arimo ay’inguzanyo ya miliyoni 200 z’amadolari, ni ukuvuga miliyari zirenga 174 z’amafaranga y’u Rwanda, zizakoreshwa mu kubaka ibikorwa remezo mu byanya byahariwe inganda no guteza imbere ubuhinzi binyuze muri gahunda yo kuhira.

Aya masezerano yasinywe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, ubwo Perezida Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’u Rwanda bakiraga Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, n’itsinda ryamuherekeje muri Village Urugwiro.

Narendra watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, ni we Minisitiri w’Intebe wa mbere w’u Buhinde uhagiriye uruzinduko.

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 100 z’amadolari zo kubaka ibikorwa remezo byo mu byanya byagenewe inganda ari byo; Bugesera, Rwamagana ndetse no kwagura igice cyahariwe inganda cya Kigali (Kigali Special Economic Zone). Izindi miliyoni 100 z’amadolari zizifashishwa mu mishinga itatu yo kuhira imyaka.

Ibihugu byombi byasinyanye andi masezerano atandatu arimo ay’ubufatanye mu by’ingabo, ubufatanye mu bucuruzi, guhanahana ubumenyi mu by’ubutoza bw’imikino itandukanye, ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi, ubufatanye mu bushakashatsi mu by’inganda n’ubufatanye mu bushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi.

Nyuma y’uko Abaminisitiri n’abayobozi b’ibigo ku mpande zombi bashyize umukono kuri aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko ibihugu byombi bisangiye intumbero z’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage babyo, ashimira ubufasha bw’u Buhinde mu gushyigikira gahunda z’iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Amasezerano yasinywe uyu munsi, azatuma dukomeza kwibanda ku bufatanye mu bintu by’ingenzi. Duhaye ikaze uhagarariye u Buhinde mushya ari we wa mbere uzaba ufite icyicaro i Kigali, ibi bizateza imbere umubano usanzwe”.

Yakomeje agira ati “Iyo muduhaye miliyoni 100 z’amadolari, ni izo guteza imbere imibereho y’abaturage ntabwo ari izo kugabana ngo buri umwe ashyire mu mufuka we, turabizeza ko azakoreshwa neza ibyateganyijwe kuko niwo muco turimo gushyira imbere kandi na Afurika yose irimo kubyumva gutyo”.

U Rwanda ruherutse kwemeza ko uwitwa Oscar Kerketta ahagararira u Buhinde mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi, afite icyicaro i Kigali. Niwe wa mbere ugize icyicaro i Kigali kuko ubusanzwe Ambasade y’u Buhinde muri Uganda ari yo yakurikiranaga ibikorwa byabwo mu Rwanda n’u Burundi.

Perezida Kagame yahaye ikaze abashoramari bo mu Buhinde cyane cyane mu byerekeye n’inganda zikora imyenda n’imiti, aho iki gihugu gifite byinshi cyagezeho kandi byafasha u Rwanda muri gahunda yarwo yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu ‘Made in Rwanda’.

Minisitiri w’Intebe, Narendra Modi, yashimye intambwe y’iterambere u Rwanda rumaze gutera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko imiyoborere ya Perezida Kagame no kugira intego ari byo byatumye rutera imbere mu bukungu mu buryo bwihuse.

Yavuze ko u Buhinde bufite uruhare mu iterambere ry’u Rwanda kandi buzakomeza gutanga umusanzu wabwo mu rugendo rw’iterambere ry’ahazaza.

Yagize ati “Dufitanye ubufatanye mu mahugurwa mu by’ikoranabuhanga, iterambere ry’ibikorwa remezo, mu by’imari, guteza imbere icyaro ndetse n’ikoranabuhanga, kubaka ubushobozi kandi turashaka gukomeza”.

Minisitiri w’Intebe Narendra, yanatangaje ko bifuza gushyiraho isomero ryo kuri Internet ry’abana ndetse n’uburyo bwo kwiga Iyakure buzatuma Abanyarwanda baruhuka gukora ingendo bajya kwiga mu Buhinde.

Ku rwego Mpuzamahanga u Rwanda n’u Buhinde bihuriye mu bikorwa byo kugarura amahoro nk’ibihugu bitanga umusanzu munini mu bikorwa bya Loni byo kugarura amahoro.

Minisitiri w’Intebe Narendra yazanye n’itsinda ry’abashoramari n’abikorera, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri bazahura na bagenzi babo bo mu Rwanda bakaganira ku buryo bakorana.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Kabiri Narendra azasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, akajyana na Perezida Kagame mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera gutanga impano y’inka 200 yageneye abaturage ngo ashyigikire gahunda ya Girinka.

2018-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa   Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Ubwanditsi 19 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 26, 20187:54 am -

    Ariko ndabaza , igihugu kiguriza ikindi gifite abaturage bakennye bikabije? Kuki iyi mfashanyo batayifashisha abaturage babo baba bakennye? Iyi politiki sindayumva. Iyo ageze ino nabwo leta ihita iyamira abaturage bagakomeza gusama isazi.
    Singaye na Muligande wigeze kuvuga ko aterwa isoni n abiba ib yabanyarwanda aribo bakagombye kubareberera, andi reka abivuge we ntiyigeze yiba aho yanyuze hose. Imana imurinde akaga kose.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Minisitiri w’Intebe yashinje abayobozi guhimba imibare no gushyira imbere inyungu zabo bikadindiza igenamigambi
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe yashinje abayobozi guhimba imibare no gushyira imbere inyungu zabo bikadindiza igenamigambi

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru