• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018 UBUKUNGU

U Rwanda n’u Buhinde byasinyanye amasezerano umunani arimo ay’inguzanyo ya miliyoni 200 z’amadolari, ni ukuvuga miliyari zirenga 174 z’amafaranga y’u Rwanda, zizakoreshwa mu kubaka ibikorwa remezo mu byanya byahariwe inganda no guteza imbere ubuhinzi binyuze muri gahunda yo kuhira.

Aya masezerano yasinywe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, ubwo Perezida Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’u Rwanda bakiraga Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, n’itsinda ryamuherekeje muri Village Urugwiro.

Narendra watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, ni we Minisitiri w’Intebe wa mbere w’u Buhinde uhagiriye uruzinduko.

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 100 z’amadolari zo kubaka ibikorwa remezo byo mu byanya byagenewe inganda ari byo; Bugesera, Rwamagana ndetse no kwagura igice cyahariwe inganda cya Kigali (Kigali Special Economic Zone). Izindi miliyoni 100 z’amadolari zizifashishwa mu mishinga itatu yo kuhira imyaka.

Ibihugu byombi byasinyanye andi masezerano atandatu arimo ay’ubufatanye mu by’ingabo, ubufatanye mu bucuruzi, guhanahana ubumenyi mu by’ubutoza bw’imikino itandukanye, ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi, ubufatanye mu bushakashatsi mu by’inganda n’ubufatanye mu bushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi.

Nyuma y’uko Abaminisitiri n’abayobozi b’ibigo ku mpande zombi bashyize umukono kuri aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko ibihugu byombi bisangiye intumbero z’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage babyo, ashimira ubufasha bw’u Buhinde mu gushyigikira gahunda z’iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Amasezerano yasinywe uyu munsi, azatuma dukomeza kwibanda ku bufatanye mu bintu by’ingenzi. Duhaye ikaze uhagarariye u Buhinde mushya ari we wa mbere uzaba ufite icyicaro i Kigali, ibi bizateza imbere umubano usanzwe”.

Yakomeje agira ati “Iyo muduhaye miliyoni 100 z’amadolari, ni izo guteza imbere imibereho y’abaturage ntabwo ari izo kugabana ngo buri umwe ashyire mu mufuka we, turabizeza ko azakoreshwa neza ibyateganyijwe kuko niwo muco turimo gushyira imbere kandi na Afurika yose irimo kubyumva gutyo”.

U Rwanda ruherutse kwemeza ko uwitwa Oscar Kerketta ahagararira u Buhinde mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi, afite icyicaro i Kigali. Niwe wa mbere ugize icyicaro i Kigali kuko ubusanzwe Ambasade y’u Buhinde muri Uganda ari yo yakurikiranaga ibikorwa byabwo mu Rwanda n’u Burundi.

Perezida Kagame yahaye ikaze abashoramari bo mu Buhinde cyane cyane mu byerekeye n’inganda zikora imyenda n’imiti, aho iki gihugu gifite byinshi cyagezeho kandi byafasha u Rwanda muri gahunda yarwo yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu ‘Made in Rwanda’.

Minisitiri w’Intebe, Narendra Modi, yashimye intambwe y’iterambere u Rwanda rumaze gutera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko imiyoborere ya Perezida Kagame no kugira intego ari byo byatumye rutera imbere mu bukungu mu buryo bwihuse.

Yavuze ko u Buhinde bufite uruhare mu iterambere ry’u Rwanda kandi buzakomeza gutanga umusanzu wabwo mu rugendo rw’iterambere ry’ahazaza.

Yagize ati “Dufitanye ubufatanye mu mahugurwa mu by’ikoranabuhanga, iterambere ry’ibikorwa remezo, mu by’imari, guteza imbere icyaro ndetse n’ikoranabuhanga, kubaka ubushobozi kandi turashaka gukomeza”.

Minisitiri w’Intebe Narendra, yanatangaje ko bifuza gushyiraho isomero ryo kuri Internet ry’abana ndetse n’uburyo bwo kwiga Iyakure buzatuma Abanyarwanda baruhuka gukora ingendo bajya kwiga mu Buhinde.

Ku rwego Mpuzamahanga u Rwanda n’u Buhinde bihuriye mu bikorwa byo kugarura amahoro nk’ibihugu bitanga umusanzu munini mu bikorwa bya Loni byo kugarura amahoro.

Minisitiri w’Intebe Narendra yazanye n’itsinda ry’abashoramari n’abikorera, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri bazahura na bagenzi babo bo mu Rwanda bakaganira ku buryo bakorana.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Kabiri Narendra azasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, akajyana na Perezida Kagame mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera gutanga impano y’inka 200 yageneye abaturage ngo ashyigikire gahunda ya Girinka.

2018-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 26, 20187:54 am -

    Ariko ndabaza , igihugu kiguriza ikindi gifite abaturage bakennye bikabije? Kuki iyi mfashanyo batayifashisha abaturage babo baba bakennye? Iyi politiki sindayumva. Iyo ageze ino nabwo leta ihita iyamira abaturage bagakomeza gusama isazi.
    Singaye na Muligande wigeze kuvuga ko aterwa isoni n abiba ib yabanyarwanda aribo bakagombye kubareberera, andi reka abivuge we ntiyigeze yiba aho yanyuze hose. Imana imurinde akaga kose.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.
Amakuru

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya
Amakuru

Muhire Henry wigeze kuba umunyamakuru yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA asimbuye Uwayezu François Regis weguye kuri uwo mwanya

Ubwanditsi 07 Jan 2022
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri ba Essa Nyarugunga ububi n’ingaruka by’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 29 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru