• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Editorial 24 Jul 2018 UBUKUNGU

U Rwanda n’u Buhinde byasinyanye amasezerano umunani arimo ay’inguzanyo ya miliyoni 200 z’amadolari, ni ukuvuga miliyari zirenga 174 z’amafaranga y’u Rwanda, zizakoreshwa mu kubaka ibikorwa remezo mu byanya byahariwe inganda no guteza imbere ubuhinzi binyuze muri gahunda yo kuhira.

Aya masezerano yasinywe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, ubwo Perezida Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’u Rwanda bakiraga Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, n’itsinda ryamuherekeje muri Village Urugwiro.

Narendra watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, ni we Minisitiri w’Intebe wa mbere w’u Buhinde uhagiriye uruzinduko.

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 100 z’amadolari zo kubaka ibikorwa remezo byo mu byanya byagenewe inganda ari byo; Bugesera, Rwamagana ndetse no kwagura igice cyahariwe inganda cya Kigali (Kigali Special Economic Zone). Izindi miliyoni 100 z’amadolari zizifashishwa mu mishinga itatu yo kuhira imyaka.

Ibihugu byombi byasinyanye andi masezerano atandatu arimo ay’ubufatanye mu by’ingabo, ubufatanye mu bucuruzi, guhanahana ubumenyi mu by’ubutoza bw’imikino itandukanye, ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi, ubufatanye mu bushakashatsi mu by’inganda n’ubufatanye mu bushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi.

Nyuma y’uko Abaminisitiri n’abayobozi b’ibigo ku mpande zombi bashyize umukono kuri aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko ibihugu byombi bisangiye intumbero z’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage babyo, ashimira ubufasha bw’u Buhinde mu gushyigikira gahunda z’iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Amasezerano yasinywe uyu munsi, azatuma dukomeza kwibanda ku bufatanye mu bintu by’ingenzi. Duhaye ikaze uhagarariye u Buhinde mushya ari we wa mbere uzaba ufite icyicaro i Kigali, ibi bizateza imbere umubano usanzwe”.

Yakomeje agira ati “Iyo muduhaye miliyoni 100 z’amadolari, ni izo guteza imbere imibereho y’abaturage ntabwo ari izo kugabana ngo buri umwe ashyire mu mufuka we, turabizeza ko azakoreshwa neza ibyateganyijwe kuko niwo muco turimo gushyira imbere kandi na Afurika yose irimo kubyumva gutyo”.

U Rwanda ruherutse kwemeza ko uwitwa Oscar Kerketta ahagararira u Buhinde mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi, afite icyicaro i Kigali. Niwe wa mbere ugize icyicaro i Kigali kuko ubusanzwe Ambasade y’u Buhinde muri Uganda ari yo yakurikiranaga ibikorwa byabwo mu Rwanda n’u Burundi.

Perezida Kagame yahaye ikaze abashoramari bo mu Buhinde cyane cyane mu byerekeye n’inganda zikora imyenda n’imiti, aho iki gihugu gifite byinshi cyagezeho kandi byafasha u Rwanda muri gahunda yarwo yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu ‘Made in Rwanda’.

Minisitiri w’Intebe, Narendra Modi, yashimye intambwe y’iterambere u Rwanda rumaze gutera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko imiyoborere ya Perezida Kagame no kugira intego ari byo byatumye rutera imbere mu bukungu mu buryo bwihuse.

Yavuze ko u Buhinde bufite uruhare mu iterambere ry’u Rwanda kandi buzakomeza gutanga umusanzu wabwo mu rugendo rw’iterambere ry’ahazaza.

Yagize ati “Dufitanye ubufatanye mu mahugurwa mu by’ikoranabuhanga, iterambere ry’ibikorwa remezo, mu by’imari, guteza imbere icyaro ndetse n’ikoranabuhanga, kubaka ubushobozi kandi turashaka gukomeza”.

Minisitiri w’Intebe Narendra, yanatangaje ko bifuza gushyiraho isomero ryo kuri Internet ry’abana ndetse n’uburyo bwo kwiga Iyakure buzatuma Abanyarwanda baruhuka gukora ingendo bajya kwiga mu Buhinde.

Ku rwego Mpuzamahanga u Rwanda n’u Buhinde bihuriye mu bikorwa byo kugarura amahoro nk’ibihugu bitanga umusanzu munini mu bikorwa bya Loni byo kugarura amahoro.

Minisitiri w’Intebe Narendra yazanye n’itsinda ry’abashoramari n’abikorera, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri bazahura na bagenzi babo bo mu Rwanda bakaganira ku buryo bakorana.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Kabiri Narendra azasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, akajyana na Perezida Kagame mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera gutanga impano y’inka 200 yageneye abaturage ngo ashyigikire gahunda ya Girinka.

2018-07-24
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Editorial 02 Aug 2018
Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Editorial 23 Jan 2017
Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Editorial 22 Jan 2020
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Editorial 20 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 26, 20187:54 am -

    Ariko ndabaza , igihugu kiguriza ikindi gifite abaturage bakennye bikabije? Kuki iyi mfashanyo batayifashisha abaturage babo baba bakennye? Iyi politiki sindayumva. Iyo ageze ino nabwo leta ihita iyamira abaturage bagakomeza gusama isazi.
    Singaye na Muligande wigeze kuvuga ko aterwa isoni n abiba ib yabanyarwanda aribo bakagombye kubareberera, andi reka abivuge we ntiyigeze yiba aho yanyuze hose. Imana imurinde akaga kose.

    Subiza

Leave a Reply to Shimon Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire
Amakuru

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Editorial 08 Jul 2025
CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo
IMIKINO

CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo

Editorial 06 Feb 2016
Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO
IMIKINO

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Editorial 24 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru