• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu yabivuze kuri uyu wa Gatanu, ubwo yari muri Stade Amahoro, gutangiza gahunda yo guhuriza hamwe abana bato hagamijwe ubusabane no kwidagadura binyuze mu gukina umupira w’amaguru, izwi nka FIFA Football Clinic/Festival.

Ati “Tekereza, Noheli yagombaga kuba ari kumwe n’umuryango we, kuba bari ahandi hatari hano, ariko bahisemo kuza hano gusangira Noheli namwe, mu mwuka w’umupira w’amaguru. Wakoze Gianni.”

Gahunda ya FIFA Football Clinic/Festival, isanzwe iba hirya no hino ku Isi, mu gukundisha abana bato umupira w’amaguru.

Kuri iyi nshuro, iyi gahunda yahuriranye n’uruzinduko rwa Perezida wa FIFA, Gianni Infantino ari kugirira mu mu Rwanda nyuma yaho mu minsi ishize yari muri Morocco ahari kubera imikino y’igikombe cya Afurika.

Muri iyi gahunda abana bayitabiriye bahawe ibihembo birimo imipira yo gukina mu rwego rwo kubifuriza kugira iminsi mikuru isoza umwaka myiza.

Ishyirahamwe Nyarwanda rya Ruhago, FERWAFA, ritangaza ko binyuze muri iyi gahunda ya FIFA Football Clinic/Festival, hazatangwa imipira yo gukina ku bana bose bo mu Gihugu.

Biteganyijwe ko kuri uyu munsi, hatangwa imipira 250, aho buri mwana wese witabiriye ahabwa uwe ndetse nyuma hazatangwa imipira yo gukina igera kuri 5000.

Muri uyu muhango, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, kuri iyi gahunda ndetse n’izindi zigamije guteza imbere umupira w’amaguru zirimo kubaka ibikorwaremezo mu mashuri no gutoza abakiri bato.

Ati “Umupira w’amaguru ni ho kwigirira icyizere bitangirira, ni ho ubucuti butangirira. Ni yo mpamvu uyu munsi ari ingenzi, mwakoze kubana natwe.”

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi, Gianni Infantino, yijeje abana bafite impano by’umwihariko mu mupira w’amaguru ko FIFA izakomeza gufatanya n’u Rwanda mu kububakira ibikorwaremezo no kubaha ibikoresho bifashisha.

Ati “Turakomeza gusangiza ballon, gutanga ibi bikoresho kugira ngo abana bazavemo abantu beza, ibiremwamuntu byiza kuko iyo ukinnye umupira w’amaguru wiga byinshi, wiga kuba umuntu, ugatangira kwitegura gutsinda. Muri ahazaza h’iki gihugu cyiza cy’u Rwanda kandi turi hano ngo dusangire ibihe byiza.”

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yashimye Perezida Kagame ku bwo kubaka ibikorwaremezo bya siporo birimo Stade Amahoro bifasha abafite impano kuziteza imbere.

Ati “Twizihiza mwe, twizihiza abana b’u Rwanda, abana b’Igihugu cyiza. Uyu munsi turatanga imipira y’amaguru 1000, tuzubaka izindi FIFA Arena mu mashuri tuzakomeza kwagura imishinga ku bana b’u Rwanda, abana b’Igihugu cyanjye.”

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino yabwiye abakiri bato ko umupira bakina [ballon] atari ikintu gisanzwe, ahubwo ari icyizere cy’ahazaza.

Ati “Murabona iyi ballon, ariko iyo utangiye kuyihereza umuntu ahita aseka. Ni igikoresho gihindura buri mwana, umwana wishimye, umuntu wishimye.”

2025-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda hatangijwe shampiyona y’umupira w’amaguru iri guhuza abafana b’amakipe akunzwe, Rayon Sports na APR FC bagiye gucakirana

Mu Rwanda hatangijwe shampiyona y’umupira w’amaguru iri guhuza abafana b’amakipe akunzwe, Rayon Sports na APR FC bagiye gucakirana

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma

Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ubwanditsi 19 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro
Mu Rwanda

Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Ubwanditsi 24 Feb 2018
83 bitandukanyije na FDLR barimo n’umujenerali basubijwe mu buzima busanzwe
Mu Rwanda

83 bitandukanyije na FDLR barimo n’umujenerali basubijwe mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru