• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Ubwanditsi 28 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Muri iki cyumweru dusoza, muri Kivu y’Amajyaruguru habaye icyiswe”imirwano” hagati y’igisirikari cya Kongo, FARDC, n’ umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ariko abasesenguzi bakemeza ko ryari ikinamico ryo kubeshya amahanga, ngo yibwire ko Tshisekedi arimo gushyira mu bikorwa ibyemezo bya Luanda, birimo no gusenya FDLR.

Ryari ikinamico kuko FARDC itakwikora mu nda. Birazwi ko iyo FDLR ari ukuboko kw’iburyo kwa Tshisekedi, kuyifatiye runini mu kurwanya M23.

Icyerekana ko ari ikinamico, ni amakuru avuga ko FARDC yabanje kuburira umukuru wa FDLR, Jenerali Ntawunguka Pacifique”Omega”, maze we n’abarwanyi be bava ahagombaga kuraswa bya nyirarureshwa.

Ni agakino kagaragarira buri wese. N’ikimenyimenyi nta n’umuntu nibura umwe watangajwe ko yaguye muri iyo” mirwano”.

Ryaba ikinamico ryagira ariko, biraca amarenga ko Tshisekedi yatangiye kumva igitutu cy’umuryango mpuzamahanga, kimusaba gusenya, cyangwa se nibura kwitandukanya na FDLR, ifatwa nk’ipfundo ry’umutekano muke muri Kongo no mu karere kose.

Kubera ariko ko Tshisekedi atatinyuka kwivanaho umufatanyabikorwa mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bw’uRwanda, yize amayeri yo kwimurira ibirindiro bya FDLR mu Burundi, cyane ko ari nko kwisanga, kuko FDLR na CNDD-FDD ya Perezida Evariste Ndayishimiye ari impanga.

Abakurikiye ikiganiro( space ku rubuga rwa”X”) cyateguwe na SOS Media Burundi , ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, tariki 28 Nzeri 2024, biyumviye ubuhamya bwemeza ko abarwanyi ba FDLR ubu barimo kwisukiranya mu ishyamba rya Kibira mu majyaruguru y’u Burundi, rifatanye n’irya Gishwati ryo mu Rwanda.

Ibi birashimangira ibyatangajwe n’abandi benshi babyiboneye, bagarutse ku nama zimaze iminsi zihuza igisirikari cy’uBurundi n’imitwe yitwaje intwaro y’Abanyarwanda. Amatariki izo nama zabereyeho, aho zabereye n’abazitabiriye, byashyizwe ahagaragara.

Muri iyo ‘space”, abahanga muri politiki y’aka karere k’Ibiyaga Bigari, barimo n’abanyamakuru bamaze imyaka bakurikiranira hafi imikorere y’imitwe yitwaje intwaro muri aka karere, bagaragaje ko ingoma ya CNDD-FDD nta gihe itakoranye na FDLR, FLN ya Rusesabagina n’ indi igerageza guhungabanya umutekano w’uRwanda, ko ariko yari itaragera aho iha abajenosideri ba FDLR ibirindiro ku butaka bw’u Burundi.

Ni icyemezo izo mpuguke zifata nk’ubugome ariko buvanze n’ubwiyahuzi bwa Perezida Ndayishimiye, kuko zitabona ubuhangange arusha Tshisekedi watangiye kugaragaza ubwoba bwo gucumbikira abajenosideri, isi yose ivumira ku gahera.

Izo mpuguke zibukijwe ko FDLR atari abanzi b’uRwanda gusa, ko ahubwo ibikorwa byayo bya kinyamaswa biyigira umwanzi w’inyokomuntu aho iva ikagera.

Icyo kwibaza rero: Ni gute u Burundi busanganywe isura mbi cyane mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, bwakwirengera igitutu cyo guha rugari FDLR, yamaganwa n’ibihugu ndetse n’imiryango mpuzamahanga ishyira mu gaciro?

Uretse ariko n’icyo gitutu cy’amahanga, u Burundi bwagombye kuba bwarakuye isomo ku baturage ba Kongo, bakoze amahano yo guhisha no guhishira umurozi none akaba abamazeho urubyaro. Umubare w’ abakongomani bishwe na FDLR, imitungo yabo yasahuwe, abagore basambanyijwe ku ngufu, n’ibindi bizazane byakuruwe na FDLR muri Kongo, abagambanyi nka Tshisekedi na Ndayishimiye nibo bonyine babyifuriza Abarundi.

Gucumbikira FDLR mu Burundi bishimangiye ko ubutegetsi bwa CNDD-FDD busangiye na FDLR ingengabitekerezo ya “Hutu-pawa”. Gusigasira FDLR rero, ni ukongera ibinyoro mu bibembe, kuko n’ubu Abarundi byabananiye kwigobotora ingaruka z’ayo macakubiri.

Byanze bikunze ibintu bigiye kujya irudubi mu Burundi, kuko guturana na FDLR ari nko gutwara ifumba y’umuriro mu mpuzu.

Kongo umwuka urayihetanye, kandi yo nibura ni igihugu gifite ubuso bunini aho iyo mitwe irwanira, kikagira umutungo kamere utunga iyo mitwe, ndetse ubwo bukungu bukanayikingira ikibaba, amahanga akirengagiza ko ubutegetsi bukorana n’imitwe y’abagizi ba nabi nka FDLR .

Niba rero iyo Kongo igeze aho inanirwa, nk’uBurundi butagira n’urwara rwo kwishima, bufite ibihe bitugu byo kwakira Kongo uyu mutwaro uyinaniye?

CNDD-FDD yo ishobora kumva nta terambere rinini ifite ryo kurinda, ariko abaturage nibahaguruke, bayibuze gukomeza gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Perezida Ndayishimiye akwiye kumva ko CNDD-FDD itakiri umutwe w’inyeshyamba, ko ubu iramutswa igihugu, ikaba ifite inshingano zo kurengera inyungu z’abenegihugu bose.

2024-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023
Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Barack Obama niwe mugabo wishimirwa n’Abanyamerika

Barack Obama niwe mugabo wishimirwa n’Abanyamerika

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Ubwanditsi 19 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR
ITOHOZA

Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma
Amakuru

Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 07 Jul 2025
Financial Times : Perezida Kagame yagarutse ku buryo yinjiye igisirikare, uko yavuye mu ishuri muri Amerika n’amasomo byasize
Mu Rwanda

Financial Times : Perezida Kagame yagarutse ku buryo yinjiye igisirikare, uko yavuye mu ishuri muri Amerika n’amasomo byasize

Ubwanditsi 04 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru