• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu
Abahagarariye Rujugiro berekana inkunga yabo

Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Ubwanditsi 11 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu gihe Leta ya Uganda yahawe igihe cyo kwitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’amashyaka arwanya u Rwanda, nkuko byasabwe n’abahuza bo muri Kongo Kinshasa na Angola, iki gihugu ntacyo gikora ahubwo kirarushaho gukorera bamwe bo muri iyo mitwe ubuvugizi mu kubakundisha abaturage ba Uganda berekana ko ari abantu beza. Ibi byagaragajwe n’inkunga Tribert Rujugiro yageneye icyo gihugu binyuze mu ruganda rw’itabi ahafite.

Urwo ruganda rutunganya itabi rw’umuterankunga wa RNC, Tribert Rujugiro yahaye inkunga igihugu cya Uganda ingana na miliyoni 250 z’amashilingi ya Uganda yo kurwanya icyorezo cya Corona Virus. Umuryango wa Museveni ukaba ufitemo imigabane muri uru ruganda cyane cyane murumuna we Salim Saleh. Ibi kandi byagaragaje umubano udasanzwe n’ipfundo riri hagati ya Leta ya Uganda na RNC, umutwe w’iterabwoba ukuriwe na Kayumba Nyamwasa.

RNC mu bikorwa byayo bya buri munsi yagiye iterwa inkunga na Rujugiro, ariko byamenyekanye cyane ubwo Robert Higiro na David Himbara bajyaga mu Nteko ishinga Amategeko y’Amerika bikaza kumenyekana ko hari ikigo bita Podesta Group bishyuye amadorali ibihumbi 440 ngo kibafashe kugera muri iyo Nteko, bikaza kugaragara ko ari Tribert Rujugiro wari wayantanze. RNC ikorana ku mugaragaro n’inzego zishinzwe umutekano muri Uganda; abaterankunga ni bamwe nkuko bigaragazwa niyi nkunga Rujugiro yateye Uganda.

Ikindi ni ukugirango ashinge imizi muri Uganda akundwe n’abaturage kuko ahari kubera ikimenyane ndetse na ruswa iranga ubucuruzi bwo mu muryango wa Perezida Museveni. Mu rwego rwo kwikundisha kubanya Uganda icyabanje gukorwa ni ugusura uru ruganda ndetse no guha ijambo abo muri RNC mu binyamakuru bya Uganda.

Umwaka wa 2019, watangiranye ingufu nyinshi mu itangazamakuru rya Uganda, rishyira imbaraga mu gusigiriza imigambi mibi yose icurwa igamije kugirira nabi u Rwanda, ndetse ibikorwa by’abayiri inyuma bigahabwa isura yo kujijisha abaturage. Mu mezi atatu ya mbere, nta munsi w’ubusa hatandikwaga cyangwa ngo hatangazwe inkuru ivuga ku byiza n’ibigwi bya Kayumba Nyamwasa na Rujugiro Tribert, maze Himbara David ahindurwa umusesenguzi ku bukungu bw’u Rwanda.

Ibi byose byagirwagamo uruhare na CMI, yasabye ibinyamakuru bikomeye birimo New Vision, NTV na The East African gutangaza inkuru zigaragaza neza Rujugiro n’Umutwe wa RNC. Ku wa 26 Werurwe 2019, itsinda ry’abanyamakuru ba New Vision, The East African na NTV ryagiye mu gace ka Arua gutara inkuru zivuga ku ruganda rw’itabi rwa Rujugiro ruri muri ako gace. Uru rugendo rwo muri Arua rwari rugamije kugaragaza isura nziza ya Rujugiro nk’umugabo utikubira, ufite uruganda rw’itabi rwitwa Meridien Tobacco Company rwahinduye ubuzima bw’abaturage bo muri ako gace by’umwihariko abahinzi b’itabi.

Umuvandimwe wa Perezida Museveni, Salim Saleh, ni umwe mu bafitemo imigabane muri urwo ruganda. Usibye Rujugiro, New Vision yanditse inkuru ndende zivuga kuri Kayumba Nyamwasa, ibigwi bye mu gisirikare, ndetse imuha n’umwanya munini mu kuvuga nabi abayobozi bakuru b’u Rwanda.

David Himbara wavuye mu Rwanda atorotse nyuma y’amakosa uruhuri nawe yahawe ikiganiro n’ibinyamakuru birimo New vision mu gihe asanzwe mu bahuza CMI, n’ibikorwa bya RNC na Rujugiro muri Uganda. Mu kiganiro n’Umunyamakuru wa New Vision, Charles Etukuri, Himbara yamusabye umwanya uhagije wo kwandika inkuru zivuga ku Rwanda n’ubukungu bwarwo. Himbara muri izo nkuru zose ntiyihanganiye kunenga u Rwanda kugeza ubwo yakoze igereranya maze akavuga ko “U Rwanda ari nk’umubu, imbere ya Uganda imeze nk’inzovu.’’ Nyuma y’amasezerano ya Luanda ndetse n’inama zitandukanye zagiye ziyakurikira, zisaba Leta ya Uganda kwitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda, biragaraga ko ntacyo bibwiye Uganda, ahubwo ikomeje kubakorera ubuvugizi.

2020-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Ubwanditsi 14 Dec 2019
Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe  Intwaro  ku bwa Col Bagosora

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Burundi: Loni ibabajwe n’ubwicanyi bwahitanye abantu 26 mu Ntara ya Cibitoke

Burundi: Loni ibabajwe n’ubwicanyi bwahitanye abantu 26 mu Ntara ya Cibitoke

Ubwanditsi 15 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC Ishaje m’uBwongereza  komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe
ITOHOZA

RNC Ishaje m’uBwongereza komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase
Amakuru

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose
Amakuru

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru