• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu
Abahagarariye Rujugiro berekana inkunga yabo

Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Ubwanditsi 11 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu gihe Leta ya Uganda yahawe igihe cyo kwitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro ndetse n’amashyaka arwanya u Rwanda, nkuko byasabwe n’abahuza bo muri Kongo Kinshasa na Angola, iki gihugu ntacyo gikora ahubwo kirarushaho gukorera bamwe bo muri iyo mitwe ubuvugizi mu kubakundisha abaturage ba Uganda berekana ko ari abantu beza. Ibi byagaragajwe n’inkunga Tribert Rujugiro yageneye icyo gihugu binyuze mu ruganda rw’itabi ahafite.

Urwo ruganda rutunganya itabi rw’umuterankunga wa RNC, Tribert Rujugiro yahaye inkunga igihugu cya Uganda ingana na miliyoni 250 z’amashilingi ya Uganda yo kurwanya icyorezo cya Corona Virus. Umuryango wa Museveni ukaba ufitemo imigabane muri uru ruganda cyane cyane murumuna we Salim Saleh. Ibi kandi byagaragaje umubano udasanzwe n’ipfundo riri hagati ya Leta ya Uganda na RNC, umutwe w’iterabwoba ukuriwe na Kayumba Nyamwasa.

RNC mu bikorwa byayo bya buri munsi yagiye iterwa inkunga na Rujugiro, ariko byamenyekanye cyane ubwo Robert Higiro na David Himbara bajyaga mu Nteko ishinga Amategeko y’Amerika bikaza kumenyekana ko hari ikigo bita Podesta Group bishyuye amadorali ibihumbi 440 ngo kibafashe kugera muri iyo Nteko, bikaza kugaragara ko ari Tribert Rujugiro wari wayantanze. RNC ikorana ku mugaragaro n’inzego zishinzwe umutekano muri Uganda; abaterankunga ni bamwe nkuko bigaragazwa niyi nkunga Rujugiro yateye Uganda.

Ikindi ni ukugirango ashinge imizi muri Uganda akundwe n’abaturage kuko ahari kubera ikimenyane ndetse na ruswa iranga ubucuruzi bwo mu muryango wa Perezida Museveni. Mu rwego rwo kwikundisha kubanya Uganda icyabanje gukorwa ni ugusura uru ruganda ndetse no guha ijambo abo muri RNC mu binyamakuru bya Uganda.

Umwaka wa 2019, watangiranye ingufu nyinshi mu itangazamakuru rya Uganda, rishyira imbaraga mu gusigiriza imigambi mibi yose icurwa igamije kugirira nabi u Rwanda, ndetse ibikorwa by’abayiri inyuma bigahabwa isura yo kujijisha abaturage. Mu mezi atatu ya mbere, nta munsi w’ubusa hatandikwaga cyangwa ngo hatangazwe inkuru ivuga ku byiza n’ibigwi bya Kayumba Nyamwasa na Rujugiro Tribert, maze Himbara David ahindurwa umusesenguzi ku bukungu bw’u Rwanda.

Ibi byose byagirwagamo uruhare na CMI, yasabye ibinyamakuru bikomeye birimo New Vision, NTV na The East African gutangaza inkuru zigaragaza neza Rujugiro n’Umutwe wa RNC. Ku wa 26 Werurwe 2019, itsinda ry’abanyamakuru ba New Vision, The East African na NTV ryagiye mu gace ka Arua gutara inkuru zivuga ku ruganda rw’itabi rwa Rujugiro ruri muri ako gace. Uru rugendo rwo muri Arua rwari rugamije kugaragaza isura nziza ya Rujugiro nk’umugabo utikubira, ufite uruganda rw’itabi rwitwa Meridien Tobacco Company rwahinduye ubuzima bw’abaturage bo muri ako gace by’umwihariko abahinzi b’itabi.

Umuvandimwe wa Perezida Museveni, Salim Saleh, ni umwe mu bafitemo imigabane muri urwo ruganda. Usibye Rujugiro, New Vision yanditse inkuru ndende zivuga kuri Kayumba Nyamwasa, ibigwi bye mu gisirikare, ndetse imuha n’umwanya munini mu kuvuga nabi abayobozi bakuru b’u Rwanda.

David Himbara wavuye mu Rwanda atorotse nyuma y’amakosa uruhuri nawe yahawe ikiganiro n’ibinyamakuru birimo New vision mu gihe asanzwe mu bahuza CMI, n’ibikorwa bya RNC na Rujugiro muri Uganda. Mu kiganiro n’Umunyamakuru wa New Vision, Charles Etukuri, Himbara yamusabye umwanya uhagije wo kwandika inkuru zivuga ku Rwanda n’ubukungu bwarwo. Himbara muri izo nkuru zose ntiyihanganiye kunenga u Rwanda kugeza ubwo yakoze igereranya maze akavuga ko “U Rwanda ari nk’umubu, imbere ya Uganda imeze nk’inzovu.’’ Nyuma y’amasezerano ya Luanda ndetse n’inama zitandukanye zagiye ziyakurikira, zisaba Leta ya Uganda kwitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda, biragaraga ko ntacyo bibwiye Uganda, ahubwo ikomeje kubakorera ubuvugizi.

2020-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Ubwanditsi 03 Jul 2025
Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Ubwanditsi 22 Apr 2019
Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ubwanditsi 18 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21
ITOHOZA

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Ubwanditsi 06 Jul 2016
Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC
Mu Mahanga

Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC

Ubwanditsi 04 Dec 2018
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court
ITOHOZA

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Ubwanditsi 17 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru