• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Abasesenguzi bakomeje kugaruka ku ntambara ya Minembwe ahari amakuru y’uko abari abayobozi b’ingabo bakuru muri RNC biciwe mu bitero bya FARDC, abandi bafatwa mpiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

RNC yashenguwe n’urupfu rw’urubyiruko rw’abasore n’inkumi bashoye ubuzima bwabo mu kaga, bakaba bamaze gushirira muri Congo mu rugamba Kayumba Nyamwasa na muramu we Frank Ntwali bayoboreraga kuri telephone bibereye muri Afurika y’Epfo, baryoherwa na Champagne, Sosiso n’ibindi nkuko abasesenguzi bakomeje kubigarukaho mu gihe amaraso y’inzirakarengane z’abana b’Abanyarwanda arimo kumeneka ku bw’amabwiriza yabo.

Bijya gutangira inyeshyamba za Kayumba zari zikambitse muri Bijabo Komini Minembwe  zacitsemo ibice bibiri nyuma yo kurasana hagati yabo, igice kimwe gihungana n’ uwitwa Major (rtd) Habib Madhatiru yungirijwe na Capt Sibo Charle [ wishwe]  ikindi kijyana na Col. Kanyemera wahoze mungabo z’u Rwanda aza guhunga igihugu akurikira Kayumba Nyamwasa.

Nyirabayazana ni amakuru yari yaragizwe ibanga na  Col. Kanyemera akaba yari afite umuvandimwe we wishwe na Gen. Kayumba ubwo bari muntambara yo kubohora igihugu 1991-2 . Aya makuru rero Kayumba yaje kuyatahura mu gihe  uyu Col. Kanyemera yari kumwe na Major (rtd) Habib Madhatiru muri Kivu y’amajyepfo I Minembwe, Kayumba yaje kumenya ko uyu Col. Kanyemera ava indimwe n’umusilikare Kayumba yiciye kurugamba, aza gutegeka Major (rtd) Habib Mudhatiru kwica Col. Kanyemera, ariko igihe yari yafashwe ari ku ngoyi  ngo yicwe aza kurokorwa n’Abanyamulenge bo mu mutwe wa Gumino nkuko byemezwa n’abatangabuhamya. Nguko uko Col. Kanyemera na Kabandana bitandukanije na Kayumba Nyamwasa bajyana na Gumino y’Abanyamulenge naho Major (rtd) Habib Madhatiru yungirijwe na Capt. Charles Sibo agumana ikindi gice kiganjemo abarundi n’abandi bahoze muri FDLR barimo Capt.Rachid, Ntare n’abandi..

Mu minsi ishize Major (rtd) Habib Madhatiru yahawe amabwiriza na Kayumba Nyamwasa abinyujije kuri muramu we Frank Ntwali yo  gukura ingabo muri Kivu y’amajyepfo zikajya muri Kivu y’amajyarugu aho zagombaga kwuhuza n’inyeshyamba za RUD zikambitse muri Rutshuru muri Nord Kivu zikisuganya zigatera u Rwanda, aribwo baje kugwa mugitero cya FARDC, cyarasiwemo Major (rtd) Habib Madhatiru cyaguyemo na Captain (rtd) “Sibo” wiciwe mu Burasirazuba bwa RDC, abandi bafatwa mpiri hafashwe n’itwaro zitandukanye mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro harimo na RNC iri ku butaka bw’iki gihugu, aho yica, igatoteza, ikiba ndetse igafata ku ngufu abaturage ba RDC.

Kuva mu 2017, uko ibikorwa bya RNC muri Uganda byafataga intera, amazina atanu akomeye n’amapeti yabo yakunze kugarukwaho, abo ni Captain (rtd) Sibomana “Sibo” Charles, Major (rtd) Habib Madhatiru, Kayumba Rugema, Sande Charles na Felix Mwizerwa.

Ibi bikorwa byo kubahashya bije nyuma y’imiburo myinshi yahawe iyi mitwe yo kuva ku butaka bwa RDC cyangwa ikahavanwa ku ngufu.

Uretse  Captain (rtd) Sibomana “Sibo” Charles, hari abandi amagana bo muri RNC bishwe n’ababarirwa muri mirongo bafatiwe muri ibyo bikorwa nka Major Habib wafashwe ari muzima afite ibikomere by’amasasu.

Ariko muri batanu bakomeye mu bikorwa bya RNC, abasigaye kugerwaho n’ibi bihano harimo Rugema Kayumba, Sande Charles na Mwizerwa Félix ni bo basigaye bataragwirwaho n’ibi byago. Abasesenguzi bahamya ko  nabo ari ikibazo cy’igihe gusa, uyu Kayumba Rugema ni mubyara wa Kayumba Nyamwasa naho Mwizerwa ni umuhungu wa Pasiteri Deo Nyirigira, umukangurambaga ukomeye wa RNC i Mbarara, ufite itorero rya AGAPE Church, rikoreshwa nk’ihuriro ry’ibikorwa by’iterabwoba bya RNC.

Amakuru avuga ko ubwo ibintu byari bitangiye gukomera, Pasiteri Nyirigira yahamagaye umuhungu we amukura mu mashyamba ya Congo amujyana mu Mujyi wa Mbarara, akomeza kohereza abandi aho yahungishije umuhungu we kubera ubuzima bwe.

Naho Nyamwasa yohereza mubyara we kure y’ayo mashyamba. Rugema Kayumba yavuye i Kampala, ubu akomereje ibikorwa by’uwo mutwe kuri Facebook yibereye mu mudendezo muri Norvège, aho ahagarariye RNC mu bihugu bya Scandinavia.

2019-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Ubwanditsi 22 Jul 2020
Ange Kagame yasabwe

Ange Kagame yasabwe

Ubwanditsi 29 Dec 2018
Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI,  ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Ubwanditsi 04 Sep 2023

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Nsengiyumva
    June 30, 20195:40 am -

    Nibatahe kuneza.nubundi ntacyo barwanira.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE
Mu Rwanda

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Cibitoke: Imirambo ya Bane muri 14 biciwe mu Kibira yabonetse
ITOHOZA

Cibitoke: Imirambo ya Bane muri 14 biciwe mu Kibira yabonetse

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo
Mu Rwanda

Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Ubwanditsi 17 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru