• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017 UBUKUNGU

Perezida wa Banki y’Isi, yageze mu Rwanda, mu ruzinduko rwe Dr Jim Yong Kim yasuye umushinga wo gukwirakwiza amaraso uri gukorwa n’ikigo cy’abanyamerika, Zipline, avuga ko ari urugero rwiza rw’uko ikoranabuhanga rishobora kubyazwa umusaruro.

Nyuma yo kwerekwa uko drones ikora ijyanye amaraso, Dr Kim yavuze ko ari igikorwa kidasanzwe cyashobotse mu Rwanda. Ati “Ubu ni ubwa mbere mu mateka y’Isi dukoresheje utu tudege mu bintu nk’ibi, mu gukwirakwiza ibikoresho by’ubuvuzi.”

Yavuze ko kubona amaraso ku bayakeneye bikunze kuba ikibazo ku bihugu bitandukanye, ukaba wazaba ari umushinga ukomeye kuba ibitaro bitandukanye byazajya bigezwaho ibikoresho bikenewe nko mu minota 17 cyangwa munsi yayo.

Yavuze ko ari igikorwa cyiza ibihugu nk’u Rwanda bikwiye gukoresha mu gukemura ibibazo, kuko nibura drones zishobora kwihuta inshuro icumi ugereranyije n’uburyo busanzwe.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yavuze ko hari abantu baba bakeneye amaraso mu buryo bwihutirwa, ku buryo gukoresha drones byagabanyije ibyago bishingiye ku kuba yatinda kuboneka.

Yagize ati “u Rwanda rumaze igihe ruzi neza ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu guhindura ubuzima bw’abaturage. Drones mu rwego rw’ubuzima ni kimwe mu bikorwa guverinoma y’u Rwanda yashyizeho kugira ngo serivisi z’ubuvuzi zitangwe vuba kandi neza.”

Dr Gashumba yavuze ko drones zatangiye gukoreshwa mu buvuzi mu gutwara amaraso n’ibindi biyakomokaho. Hatangiriwe ku bitaro bya Kabgayi na Muhororo.

Yagize ati “Guterwa amaraso ni ikintu gikomeye kandi nko kuva cyane ni ikintu kiza ku isonga mu guhitana abagore benshi muri Afurika no mu Rwanda. Hari n’izindi ndwara zituma umuntu atakaza amaraso zihitana abantu cyane. Inyungu ya mbere ni uburyo twagabanyije igihe gutwara amaraso byafataga, icyo nababwira ni uko mbere ya drones, gutwara amaraso byafataga hagati y’amasaha abiri n’ane. Ariko uyu munsi dukoresheje drones igihe cyaragabanutse kigera ku minota 50 cyangwa 40.”

Minisitiri Gashumba yavuze ko hari kuganirwa hagati ya guverinoma y’u Rwanda na Zipline ngo iki igikorwa cyagurwe.

Ati “Turashaka kwagurira uyu mushinga no mu tundi duce, kuko uyu munsi bari gutanga amaraso kuri site ebyiri gusa. Turashaka ko bigera kuri site 21. Turino kureba n’ibindi bintu byajya bitwarwa na drones.”

Yatanze ingero ku nkingo, imiti igenewe abarumwe n’inzoka n’ibindi. Ikindi ngo ni uko bifuza gukorana ubushakashatsi, buzagira ibipimo bifatika bigaragaza uko gukoresha drones byoroheje ibikorwa byo kunganira ubuzima bw’indembe.

-6149.jpg

Uru ni uruzinduko rwa Dr Kim mu Rwanda, mu gihe banki y’Isi ikorana n’u Rwanda guhera mu 1963.

Ubufatanye buriho muri uyu mwaka bwemejwe n’inama y’ubutegetsi ya Banki y’Isi mu 2014, bukaba bugenewe umwaka w’ingengo y’imari 2014/2018.

Bunyuzwa mu imishinga icumi ifite agaciro ka miliyoni $802.40, harimo ubuhinzi (35%), Ingufu (30%), Imiyoborere (13%), Iterambere ry’imijyi (12%) n’ubwikorezi (6%.)

U Rwanda kandi ruri mu yindi mishinga itandatu y’akarere iterwa inkunga na Banki y’Isi, aho rwungukira agera kuri miliyoni $204.

2017-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Afurika ntabwo ari aho umwe yunguka undi agacyura ubusa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Sep 2018
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Ubwanditsi 16 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tom Ndahiro asanga Ingabire aberewe no kuba muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Tom Ndahiro asanga Ingabire aberewe no kuba muri gereza

Ubwanditsi 15 May 2019
Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe
Mu Mahanga

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0
Amakuru

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye bakurikiye umukino Arsenal yatsinzemo Manchester United 2-0

Ubwanditsi 05 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru