• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Ubwanditsi 16 Aug 2019 UBUKUNGU

U Buyapani bubicishije mu Kigo cy’Ubutwererane Mpuzamamahanga (JICA), cyahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyari 10 z’Amayeni y’u Buyapani, ni ukuvuga miliyoni 90 z’amadorali ya Amerika azakoreshwa mu kuvugurura ubuhinzi hagabanywa ikibazo cy’igwingira ry’abana.

Aya masezerano yabereye ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ashyirwaho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita n’Umuyobozi wa JICA mu Rwanda, Shin Maruo.

Dr Ndagijimana yavuze ko iyi inguzanyo iciriritse cyane kuko inyungu yayo ari 0.01% kandi ikaba izishyurwa mu gihe kirekire kingana n’imyaka 40, imyaka 10 ibanza u Rwanda rukaba ruyisonewe.

Ati “Iyi ni gahunda igamije kuzamura ubuhinzi ariko no gukemura ikibazo cy’imirire, izashyirwa mu bikorwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ifatanyije na RAB, gahunda y’igihugu ijyanye n’ubuzima bw’umwana ukiri muto ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC.”

Yavuze ko kuba u Buyapani buzatanga aya mafaranga biciye mu ngengo y’imari y’u Rwanda, bigaragaza uburyo iki guhugu gikomeje kwishimira imiyoborere myiza iri mu gihugu n’uburyo umutungo w’igihugu ukoreshwa.

Ati “Ubundi Abayapani badufasha mu mishinga ijyanye n’amashanyarazi, ubuhinzi n’imihanda ariko aya mafaranga yo agenewe uyu munsinga gusa, iyi kandi ni inshuro ya mbere iki gihugu gitanze amafaranga anyujijwe mu ngengo y’imari, biha ubwigenge leta mu bijyanye n’imikoreshereze yayo, leta nayo ikaba isabwa kugaragaza icyo igomba kugeraho, ibipimo bagomba kugenderaho no kureba ko ya nkunga koko yageze ku ntego.”

Yavuze ko “Ibi bigaragaza icyizere u Buyapani bufite mu micungire no mu miyoborere y’igihugu cyacu, kuko bo ntabwo binjira mu byo dukora ahubwo baza kureba ibyo twagezeho.”

Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita, na we yavuze ko uretse kuba batanze iyi nguzanyo, iki gihugu gisanzwe gifasha u Rwanda mu kubaka imihanda.

Ku bijyanye no gucisha aya mafaranga mu ngengo y’imari, Miyashita yagize ati “Impamvu leta y’u Buyapani yahisemo ko aya mafaranga acishwa mu ngengo y’imari ni uko yizera uko ishyira mu bikorwa ibyo iba yariyemeje ndetse n’imicungire y’ayo mu gukora ibyo yateganyirijwe.”

Yavuze ko aya mafaranga azakoreshwa mu gukemura ikibazo cy’imirire mibi, ashima uburyo leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu guhindira ubukungu bw’abaturage n’igihugu muri rusange.

Ati “Buri mwaka ubukungu bw’u Rwanda buzamuka ku gipimo kiri hejuru ya 7%, ibi bituma iki kiba igihugu kidasanzwe kandi bigatuma abashoramari benshi b’Abayapani baza mu Rwanda kuhashora imari.”

Aya mafaranga azatangwa mu byiciro bitatu, kimwe muri uyu mwaka, ikindi mu 2020 naho icya gatatu mu 2021.

Kuva mu 2012 igwingira ry’abana bari hagati y’amezi atandatu kugeza ku myaka itanu ryagiye rigabanuka. Ryavuye kuri 42% rigera kuri 35% mu 2018.

Ibi bisobanuye ko igabanuka ryabaye ku kigero cya 7% gusa bikaba bigaragaza ko bigenda gake kuko leta ifite intego ko mu 2023/2024 abana bagwingiye bagomba kuba bari munsi ya 19%.

Src : IGIHE

2019-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti,  U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti, U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Hatangajwe imiterere y’ingengo y’imari y’u Rwanda ya 2019/2020

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi
Amakuru

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Ubwanditsi 14 Oct 2021
Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye
INKURU NYAMUKURU

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye
Mu Rwanda

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Ubwanditsi 14 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru