• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 30 Apr 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yasabye ko hanozwa uburyo butuma abakoresha nabi ikoranabuhanga bakurikiranwa, kuko uyu munsi umuntu ashobora kuryifashisha mu guteza ibibazo kandi akiyoberanya.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yayoboraga inama ya Komisiyo y’umurongo mugari w’Itumanaho (Broadband Commission), yabereye ku biro bikuru bya Facebook mu mujyi wa San Francisco, muri Leta ya California.

Iyi nama yitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’itumanaho, ITU, Houlin Zhao na Visi Perezida muri Facebook, Kevin Martin.

Kagame yavuze ko inama y’uyu munsi ari ingirakamaro ku nshingano z’iyi komisiyo, agaruka ku bitangazwa hifashishijwe ikoranabuhanga bishobora no guteza izindi ngaruka. Yavuze ko iyo nama iza kugezwaho raporo y’akanama ku mutekano w’abana kuri internet, bakanaganira ku ishyirwaho ry’akanama kayobowe na UNESCO, kita cyane ku magambo y’urwango n’amakuru ashobora kuyobya abantu.

Ati “Ubugizi bwa nabi bwibasira imbaga bubanzirizwa n’ibikorwa byo kwambura abandi ubumuntu binyuze mu gukwirakwiza ibitekerezo bishakira impamvu ubwo bwicanyi. Ni yo mpamvu ibintu nk’ibi bivugwa kugira ngo turebe uko twabikumira.”

“Twagize ibihe nk’ibyo mu gihugu cyanjye mu myaka 25 ishize. Ni yo mpamvu duharanira ko ingengabitekerezo y’urwango n’amacakubiri bitagira umwanya mu baturage bacu.”

Perezida Kagame yavuze ko mu Rwanda nta internet yari ihari mu 1994, ariko amacakubiri yigishishijwe, ku buryo gukwirakwiza urwango bitafatwa nk’ibintu bya vuba bishozwa n’imbuga nkoranyambaga.

Gusa ikoranabuhanga ry’uyu munsi ryahinduye byinshi mu buryo bubiri, ubwa mbere ni uko ryihutisha ibintu bikagera ku bantu benshi mu gihe gito, icya kabiri ni uko usanga ibintu hari ubwo biba, ubikoze ntahite agaragara.

Perezida Kagame ati “Abantu bateza ibibazo bashobora kubikora ntibagaragare, bikaba byafatwa nk’ibyaha bisanzwe by’ikoranabuhanga. Ntabwo dukeneye amategeko n’amabwiriza bidasanzwe kuri iki kibazo cyangwa ngo habe impamvu yo kubangamira ubwisanzure bw’ibanze cyangwa uburyo bwo kugera ku murongo mugari, ibyo byadindiza iterambere kandi bikarushaho kwimakaza ubusumbane.”

“Icyo dukeneye ni uburyo bwo gushyira mu bikorwa amategeko yacu, ndetse abantu bakabazwa ibyo bakorera ku ikoranabuhanga nk’uko bigenda igihe bataririho.”

Perezida Kagame kandi yasobanuye ko uburyo abantu bagera ku murongo mugari bigomba kugendana n’ibikorwa remezo, avuga ko hari byinshi birimo gukorwa mu kugira ngo Isi yose izabe ihuriye ku murongo mugari w’itumanaho mu 2030.

Muri Amerika kandi Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Sheryl Sandberg, Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Facebook.

Iyi nama ngarukamwaka yabaye ku nsanganyamatsiko yo guhindura ahazaza h’umurongo mugari w’itumanaho hagamijwe iterambere rirambye.

Komisiyo y’Umurongo mugari w’Itumanaho yashinzwe mu 2010 igamije kuzamura uruhare rw’ikoranabuhanga mu igenamigambi mpuzamahanga no guteza imbere ikoreshwa ryaryo muri buri gihugu.

Mu 2015 nibwo iyi komisiyo yongeye gutangazwa nka Komisiyo y’umurongo mugari igamije iterambere rirambye nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye wari umaze kwemeza Intego zigamije Iterambere rirambye.

Inama iheruka ya Komisiyo y’Umurongo Mugari w’Itumanaho yabaye muri Nzeri 2018 i New York.

 

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere yayoboye inama ya Komisiyo y’umurongo mugari w’Itumanaho

 

 

Iyi nama yitabiriwe n’abagize Komisiyo y’umurongo mugari w’itumanaho batandukanye

 

 

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, na we yitabiriye iyi nama

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Perezida Paul Kagame yanagiranye ibiganiro na Sheryl Sandberg, Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Facebook

 

Inkuru ya IGIHE

 

2019-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Ubwanditsi 20 Jul 2018
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018
2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu
Amakuru

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko
Mu Mahanga

Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida
IKORANABUHANGA

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Ubwanditsi 07 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru