• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 30 Apr 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yasabye ko hanozwa uburyo butuma abakoresha nabi ikoranabuhanga bakurikiranwa, kuko uyu munsi umuntu ashobora kuryifashisha mu guteza ibibazo kandi akiyoberanya.

Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yayoboraga inama ya Komisiyo y’umurongo mugari w’Itumanaho (Broadband Commission), yabereye ku biro bikuru bya Facebook mu mujyi wa San Francisco, muri Leta ya California.

Iyi nama yitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’itumanaho, ITU, Houlin Zhao na Visi Perezida muri Facebook, Kevin Martin.

Kagame yavuze ko inama y’uyu munsi ari ingirakamaro ku nshingano z’iyi komisiyo, agaruka ku bitangazwa hifashishijwe ikoranabuhanga bishobora no guteza izindi ngaruka. Yavuze ko iyo nama iza kugezwaho raporo y’akanama ku mutekano w’abana kuri internet, bakanaganira ku ishyirwaho ry’akanama kayobowe na UNESCO, kita cyane ku magambo y’urwango n’amakuru ashobora kuyobya abantu.

Ati “Ubugizi bwa nabi bwibasira imbaga bubanzirizwa n’ibikorwa byo kwambura abandi ubumuntu binyuze mu gukwirakwiza ibitekerezo bishakira impamvu ubwo bwicanyi. Ni yo mpamvu ibintu nk’ibi bivugwa kugira ngo turebe uko twabikumira.”

“Twagize ibihe nk’ibyo mu gihugu cyanjye mu myaka 25 ishize. Ni yo mpamvu duharanira ko ingengabitekerezo y’urwango n’amacakubiri bitagira umwanya mu baturage bacu.”

Perezida Kagame yavuze ko mu Rwanda nta internet yari ihari mu 1994, ariko amacakubiri yigishishijwe, ku buryo gukwirakwiza urwango bitafatwa nk’ibintu bya vuba bishozwa n’imbuga nkoranyambaga.

Gusa ikoranabuhanga ry’uyu munsi ryahinduye byinshi mu buryo bubiri, ubwa mbere ni uko ryihutisha ibintu bikagera ku bantu benshi mu gihe gito, icya kabiri ni uko usanga ibintu hari ubwo biba, ubikoze ntahite agaragara.

Perezida Kagame ati “Abantu bateza ibibazo bashobora kubikora ntibagaragare, bikaba byafatwa nk’ibyaha bisanzwe by’ikoranabuhanga. Ntabwo dukeneye amategeko n’amabwiriza bidasanzwe kuri iki kibazo cyangwa ngo habe impamvu yo kubangamira ubwisanzure bw’ibanze cyangwa uburyo bwo kugera ku murongo mugari, ibyo byadindiza iterambere kandi bikarushaho kwimakaza ubusumbane.”

“Icyo dukeneye ni uburyo bwo gushyira mu bikorwa amategeko yacu, ndetse abantu bakabazwa ibyo bakorera ku ikoranabuhanga nk’uko bigenda igihe bataririho.”

Perezida Kagame kandi yasobanuye ko uburyo abantu bagera ku murongo mugari bigomba kugendana n’ibikorwa remezo, avuga ko hari byinshi birimo gukorwa mu kugira ngo Isi yose izabe ihuriye ku murongo mugari w’itumanaho mu 2030.

Muri Amerika kandi Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Sheryl Sandberg, Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Facebook.

Iyi nama ngarukamwaka yabaye ku nsanganyamatsiko yo guhindura ahazaza h’umurongo mugari w’itumanaho hagamijwe iterambere rirambye.

Komisiyo y’Umurongo mugari w’Itumanaho yashinzwe mu 2010 igamije kuzamura uruhare rw’ikoranabuhanga mu igenamigambi mpuzamahanga no guteza imbere ikoreshwa ryaryo muri buri gihugu.

Mu 2015 nibwo iyi komisiyo yongeye gutangazwa nka Komisiyo y’umurongo mugari igamije iterambere rirambye nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye wari umaze kwemeza Intego zigamije Iterambere rirambye.

Inama iheruka ya Komisiyo y’Umurongo Mugari w’Itumanaho yabaye muri Nzeri 2018 i New York.

 

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere yayoboye inama ya Komisiyo y’umurongo mugari w’Itumanaho

 

 

Iyi nama yitabiriwe n’abagize Komisiyo y’umurongo mugari w’itumanaho batandukanye

 

 

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, na we yitabiriye iyi nama

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Perezida Paul Kagame yanagiranye ibiganiro na Sheryl Sandberg, Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa muri Facebook

 

Inkuru ya IGIHE

 

2019-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Ubwanditsi 13 Dec 2018
U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Ubwanditsi 29 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu
ITOHOZA

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Ubwanditsi 22 Nov 2016
U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate
POLITIKI

Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Ubwanditsi 27 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru