• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

U Rwanda rwagaragaje icyizere ku mpinduka mu mubano warwo na Uganda

Ubwanditsi 27 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Nduhungirehe Olivier, yavuze ko nubwo umubano w’u Rwanda na Uganda umaze iminsi urimo igitotsi hari icyizere ko ibiganiro biba hagati y’impande zombi bizageza ku muti w’ikibazo.

Hashize iminsi havugwa ihohoterwa ry’Abanyarwanda bakorera cyangwa bajya muri Uganda, bagatabwa muri yombi bagakorerwa iyicarubozo, ku buryo Abanyarwanda bakorera ingendo muri icyo gihugu bahoranaga ubwoba.

Ibyo byaje kwiyongeraho ibimenyetso bihamya ko Uganda hahaye icyuho abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari kuhacurira imigambi yo kuruhungabanyiriza umutekano, binjiza impunzi mu mutwe w’abarwanya ubutegetsi bwarwo wa RNC.

Mu kiganiro Infocus cyatambutse kuri Televiziyo y’u Rwanda ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2018, Minisitiri Nduhungirehe yahamije ko hari icyizere mu mubano w’ibihugu byombi. Ni ikiganiro yatanzemo umusanzu ari i Gabiro mu karere ka Gatsibo ahateraniye umwiherero wa 15 w’abayobozi.

Muri uwo mwiherero binitezwe ko hagomba gutangirwa ikiganiro kireba u Rwanda muri Afurika no mu ruhando mpuzamahanga.

Yagize ati “Mu minsi ishize habayeho umubano utari mwiza, wavuze [umunyamakuru] ku Banyarwanda bagiye bafungirwa muri Uganda, tumaze igihe dukorana na guverinoma ya Uganda mu kugerageza gukemura ibyo bibazo kandi abakuru b’ibihugu byombi bahuye kabiri i Addis Ababa ubwo bari bitabiriye inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe kandi turizera ko ibintu bizagenda neza.”

Umubano w’ibihugu byombi uvugwa harebwe ku mishinga y’ibikorwaremezo yagombaga guhuza u Rwanda na Uganda binyuze mu Muhora wa Ruguru irimo iy’amashanyarazi n’umuhanda wa gari ya moshi ariko Uganda yahisemo gushyira ingufu ku gice kiyihuza na Sudani y’Epfo kurusha n’u Rwanda.

Amb Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda na Uganda ari abaturanyi kandi bahurira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kandi imishinga izatuma akarere kihuza irimo iy’ibikorwaremezo nk’ umuhanda wa gari ya moshi uzahuza Mombasa na Kigali uciye Nairobi na Kampala.

Yakomeje agira ati “Dufite imwe muri iyo mishinga yagiye ihura n’ibibazo ariko turakomeza binyuze muri EAC no hagati y’ibihugu byacu, kugerageza gukemura ibyo bibazo kuko ni ngombwa ko niba duhuriye mu muryango nka EAC, duteza imbere iyo mishinga. Ntabwo twakwihuza nk’ibihugu tudafite iyo mishinga y’ibikorwaremezo.”

Yanavuze ko mu minsi ishize habaye inama ya EAC i Kampala yagendanye umwiherero w’abakuru b’ibihugu by’aka karere ku guteza imbere ibikorwaremezo n’urwego rw’buzima, ubwo bemezaga ko hakenewe miliyari 78 $ mu myaka 10 iri imbere, yo gushora mu mishinga igera kuri 200 y’ibikorwaremezo mu karere.

Yakomeje agira ati “Turacyari abafatanyabikorwa, hari ingorane duhura nazo mu gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye ariko ntekereza ko tuzakomeza guhangana nazo iyo mishinga ikorwe kuko ni y’ingenzi ku karere.”

Zimwe muri izo ngorane ni uko ibihugu bitumva kimwe imishinga iba igomba gukorwa, ku buryo biri ku ntambwe zitandukanye mu kuyishyira mu bikorwa.

Urugero ni nko ku mushinga wo kwishyira hamwe wa EAC ufite intego enye zirimo Ihuzwa rya za gasutamo, Isoko Rusange, Ifaranga rimwe n’Ukwishyira hamwe mu bya politiki. Ubu ibihugu biri ku ntego y’isoko rusange ijyana n’urujya n’uruza rw’abantu, ibicuruzwa n’imari ariko nk’umushinga wo guhuza ibiciro byo guhamagara ushyirwa mu bikorwa n’u Rwanda, Uganda na Kenya gusa mu muryango w’ibihugu bitandatu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Nduhungirehe Olivier


2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Rwalinda Pierre Celestin yabaye uwa mbere wamamaje igitabo cya Jean Kambanda, biragaragara ko FDU Inkingi ariyo iri inyuma yiki gitabo

Rwalinda Pierre Celestin yabaye uwa mbere wamamaje igitabo cya Jean Kambanda, biragaragara ko FDU Inkingi ariyo iri inyuma yiki gitabo

Ubwanditsi 29 Aug 2020
Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Ubwanditsi 04 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore
Amakuru

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2020
Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe
IKORANABUHANGA

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Ubwanditsi 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru