• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

  • Ikipe y’igihugu ya Zimbabwe “The Warriors” yashinje amarozi n’ubupfumu ikipe ya Cameroon yakiriye amarushanwa   |   17 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwemeje intsinzi ya Tshisekedi, Fayulu abitera utwatsi yiyita ko ariwe Perezida wa RDC

Urukiko rwemeje intsinzi ya Tshisekedi, Fayulu abitera utwatsi yiyita ko ariwe Perezida wa RDC

Editorial 20 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwemeje bidasubirwaho ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora ya Perezida, rutesha agaciro ikirego cyari cyatanzwe na Martin Fayulu.

Uwo mwanzuro w’urukiko wari utegerejwe na benshi watangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru.

Komisiyo y’Amatora yari yatangaje ko Tshisekedi ari we watsinze amatora yo ku wa 30 Ukuboza 2018 n’amajwi 38.57%, biterwa utwatsi na Martin Fayuku wamukurikiye mu majwi wahise aregera urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

Byari biteganyijwe ko umwanzuro w’urukiko usomwa ahagana saa cyenda kuri uyu wa Gatandatu i Kinshasa icyakora RFI yatangaje ko isomwa ry’urubanza ryatangiye ahagana saa tanu z’ijoro.

Rwanzuye ko ikirego Martin Fayulu yatanze asaba ko kubara amajwi bisubirwamo nta shingiro gifite kubera ko nta bimenyetso yatanze.

Fayulu yagiye gusaba ko amajwi asubirwamo ahanini ashingiye ku byatangajwe na Kiliziya Gatolika muri icyo gihugu byavugaga ko ari we watsinze amatora ndetse n’ibyakusanyijwe n’ikipe ye yari ishinzwe kumureberera.

Urukiko rwavuze ko nta wundi wari wemerewe gutangaza ibyavuye mu matora byashingirwaho atari Komisiyo y’Amatora.

Rwemeje ko Tshisekedi ari we watsinze bidasubirwaho amatora ya Perezida aherutse kuba.

Fayulu yahise atangaza ko ibikozwe n’urukiko rurinda Itegeko Nshinga ari ‘ihirikwa ry’ubutegetsi ryitwaje Itegeko Nshinga’.

Yavuze ko atazemera Tshisekedi nka Perezida ndetse asaba abaturage bose kubigenza batyo.

Ati “Nta banga ko mwantoreye kuba Perezida ku majwi ari hejuru ya 60 % ariko Komisiyo y’Amatora n’urukiko rurinda Itegeko Nshinga bahimbye ibitandukanye n’ibyavuye mu matora ku mpamvu idasobanutse. Ibi ni uguhirika ubutegetsi hitwajwe Itegeko Nshinga.”

Yongeyeho ati “Ni njye Perezida wemewe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kubera iyo mpamvu ndasaba abaturage ba Congo kutemera undi muntu uziyitirira uyu mwanya ndetse no kutumvira amategeko azaturuka kuri uwo muntu.”

Martin Fayulu yasabye abaturage kwigaragambya mu mahoro berekana ko batishimiye ibyavuye mu matora.

Thoko Mabitu, umwe mu bajyanama ba Tshisekedi yabwiye RFI ko ukuri kwatsinze ikinyoma, asaba abaturage bose na Martin Fayulu gushyigikira Perezida wemejwe.

Ati “Turasaba abanye-Congo bose gushyigikira Perezida kuko turi bamwe kandi akazi ni kenshi ngo twongere kubaka igihugu cyacu.Turasaba umuvandimwe Martin Fayulu ko igihe kigeze ngo dufatanye kubaka igihugu. Nidufatanya na Perezida watowe, tuzageza abaturage kuri byinshi.”

Kuri uyu wa Mbere muri Congo hategerejwe intumwa z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ziyobowe na Perezida Paul Kagame zigamije kumvikanisha impande zitavuga rumwe.

Uwo muryango ku wa Kane wari wasabye RDC kuba ihagaritse gutangaza ibyavuye mu matora bya burundu, nyuma yo kubona ko ibyari byatangajwe na Komisiyo y’Amatora mbere byari biteye impungenge.

Ariko Umuvugizi wa Leta ya Congo, Lambert Mende, ibi yabiteye utwatsi yagize ati “Sintekereza ko uwo ari we wese afite uburenganzira bwo guha amabwiriza urukiko. Sinizeye neza ko Umuryango wa Africa yunze Ubumwe usobanukiwe neza imikorere y’Ubutabera bwa Congo Kinshasa.”

Yongeyeho ati “Nta gihugu na kimwe ku isi cyakwemera ko ubutabera bwacyo bukoreshwa n’abantu bavuye hanze.”

Urukiko rurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwemeje bidasubirwaho ko Félix Tshisekedi ari we watsinze amatora ya Perezida

Martin Fayulu yanze ibyatangajwe n’urukiko, ahubwo avuga ko ariwe Perezida wa RDC

 

2019-01-20
Editorial

IZINDI NKURU

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Editorial 29 Nov 2017
Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Editorial 22 Feb 2018
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Editorial 06 Jul 2019
Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi

Kiziba : Impunzi 23 z’Abanye-Congo zatawe muri yombi

Editorial 02 May 2018

4 Ibitekerezo

  1. Bob deol
    January 20, 20199:53 am -

    Congo nukuyisengera kbs Ndabona Satani ashaka kuhakora akazi.

    Subiza
  2. Btwenge
    January 20, 20192:01 pm -

    ARIKO. FAYILU NIBA ATARI
    UMUTESI. NINJIJI!!!
    NGO. BAHIRITSE UBUTEGETSI
    BITWAJE. ITEGEKO SHINGA
    YIYIBAGIJE YUKO ARI MURI
    AFRIKA. AHO NITEGEKO NSHINGA
    NARYO BARISEMYA. BAKIKORERA
    IRIBAHESHA. UMUGATI
    NGO. ABATURAGE BIGARAGAMBYE
    BEMEZA YUKO FAYURU ARIWE
    PREZIDA. ABANYARWA BACUMUGANI
    NGO UMUPFU ARAGWA. AKABYINIRA
    HASI AHO GUHAGURUKA NGO AKOMEZE URUGENDO
    FAYULU WE. UZAJYE GUSURA
    ODINGA MURI KENYA AKUGIRE
    INAMA. ESE KINYATA YIMIKWA
    ABAKURIYE. UBUMWE BWAFURIKA
    BARI HEHE???KO BATAGIYEYO???

    Subiza
  3. Btwenge
    January 20, 20192:16 pm -

    MBESE. KO MUTATUGEJEJEHO
    ITANGAZO RYA PREZIDA
    WA NAMIBIYA?????
    MUBAZE. IKINYAMAKURU
    UMUSEKE UKO. BYIFASHE!!!

    KARABAYE!!!BINYIBUKIJE
    IBYA M23

    Subiza
  4. Sunday
    January 21, 20193:25 pm -

    THE GOON KAGOME’S HEART RATE IS HIGH. ARAKUBISWE. I CONGRATULATE H. E. TSHEKEDI

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru