• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Ubwanditsi 26 May 2017 Mu Rwanda

Ubushakashatsi bwakozwe n’ Umuryango Nyarwanda w’abanyamakuru baharanira amahoro, Pax Press, bwagaragaje ko mu Rwanda hari ibibazo bigaragara mu nkuru zitambuka mu binyamakuru, bikagira uruhare mu kwangiza ihame ry’ubunyamwuga bw’abarikora.

Ubwo bushakashatsi bwiswe Media and Policy Making in Rwanda bwari bugamije kureba uburyo Abanyamakuru batangaza inkuru zirebana na gahunda za Leta, imbogamizi bagira, ibibazo birimo n’icyakorwa kugira ngo bikemuke.

Nk’uko ibyavuye muri ubwo bushakashatsi bubigaragaza, 71.2% by’inkuru zitambuka kuri za televiziyo, radio, ibinyamakuru byandika n’ibikorera kuri Internet, ziba zaturutse mu bayobozi bakuru muri guverinoma, 28% zikava ahandi, mu gihe 45.8% zitruka mu nama ziba zabereye mu mujyi wa Kigali.

Ni ubushakashatsi bwakozwe habajijwe inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’Itangazamakuru zirimo; abanyamakuru ubwabo 238, abayobozi babyo 121, abahagarariye imiryango itegamiye kuri Leta 268, bikorwa kuva muri Nzeri kugeza mu Ugushyingo mu 2016.

Bugaragaza ko 10% mu babajijwe bavuze ko itangazamakuru mu Rwanda rikora kinyamwuga, 37.6% babyemera batabyemeye mu gihe 50.6% babuze ko nta bunyamwuga buhari.

Mu byatangajwe mu binyamakuru 17 byakozweho ubushakashatsi, byagaragaje ko 94.2% batangaza amakuru ya gahunda za Leta, ariko bigaragaza icyuho cy’uko n’ibivamo usanga 51.1% ari izivuga ku byabaye gusa, inkuru zicukumbuye zikaba zikorwa kuri 2.1%, mu gihe inkuru ndende zikorwa hashingiwe ku bintu bihari zikorwa kuri 13.7%.

-6674.jpg

Dr Christopher Kyumba wafashije mu gukora ubushakashatsi

Muri zo kandi 84.9% zishyigikira gahunda za Leta, 6% zikazirwanya, na ho 0.3% zo ntizifite aho zibogamiye.

Ni ibyuho abakoze ubushakashatsi bagaragaza nk’umworera muremure utuma abaturage batagira uruhare mu bibakorerwa dore ko ngo izo nkuru usanga 32.5% ziva mu nama abayobozi bagirana n’Abanyamakuru, 4.2% akaba ari zo ziva mu baturage gusa.

Umuhuzabikorwa wa Pax Press, Twizeyimana Albert Baudouin yavuze ko icyuho kiri mu itangazwa ry’amakuru, gishingiye ku kuba ngo abanyamakuru bagaragara nk’abasinziriye mu gihe gahunda za Leta ziba zikiri gutangira gushyirwaho, ahubwo bikabitangaza gusa mu gihe ziba zatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Umushakashatsi akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Kayumba Christopher wayoboye ubwo bushakashatsi yavuze ko hari ibikwiye kubanza kuva mu nzira kugira ngo abanyamakuru bavuge kuri gahunda za Leta dore ko ngo kutazitangaza bigira ingaruka ku muturage.

Yagize ati “ Ingaruka ni uko ibyo abaturage batekereza kuri izo politiki ntibimenyekana, kandi iyo bitamenyekanye no kumenya ibyo politiki ibagenera biba ikibazo. Ikindi ni uko ibivugirwa mu nama ari ibyo abashinzwe politiki bashaka kubabwira, ibyabananiye badakora ntabwo bashobora kubibabwira, ni ukuvuga ko niba utangaza ibyo bakubwiye gusa kuko ntawivuga nabi, ntabwo ibyabo uzabimenya.”

Gusa nubwo itangazamakuru rinengwa kudatangaza inkuru zituruka mu baturage ubu bushakashatsi bugaragaza ko hari aho rimaze kugera ugereranyije n’aho ryavuye mu myaka yashize.

Gusa zimwe mu mpamvu zitungwa agatoki mu gutera ibyo byose zishingiye ahanini ku bukene bw’ibitangazamakuru no kubura amahugurwa ahagije ku barikora, ariko na none hakaba abashinjwa kwinjira mu mwuga batawukoreye inyigo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru mu Rwanda (MHC), Peacemaker Mbungiramihigo yijeje ko Guverinoma y’u Rwanda yiteguye gutanga ubufasha bushoboka kugira ngo itangazamakuru rikorane ubunyamwuga bukwiye.

-6675.jpg


Umuhuzabikorwa wa Pax Press, Twizeyimana Albert Baudouin

Source : Igihe

2017-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ubwanditsi 13 Jun 2021
Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Ubwanditsi 16 May 2021
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Urutonde Rw’ibigo 57 By’amashuri Yisumbuye Byabujijwe Gutangira Igihembwe Cya Gatatu

Urutonde Rw’ibigo 57 By’amashuri Yisumbuye Byabujijwe Gutangira Igihembwe Cya Gatatu

Ubwanditsi 17 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali
Amakuru

Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

RUSHYASHYA 03 May 2026
Uganda: Inzego z’umutekano zabashize kurokora umukerarugendo w’Umunyamerika wari washimuswe
Mu Mahanga

Uganda: Inzego z’umutekano zabashize kurokora umukerarugendo w’Umunyamerika wari washimuswe

Ubwanditsi 08 Apr 2019
CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe  umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu
ITOHOZA

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru