• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Dr Ronny Jackson yatangaje ko Peresida Trump afite ubuzima buzira umuze.

Dr Ronny Jackson yatangaje ko Peresida Trump afite ubuzima buzira umuze.

Ubwanditsi 17 Jan 2018 POLITIKI

Umuganga ukurikirana ubuzima bw’umukuru w’igihugu cya Leta zunze ubumwe  z’amerika Dr Ronny Jackson yatangaje ku munsi w’ejo hashije  ko Peresida Trump afite ubuzima buzira umuze ,ibi bitangajwe  nyuma y’uko mucyumweru gishije kuwa gatanu tariki 12 mutarama mu bitaro bya Walter Reed Medical muri Bethesda Trump yakorewe ikizame cy’uburwayi bwo mu mutwe igihe kingana n’amasaha atatu .

Nkuko bitangazwa na BBC Peresida trump ni ubwambere akorewe iki kizamini kuva yaba umukuru w’igihugu cya Leta zunze ubumwe z’amerika

Iri suzuma buzima ryabaye nyuma y’uko hashyizwe ku mugaragaro igitabo kigaragaza ko peresida trump afite ikibazo cy’uburyayi bwo mu mutwe

Nkuko Igitabo Fire and Fury inside Trump’s white House, cyanditswe na Michael Wolff cyatangaje  benshi gitera n’urujijo .Nyuma yo kugaragaza  ko Trump abana n’ubumuga bwo mu mutwe.

Ibi ariko byahakaniwe  kure na White House ndetse na Trump ubwe wemezaga ko iki gitabo kidashingiye ku kuri.

Iki gitabo” Fire and Fury” gisobanura ngo”Umuriro n’ishavu tugenekereje mu Kinyarwanda, kigaragaza ko abakora mu biro  by’umukuru w’igihugu (White house) bemeza ko Trump ubwonko bwe budakora neza , bityo ngo uwavuga ko abana n’ubumuga bwo mu mutwe ataba yibeshye.

Trump yahise ahakana yivuye imyuma ibikubiye muri iki gitabo byose, ndetse avuga ko ari igitabo cy’ibitekerezo kidashingiye ku nkuru zabayeho.Trump yakomeje  avuga ko uyu mwanditsi w’iki gitabo uvuga ko yaganiriye  n’abakora muri White House abeshya, ko ngo nta ruhusa yamuhaye rwo kwinjira muriWhite House kandi ko nta wundi muntu agira wemerewe gutanga ubwo burenganzira uretse we ubwe.

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe umubano mpuzamahanga ,Tillerson aganira na CNN yavuze ko nta kintu na kimwe kigaragaza ko Trump atameze neza mu mutwe.Yagize ati ‘Trump nta kibazona kimwe afite naho bavuga ko , abana n’ubumuga bwo mu mutwe bo nta bimenyetso bibihamya”

Iki gitabo Fire and Fury Inside the Trump  White house kikiri kugurishwa  kuri ubu ,kiri guca agahigo mu bitabo byagurishijwe cyane mu gihe gito kimaze .

Binavugwa ko bamwe mu banyamategeko ba Trump batangiye gusaba ko icyo gitabo kitakwemererwa kugumya kugurishwa.

2018-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka
Mu Rwanda

Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Ubwanditsi 05 Sep 2017
New York: Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu kurwanya Jenoside n’abayihakana
INKURU NYAMUKURU

New York: Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu kurwanya Jenoside n’abayihakana

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Hahishuwe uburyo inshuti za Kabila n’umuryango we bateye imirwi amafaranga ya Leta
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hahishuwe uburyo inshuti za Kabila n’umuryango we bateye imirwi amafaranga ya Leta

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru