• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Ubwanditsi 07 Dec 2017 POLITIKI

Nk’uko byari biteganyijwe, inteko nshingamategeko y’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EALA) igomba gutangira imirimo yayo tariki 15 z’uku kwezi ariko muri opozisiyo ya Kenya hari abaharanira yuko byasubikwa bikazaba bikorwa ikindi gihe.

Ubusanzwe abadepite muri EALA bari gutangira imirimo yabo kuwa mbere tariki 05/06/2017 ariko ntibyashoboka kubera yuko Kenya yari itarashoba kubona abo yohereza muri iyo nteko igizwe n’abadepite b’ibihugu  bigize EAC.

Buri gihugu muri bitandatu bigize EAC kigomba kohereza abadepite icyenda muri EALA, kandi iyo nteko ntishobora gutangira imirimo yayo iyo hari igihugu mu bigize umuryango kitarashobora koherezayo abagihagarariye !

Kugeza ubu Kenya yari itarashobora kohereza abayo muri EALA kubera amatora aruhanije icyo gihugu kimazemo iminsi irenze iyakabaye ngombwa.

Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo Kenya yarangije ibibazo by’amatora ihagurukira ikibazo cy’abadepite igomba kohereza muri EALA. Nk’uko byari kuri gahunda inteko nshingamategeko ya Kenya igomba gutora abadepite icyenda bo kohereza muri EALA tariki 14 z’uku kwezi, EALA igatangira imirimo yayo umunsi ukurikiyeho.

Nk’uko byemejwe n’inteko nshingamategeko ya Kenya, imitwe yombi, abadepite icyo gihugu kizohereza muri EALA bazaba baturuka muri Jubilee ya Perezida Uhuru Kenyatta no muri NASA ya Raila Odinga, ikaba ari nayo ikomeye muri opozisiyo.

Ikanama gashinzwe amatora mu nteko nshingamategeko ya Kenya mu ntangiriro z’uku kwezi kahaye amabwiriza iyo mitwe yombi guhita bohereza amazina y’abantu bifuza kuzatorwamo abadepite bajya muri EALA. Jubilee yasabwe kuzohereza amazina y’abantu 15, inteko ikazatoramo batanu naho NASA ikohereza 12, hagatorwamo bane muri ayo matora y’inteko ateganyijwe tariki 14 z’uku kwezi.

Yaba  muri Jubilee cyangwa NASA barangije kohereza mu nteko amazina y’abo bakandida basabwa ariko amwe mu mashyaka ahuriye muri NASA arasaba inteko nshingamategeko kwima agaciro amazina y’abantu bohererejwe na NASA ngo kuko batoranyijwe mu buryo bw’uzuye uburiganya.

Ford-Kenya ni rimwe mu mashyaka akomeye cyane muri NASA. Umunyamabanga mukuru wayo wungirije, Yasser  Ali Sheikh yandikiye abayobozi b’inteko nshingamategeko imitwe yombi, abasaba yuko tariki 14 batakoresha amatora y’abagomba guserukira Kenya muri EALA kugeza aho NASA izaba yoherereje abakandida batoranyijwe binyuze mu mucyo.

Sheikh akavuga yuko NASA mu gutoranya abo bantu bohererejwe inteko, Ford- Kenya itigeze ibigiramo uruhare. Uko ni nako irindi shyaka rikomeye muri NASA, Chama cha Mashinani, ribivuga.

Ntabwo inteko nshingamategeko irafata icyemezo ku busabe bw’ayo mashyaka yombi yo muri NASA. Uko bimeze ariko n’uko  icyemezo icyo aricyo cyose inteko ya Kenya izafata kizagira ingaruka mbi. Niyemeza yuko koko NASA yohereje abantu batoranyijwe mu buryo bw’uburiganya, igategeka yuko hakoherezwa abandi, Kenya ishobora kongera gutinza EALA gutangira imirimo yayo.

Iyo nteko kandi inavuze yuko uko imitwe ya politike itoranya abantu bitayireba, ikemeza yuko amazina yohererejwe ari ayo, ayo mashyaka atabyishimiye ashobora kujya mu nkiko, hakaba na none hafatwa icyemezo gishobora gutinza EALA gutangira imirimo yayo nk’uko byatindije irahizwa rya Kenyatta ngo atangire imirimo ye nk’umukuru w’igihugu !

Kayumba Casmiry

 

 

 

2017-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

RUSHYASHYA 26 Oct 2025
ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi

Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Ubwanditsi 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Étienne Tshisekedi  waharaniye kuba Perezida wa  RDC kugeza apfuye
Mu Rwanda

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Nyuma yo gushyira hanze indirimbo “Thank You”, The Ben yasubiye muri Amerika
SHOWBIZ

Nyuma yo gushyira hanze indirimbo “Thank You”, The Ben yasubiye muri Amerika

Ubwanditsi 24 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru