• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Ubwanditsi 07 Dec 2017 POLITIKI

Nk’uko byari biteganyijwe, inteko nshingamategeko y’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EALA) igomba gutangira imirimo yayo tariki 15 z’uku kwezi ariko muri opozisiyo ya Kenya hari abaharanira yuko byasubikwa bikazaba bikorwa ikindi gihe.

Ubusanzwe abadepite muri EALA bari gutangira imirimo yabo kuwa mbere tariki 05/06/2017 ariko ntibyashoboka kubera yuko Kenya yari itarashoba kubona abo yohereza muri iyo nteko igizwe n’abadepite b’ibihugu  bigize EAC.

Buri gihugu muri bitandatu bigize EAC kigomba kohereza abadepite icyenda muri EALA, kandi iyo nteko ntishobora gutangira imirimo yayo iyo hari igihugu mu bigize umuryango kitarashobora koherezayo abagihagarariye !

Kugeza ubu Kenya yari itarashobora kohereza abayo muri EALA kubera amatora aruhanije icyo gihugu kimazemo iminsi irenze iyakabaye ngombwa.

Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo Kenya yarangije ibibazo by’amatora ihagurukira ikibazo cy’abadepite igomba kohereza muri EALA. Nk’uko byari kuri gahunda inteko nshingamategeko ya Kenya igomba gutora abadepite icyenda bo kohereza muri EALA tariki 14 z’uku kwezi, EALA igatangira imirimo yayo umunsi ukurikiyeho.

Nk’uko byemejwe n’inteko nshingamategeko ya Kenya, imitwe yombi, abadepite icyo gihugu kizohereza muri EALA bazaba baturuka muri Jubilee ya Perezida Uhuru Kenyatta no muri NASA ya Raila Odinga, ikaba ari nayo ikomeye muri opozisiyo.

Ikanama gashinzwe amatora mu nteko nshingamategeko ya Kenya mu ntangiriro z’uku kwezi kahaye amabwiriza iyo mitwe yombi guhita bohereza amazina y’abantu bifuza kuzatorwamo abadepite bajya muri EALA. Jubilee yasabwe kuzohereza amazina y’abantu 15, inteko ikazatoramo batanu naho NASA ikohereza 12, hagatorwamo bane muri ayo matora y’inteko ateganyijwe tariki 14 z’uku kwezi.

Yaba  muri Jubilee cyangwa NASA barangije kohereza mu nteko amazina y’abo bakandida basabwa ariko amwe mu mashyaka ahuriye muri NASA arasaba inteko nshingamategeko kwima agaciro amazina y’abantu bohererejwe na NASA ngo kuko batoranyijwe mu buryo bw’uzuye uburiganya.

Ford-Kenya ni rimwe mu mashyaka akomeye cyane muri NASA. Umunyamabanga mukuru wayo wungirije, Yasser  Ali Sheikh yandikiye abayobozi b’inteko nshingamategeko imitwe yombi, abasaba yuko tariki 14 batakoresha amatora y’abagomba guserukira Kenya muri EALA kugeza aho NASA izaba yoherereje abakandida batoranyijwe binyuze mu mucyo.

Sheikh akavuga yuko NASA mu gutoranya abo bantu bohererejwe inteko, Ford- Kenya itigeze ibigiramo uruhare. Uko ni nako irindi shyaka rikomeye muri NASA, Chama cha Mashinani, ribivuga.

Ntabwo inteko nshingamategeko irafata icyemezo ku busabe bw’ayo mashyaka yombi yo muri NASA. Uko bimeze ariko n’uko  icyemezo icyo aricyo cyose inteko ya Kenya izafata kizagira ingaruka mbi. Niyemeza yuko koko NASA yohereje abantu batoranyijwe mu buryo bw’uburiganya, igategeka yuko hakoherezwa abandi, Kenya ishobora kongera gutinza EALA gutangira imirimo yayo.

Iyo nteko kandi inavuze yuko uko imitwe ya politike itoranya abantu bitayireba, ikemeza yuko amazina yohererejwe ari ayo, ayo mashyaka atabyishimiye ashobora kujya mu nkiko, hakaba na none hafatwa icyemezo gishobora gutinza EALA gutangira imirimo yayo nk’uko byatindije irahizwa rya Kenyatta ngo atangire imirimo ye nk’umukuru w’igihugu !

Kayumba Casmiry

 

 

 

2017-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024
Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi

Amaso ahanzwe amatora y’u Burusiya byitezwe ko azagumisha Putin ku buyobozi

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko

Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo  ye ‘ Habibi’
IMIKINO

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Gen. Salim Saleh na Rujugiro Tribert Inyuma Y’ibibazo Byose Gen. Kayihura n’umuryango we barimo
INKURU NYAMUKURU

Gen. Salim Saleh na Rujugiro Tribert Inyuma Y’ibibazo Byose Gen. Kayihura n’umuryango we barimo

Ubwanditsi 17 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru