• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda bo muri batayo ya 35 ikorera mu gace ka Kisoro, yamaze iminsi ibiri mu ishyamba nyuma yo kubura lisansi.

Abasirikare bakorera muri iyi batayo bashyize mu majwi umuyobozi wabo ko ari we nyirabayazana w’iki kibazo kuko anyereza ibibagenewe.

Umwe mu basirikare wari muri iyi modoka yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ati “Abasirikare bacu baheze mu ishyamba mu gihe cy’iminsi ibiri kubera ko lisansi yari yashize, abasirikare bahagamaye ku cyicaro gikuru ariko ntibabona ubufasha. Byabaye ngombwa ko bategereza iminsi ibiri bari mu ishyamba nta biryo babona ndetse nta n’amazi.”

Ikinyamakuru Chimpreports cyavuze ko kugira ngo iyi modoka ive muri iryo shyamba, uwari ubayoboye ariwe washatse amafaranga agura lisansi.

Umwe mu batanze ubuhamya yavuze ko Lt Col Nelson Bataringaya uyobora batayo ya 35 yikubira ibigenewe abasirikare, bigatuma babaho nabi.

Brig Richard Karemire uvugira igisirikare cya Uganda, yabwiye iki kinyamakuru ko yahamagaye uyu musirikare akamubwira ko ibivugwa ari ibinyoma.

Karemire yagize ati “ Iyo modoka yamaze gusa iminota 30 aho kuba iminsi ibiri.”
Gusa uwatanze amakuru we yavuze ko ibyo izi nzego nkuru z’igisirikare zivuga ari ukubeshya. We yagaragaje ifoto y’iyi modoka ifite pulake H4DF 1608 yafashwe mu masaha y’amanywa, mu gihe ngo bari bahageze mu ijoro.

Iki kibazo gikomeje guteza impungenge ku bijyanye n’ubushobozi bw’igisirikare cya Uganda mu guhangana n’umwanzi ku mipaka.

Mu kirometero kimwe uvuye aho aba basirikare baraye ubwo bari babuze lisansi, hari umupaka wa Bunagana ubagabanya na Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo hari ikilometero kimwe, ndetse n’umupaka wa Cyanika ku ruhande rw’u Rwanda.

Umwe muri aba basirikare yagize ati “Aho twari turi ni hagati y’ibihugu bibiri, ku mupaka wa Cyanika ku Rwanda na Bunagana kuri Congo. Iyo hagira ikiba twari bwitware gute mu gihe abasirikare bari mu mashyamba kandi basonje?”
Yakomeje agira ati “Abasirikare bacu ntabwo bagifite imbaraga zo gukora akazi kubera ruswa iri muri iyi batayo ya 35, ibikoresho byose birimo kunyerezwa kandi abasirikare babayeho nabi.”

Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig Richard Karemire yavuze ko iki kibazo bagiye kugikoraho iperereza.

2019-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda

Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Abayisilamu bo muri Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Abayisilamu bo muri Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa

Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa

Ubwanditsi 11 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”
INKURU NYAMUKURU

RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”

Ubwanditsi 08 Mar 2020
Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe
Mu Rwanda

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Rayon yegukanye igikombe 10  cy’amahoro
IMIKINO

Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Ubwanditsi 04 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru