• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda bo muri batayo ya 35 ikorera mu gace ka Kisoro, yamaze iminsi ibiri mu ishyamba nyuma yo kubura lisansi.

Abasirikare bakorera muri iyi batayo bashyize mu majwi umuyobozi wabo ko ari we nyirabayazana w’iki kibazo kuko anyereza ibibagenewe.

Umwe mu basirikare wari muri iyi modoka yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ati “Abasirikare bacu baheze mu ishyamba mu gihe cy’iminsi ibiri kubera ko lisansi yari yashize, abasirikare bahagamaye ku cyicaro gikuru ariko ntibabona ubufasha. Byabaye ngombwa ko bategereza iminsi ibiri bari mu ishyamba nta biryo babona ndetse nta n’amazi.”

Ikinyamakuru Chimpreports cyavuze ko kugira ngo iyi modoka ive muri iryo shyamba, uwari ubayoboye ariwe washatse amafaranga agura lisansi.

Umwe mu batanze ubuhamya yavuze ko Lt Col Nelson Bataringaya uyobora batayo ya 35 yikubira ibigenewe abasirikare, bigatuma babaho nabi.

Brig Richard Karemire uvugira igisirikare cya Uganda, yabwiye iki kinyamakuru ko yahamagaye uyu musirikare akamubwira ko ibivugwa ari ibinyoma.

Karemire yagize ati “ Iyo modoka yamaze gusa iminota 30 aho kuba iminsi ibiri.”
Gusa uwatanze amakuru we yavuze ko ibyo izi nzego nkuru z’igisirikare zivuga ari ukubeshya. We yagaragaje ifoto y’iyi modoka ifite pulake H4DF 1608 yafashwe mu masaha y’amanywa, mu gihe ngo bari bahageze mu ijoro.

Iki kibazo gikomeje guteza impungenge ku bijyanye n’ubushobozi bw’igisirikare cya Uganda mu guhangana n’umwanzi ku mipaka.

Mu kirometero kimwe uvuye aho aba basirikare baraye ubwo bari babuze lisansi, hari umupaka wa Bunagana ubagabanya na Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo hari ikilometero kimwe, ndetse n’umupaka wa Cyanika ku ruhande rw’u Rwanda.

Umwe muri aba basirikare yagize ati “Aho twari turi ni hagati y’ibihugu bibiri, ku mupaka wa Cyanika ku Rwanda na Bunagana kuri Congo. Iyo hagira ikiba twari bwitware gute mu gihe abasirikare bari mu mashyamba kandi basonje?”
Yakomeje agira ati “Abasirikare bacu ntabwo bagifite imbaraga zo gukora akazi kubera ruswa iri muri iyi batayo ya 35, ibikoresho byose birimo kunyerezwa kandi abasirikare babayeho nabi.”

Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig Richard Karemire yavuze ko iki kibazo bagiye kugikoraho iperereza.

2019-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gabiro : Perezida Kagame yakurikiye imyitozo yo kurasa y’Ingabo z’u Rwanda

Gabiro : Perezida Kagame yakurikiye imyitozo yo kurasa y’Ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Ubwanditsi 02 May 2018
Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije
INKURU NYAMUKURU

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Police FC yazamutseho imyanya 5 nyuma yo gutsinda Amagaju iwayo
IMIKINO

Police FC yazamutseho imyanya 5 nyuma yo gutsinda Amagaju iwayo

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC
IMIKINO

Abakinnyi b’Amavubi basuye abamugariye ku rugamba, babagenera impano mbere yo gukina na RDC

Ubwanditsi 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru