• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

  • Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa   |   06 Mar 2026

  • Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse   |   06 Mar 2026

  • U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026   |   05 Mar 2026

  • Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze   |   05 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije

Umunyamategeko Vincent Lurquin arakwiza ibihuha ko yangiwe kubonana na Rusesabagina kandi atujuje ibisabwa, kuba umubiligi ntibihagije

Ubwanditsi 16 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ku munsi w’ejo umunyamategeko w’umubiligi Vincent Lurquin yakwirakwije ibihuha mu itangazamakuru ko atazi impamvu yangiwe kubonana na Paul Rusesabagina kandi asanzwe amwunganira mu Bubiligi bityo asaba ko ibihugu by’Amerika n’Ububiligi bishyira igitutu ku Rwanda ngo abonane na Rusesabagina. Icyo Vincent Lurquin yagakwiye kumenya nuko amategeko yo mu Rwanda adakwiye gukandagirwa nuko ari umubiligi kuko u Rwanda rutagitegekwa n’Ububiligi.

Guhera mu mwaka wa 2013, itegeko ryo mu rugaga rw’abavoka mu Rwanda, rivugako kugirango uburanire umuntu mu Rwanda ubisaba ukajya ku rutonde ndetse bakanagukoresha ikizamini. Ibi birareba abanyarwanda n’abanyamahanga bose. Ariko igihe igihugu uturukamo cyaba cyakwemera ko umunyamategeko wo mu Rwanda yaburanira umuntu muri icyo gihugu, icyo gihe umunyamategeko ukomoka muri icyo gihugu nawe yakwemererwa kuburanira umuntu mu Rwanda. Ariko siko bimeze kuko urugaga rw’abavoka bo mu Bubiligi rwemeje ko nta Munyarwanda waburanira umuntu mu Bubiligi, bityo rero n’urugaga rw’abavoka bo mu Rwanda ntibakwemerera kuburanira umuntu utari ku rutonde rw’abunganizi bemewe mu Rwanda (Reciprocity).

Kugeza ubu ibihugu bishobora kwemererwa ni ibigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuko hari amasezerano u Rwanda rwashyizeho umukono rwinjira muri uyu muryango. Urutonde rwabunganira abandi mu mategeko mu Rwanda rurenga 1300 hari abava muri Kenya, Burundi biyongera ku banyarwanda, bakaba barujuje ibisabwa harimo kurahira imbere y’amategeko no gukora ikizamini bagahabwa icyemezo na ILPD. Ibi rero ntabwo umunyamategeko Vincent Lurquin abyujuje naho ibijyanye no gusura Rusesabagina, amategeko muri iki gihe cya Corona Virus ntabwo yemerera abagororwa gusurwa mu rwego rwo kubarinda ubwandu bwiki cyorezo.

Twabibutsa ko igihe Rusesabagina yabazwaga n’ubushinjacyaha bw’u Bubiligi ku busabe bwa Leta y’u Rwanda, ku bijyanye n’uruhare rwe mu bitero byo muri Nyungwe, hakaba hari n’umushinjacyaha w’u Rwanda yateye umugongo asuzugura umushinjacyaha wo mu Rwanda yanga gusubiza ibibazo yamubazaga. None dore yisanze imbere y’ubutabera bw’u Rwanda.

Ikigaragara ku rutonde rw’abanyamategeko barindwi umuryango wa Rusesabagina washyizeho, uwakwemererwa wujuje ibisabwa ni Maitre Gashabana wenyine kuko abandi ntibari kurutonde rwemewe cyangwa se ibihugu byabo ngo bibe bifitanye amasezerano yihariye n’u Rwanda. Nk’umunyamategeko, Vincent Lurquin yagakwiye kubaha amategeko asanze mu kindi gihugu kuko adahinduka kubera ko ari umuzungu cyangwa ari umubiligi.

2020-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Ubwanditsi 17 Nov 2024
Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru  y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 27 Oct 2021
Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Ubwanditsi 02 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame  mu gihe nyina afungiwe Jenoside
Mu Mahanga

Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame mu gihe nyina afungiwe Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2016
Club Africain yageze mu Rwanda yahize gusezerera APR FC
IMIKINO

Club Africain yageze mu Rwanda yahize gusezerera APR FC

Ubwanditsi 26 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru