• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Ubwanditsi 28 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yakundaga kuvuga ku bamubanjirije nk’abagaragaje imikorere ishaje, nta mahame afatika bagiraga bagenderaho.

Inyandiko ya James Matsiko mu kinyamakuru Virunga Post ivuga ko umuntu wakurikiye imyaka 33 ya Museveni ku butegetsi guhera mu 1986, yibaza niba uko yagiye afata abandi atari ko nawe akwiye gufatwa kuko agerageza guhishahisha ukuri igihe hari ibibazo bimureba.

Mu mvugo ze yagiye ashyira imbere ko ari umuntu ushyize Afurika imbere, ariko imikorere ikagenda imusanisha na Mobutu Sese Seko wayoboye Zaire.

Imvugo ze zo kwigaragaza neza agamije guhisha ukuri iyo hari ibibazo bishobora kumugonga, yongeye kuzigaragaza muri iki cyumweru ubwo ku kibuga cy’indege cya Entebbe hakirwaga indege ebyiri za Bombadier CRJ900 za Uganda Airlines, zavuye muri Canada.

Ni ijambo ryasaga n’aho arimo kwakira indege z’intambara aho kuba iz’ubucuruzi zitwara abagenzi. Yagize ati “Hari abantu bakunda gutira; ntabwo nshaka kubavuga.”

Museveni yakoresheje iryo jambo avuga igihugu akunze kwibasira iyo hari ibibazo bimwugarije, niba hari uwibuka ubwo yakoreshaga “imungu” cyangwa “amavunja.”

Yongeye kuzamura ibyo gukunda igihugu ashaka guhunga ibibazo uruhuri bikomeje kugaruka kuri Uganda Airlines, akoresha umwanya munini avuga kuri abo “banzi”.

Urugero nko mu nteko ishinga amategeko hamaze iminsi impaka ku igurwa ry’izo ndege ritasubije ikibazo kuri nyirazo, ubwo byari bimaze kujya hanze ko imigabane leta ifitemo iri munsi ya rimwe ku ijana, 99% ikaba iy’abantu ku giti cyabo.

Igitutu cy’abaturage n’abadepite bakomeje gusaba ko ba nyiri iki kigo batangazwa, inkuru yahindutse ko Uganda Airlines ari iya leta.

Ibitekerezo bya Museveni kuri uwo muturanyi yita umwanzi byari bigamije gucecekesha abanya-Uganda n’abadepite babo, bafite ibibazo bakeneye kubaza perezida. Nk’urugero, muri iryo jambo Museveni yagerageje kumvikanisha ko indege yaguze zihariye, ngo ahindure ibitekerezo by’abafata ko yananiwe gusohoza isezerano rye.

Nyamara nta kidasanzwe kuri izo ndege kuko igihugu akoresha umwanya we munini mu guharabika gifite izo ndege hamwe n’izindi zirenzeho, zifite n’ubushobozi bwo gutwara abagenzi benshi kandi mu ntera ndende.

Amayeri ye ntiyabujije abanya-Uganda kujya mu magambo we yibwiraga ko acitse. Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yagize ati “indege ya mbere y’abagenzi ya Uganda Airlines mu myaka ya 1970 yari Boeing 707-320c 5X-UAC yashoboraga gutwara abari hagati ya 140-219. Imyaka 32 nyuma yaho, mu 2019 turimo guha ikaze Bombadier CRJ 900 ishobora gutwara abagenzi 71-96.”

Bakomeje gukoresha amagambo yagereranyaga ibyagezweho na Museveni n’iby’abo apinga bamubanjirije, ko Museveni yakoze nabi kubarenza bitandukanye n’ibyo avuga ko ubu “Uganda ari igihugu gifite ubukungu buciriritse.”

Undi ati “Ubutegetsi [bwa Museveni] bwasanze Uganda ifite indege 27 n’ikigo cy’indege gikora neza ariko barazibye… ikibuga cy’indege n’izina ry’ikigo cy’indege ubwacyo. Imyaka 33 nyuma yaho, buguze indege ebyiri none burashaka ko tubibyinira.”

Museveni ngo aba ushaka kwiyitirira ikintu cyose cyagenze neza maze ibyapfuye akabihirikira ku bandi, ariko kuri iyi nshuro nta buryo yari kwiyitirira ishema ryo kubyutsa Uganda Airlines ngo yitarutse igisebo ku cyatumye irunduka.

Abonye ntaho yahisha ukuri, ati “Imyumvire yanjye ni uko dushobora kugira ikigo cy’indege cya Afurika y’Iburasirazuba turamutse duhuje ibigo byacu. Imwe mu mpamvu natinze kubyutsa iki kigo ni uko natekerezaga ko dushobora gusangira ibigo by’indege.”

Mu buryo bwo kwigaragaza nk’urengera inyungu z’abaturage basanzwe, yakoresheje imvugo y’uko ibigo by’indege bihari “byavanguraga abagenzi b’abanya-Uganda.”

Umwanditsi yakomeje ati “Ibyo ni ugukunda igihugu kubakiye ku busa: Nta kimenyetso cyerekana ko hari ikigo cy’indege mu karere cyigeze cyishyuza umurengera abanya-Uganda. Ahubwo mu bihe bitandukanye, Museveni yagiye yima abanya-Uganda amahirwe yo kugenda mu ndege badahenzwe.”

Mu myaka ishize nibwo British Airways yafashe icyemezo cyo guhagarika ingendo Entebbe-London ku mpamvu zitatangajwe nubwo iyo nzira yaririmo inyungu. Icyo kigo cyasabye u Rwanda gufata icyo cyerekezo rwanifuzaga nk’uko amakuru abivuga.

U Rwanda rwumvikanye n’u Bwongereza rwibwira ko Uganda “nk’abavandimwe” izabyumva vuba. U Bwongereza bwahaye ikaze RwandAir, ariko ibyabaye ku rundi ruhande byatunguye benshi, cyane cyane Abongereza.

Ubuyobozi bwa Uganda bwanze ko RwandAir ifata abagenzi ku kibuga cya Entebbe bajya mu Bwongereza nubwo nta ndege yakoraga urwo rugendo nta handi ihagaze.

Igitangaje, ubuyobozi bwa Uganda bwahaye ibigo bitandukanye bw’i Burayi uburenganzira bwimye RwandAir, bigakora ingendo zihuza Entebbe n’u Burayi byisanzuye. Nyamara abanya-Uganda bagasabwa kwishyura amafaranga menshi bakanyura ku bibuga bindi by’indege i Burayi, bakabona kugera mu Bwongereza.

Mu yandi magambo, Museveni yarengeraga abanyaburayi ngo badahatana ku isoko n’u Rwanda, akabikora ahungabanya inyungu z’abanya-Uganda basabwa kwishyura ibiciro biri hejuru, bamwe bahagarika kujya mu Bwongereza.

Bamwe mu Bongereza batabyumvaga banashatse kuganiriza Uganda, ariko iti “mutureke tuzabyikemurira n’u Rwanda.” Byatumye RwandAir isaba uburyo bworoshye bwatuma ijyana abagenzi mu Bwonereza kuko Uganda yasobanuraga ko izabyutsa indege yayo “vuba”.

Nubwo Museveni yabyukije Uganda Airlines, urugendo rugana mu Bwongereza ruzakomeza gukorwa n’abanyaburayi kuko indege zaguzwe ari nto cyane ku buryo zitakora ingendo ndende.

Ibyo ngo bikagaragaza ko nubwo yitwaza ibyo gushyira imbere Afurika, Museveni ahubwo akora ibihabanye nabyo anangiza inyungu z’abanya-Uganda, ku buryo ahubwo imikorere ye iri ku rwego rumwe n’urwa Mobutu.

2019-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ubwanditsi 03 Dec 2021
America:Umuhanzi Akoni utavuga rumwe na Perezida Donald Trump ashaka kumusimbura muwa 2020

America:Umuhanzi Akoni utavuga rumwe na Perezida Donald Trump ashaka kumusimbura muwa 2020

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Ubwanditsi 15 Jul 2024
Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Ubwanditsi 20 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.
Amakuru

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Ubwanditsi 08 Oct 2024
Bruxelles : Pastori Patrick Kamanzi wahoze muri Zion Temple yafotowe yambaye uko yavutse mu cyumba cya Hotel
Mu Rwanda

Bruxelles : Pastori Patrick Kamanzi wahoze muri Zion Temple yafotowe yambaye uko yavutse mu cyumba cya Hotel

Ubwanditsi 27 Aug 2017
Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda
Mu Rwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Ubwanditsi 09 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru