• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024   |   08 Jun 2023

  • Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?   |   07 Jun 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   07 Jun 2023

  • Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza   |   06 Jun 2023

  • Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe   |   05 Jun 2023

  • Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw   |   03 Jun 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Editorial 29 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ruharwa Dr Vincent Bajinya wihishe ubutabera akiyita Vincent Brown nyuma yo guhungira mu gihugu cy’ubwongereza yavukiye mu karere ka Musanze mu mwaka wa 1952 maze arangije amashuri ya kaminuza mu buvuzi ajya gukora mu kigo cyari gishinzwe urubyaro n’imyororokere cyari kizwi na ONAPO (Office National de la Population).

Akigera muri iki kigo, mu byo yari ashinzwe hari ukugira inama abagore batwite cyangwa abaje kuringaniza imbyaro no guhugurwa aho nyuma y’iminsi bamucitseho aho kubavura yarabahohoteraga.

Mu gihe yigaga i Butare, umuco wo kunnyuzura Bajinya yabikoranaga ubugome nk’umukiga uhiga abatutsi n’abanyenduga kugeza hari uwo yanyaye mu gutwi kuziba burundu nkuko tubikesha Igicaniro TV. 

Ubwo urugamba rwo kubohora u Rwanda mu maboko y’akazu k’abakiga b’intagondwa rwatangiraga muri 1990, Bajinya yakoze urutonde rw’abatutsi biswe ibyitso maze abagabo 20 barabajyana babakorera iyicarubozo bamwe barahagwa harimo uwaruzwi cyane Aloys Kayiranga. 

Mu gihe cya Jenoside, Bajinya yari atuye muri Rugenge mu kiyovu cy’abakene aho yari acumbitse munzu ya Kayinamura Laurent uyu akaba ari mukuru wa Karengera washakanye n’umuhanzi Cecile Kayirebwa.  Bajinya niwe wari ushinzwe kugenzura za Bariyeri muri Rugenge no gutanga amategeko. 

Vincent Bajinya yatawe muri yombi na Polisi y’Ubwongereza muri 28 Ukuboza 2006 kimwe n’abandi ba ruharwa aribo Célestin Ugirashebuja, Emmanuel Nteziryayo, na Charles Munyaneza, nkuko byari byasabwe na Leta y’u Rwanda muri Ugushyingo 2006. 

Impapuro zimuta muri yombi zamushinjaga gutegura umugambi wa Jenoside, gushishikaria abandi gukora Jenoside hagati ya 1 Mutarama 1994 na 12 Ukuboza 1994. 

Bajinya yafunzwe by’agateganyo nuko agezwa imbere y’ubutabera mu rukiko rwa Wesrminster tariki ya 26 Mutarama 2007 aho yahakanye ibyaha byose yaregwaga. 

Umucamanza yemeje tariki ya 6 Kamena 2008 ko abo ba ruharwa boherezwa mu Rwanda ariko urukiko rukuru rwanga uwo mwanzuro tariki ya 8 Mata 2009 ndetse basabirwa kurekurwa. 

Tariki ya 30 Gicurasi 2013 Polisi y’Ubwongereza yongeye guta muri yombi Emmanuel Nteziryayo, Charles Munyaneza, Vincent Bajinya, Celestin Ugirashebuja na Charles Mutabaruka. Tariki ya 21 Ukuboza 2015, urukiko rw’Ubwongereza bwanze ko boherezwa mu Rwanda. Urwo rukiko rwitwaje ko batabona ubutabera bunogeye bageze mu Rwanda. 

Muri Mutarama 2018, Umushinjacyaha Mukuru icyo gihe Jean Bosco Mutangana na Jean Bosco Siboyintore ukuriye itsinda rishinzwe gushakisha abajenosideri  bagiye mu gihugu cy’Ubwongereza bajyanye ibyavuye mu iperereza. 

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umutekano Ben Wallace icyo gihe yatangajeko ubutabera buzatangwa nubwo byatwara igihe kirekire. Muri Nzeli 2020 ba ruharwa bose babajijwe na polisi ariko nta numwe wafunzwe. 

Ubwo yari mu Rwanda yitabiriye inama ya CHOGM2022, uwari Minisitiri w’Intebe Borris Johnson yavuze ko icyo kibazo cy’abajenosideri cyafatwa nkaho cyakemutse. 

 

2022-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 29 Jan 2016
Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Editorial 22 Mar 2022
RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

Editorial 17 Nov 2018
Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Kagame yanenze uko Abayobozi ba Nyagatare bakemura ibibazo by’abaturage

Editorial 13 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

21 Apr 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

03 Apr 2023
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

01 Jun 2023
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

01 Jun 2023
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru