• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ubwanditsi 01 Sep 2020 INKURU NYAMUKURU

Tumaze kumenyera ko ibyegeranyo by’abiyita impirimbanyi mu by’uburenganzira bwa muntu bisohoka bivuga ku Rwanda ari isura y’ubugome,urwango n’agasuzuguro bisanganiwe ku birabura no ku banyarwanda by’umwihariko. Ni mu gihe ariko, usanga ababitegura n’ababibafashamo ari ba bandi n’ubundi bagize uruhare mu mateka mabi y’uRwanda, bakifuza ko rwayahoramo.

Uzasanga bashingira ku marangamutima n’ubuhamya bwa RNC, FDLR n’ibindi bidakwiye agaciro mu isi ya none, aho kugendera ku ukuri n’iperereza rya kinyamwuga.
Dore nk’ubu, nyuma y’aho ikihebe Paul Rusesabagina kigerejwe mu Rwanda ngo kiryozwe ubugome cyakoreye Igihugu cyamubyaye, hari amatsinda y’ababeshya ko barengera ikiremwamuntu yatangiye kuvuza induru, ngo Rusesabagina ni intungane igiye kuzira ibitekerezo bya politiki.

Hari ikitwa LENTOS FOUNDATION FOR HUMAN RIGHTS AND JUSTICE, cyahise gisimbukira ku isunzu ry’inzu, ngo ‘… Rusesabagina ni intwari yarokoye abantu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, umunyakuri, igihangange muri politiki, inzirakarengane ihohotewe kubera gusa kutavuga rumwe n’ubutegetsi bw’uRwanda”!
Mbere na mbere, ni gute wavuga ko uharanira ubutabera, kandi wanga ko abakekwaho ibyaha bashyikirizwa ubutabera ,baba abere bakarekurwa, byabahama bagahanwa. Ngirango ubwo nibwo butabera!
Icya kabiri, Rusesabagina yiyemereye imbere y’isi yose ko yagize uruhare mu bitero byahitanye abantu mu Rwanda mu mwaka wa 2018.Niba se uharanira uburenganzira bwa muntu, abishwe bo nta burenganzira bari bakwiye?
Icya gatatu, iri tsinda Lentos Foundation rikorera muri USA niryo ryahaye igihembo Rusesabagina muw’2011, rimugira igitangaza mu guharanira amahoro, riritaye ku buhamya bw’abo Rusesabagina abeshya ko yarokoreye muri 1000 Collines, nyamara bakamushinja kubishyuza ngo atabajugunyira interahamwe bakoranaga bya hafi. Guhakana ibyaha nyirubwite yiyemereye rero, ni ukwikura mu isoni, ngo iryo tsinda ridashinjwa ubushishozi buke, ubwo ryahaga igihembo umwicanyi.
Ikindi, Umuvugizi w’uRwego rushinzwe Ubugenzacyaha mu Rwanda, RIB, yabwiye abanyamakuru ko Rusesabagina yafashwe”ku bufatanye n’ibindi bihugu”. Ubwo tuvuge ko ibyo bihugu byagize uruhare mu guta muri yombi uyu mugizi wa nabi nabyo byamuhoye kutavuga rumwe n’ubutegetsi bw’uRwanda?
Rusesabagina yigambye kenshi ko ari umwe mu bashinze umutwe w’iterabwoba wa MRCD , yivugira ko abarwanyi bayo ba FLN, aribo bagabye ibitero mu natara y’amajyepfo mu muw’2018, bikambura ubuzima abatari bake, abandi bagatwikirwa ibyabo.

Ubwo yageraga bwa mbere imbere y’ubushinjacyaha, Nsabimana Callixte “Sankara”, wari umuvugizi wa Rusesabagina n’izindi mburamajyo muri politiki yarabyemeye, avuga ko mu bamutumaga harimo Rusesabagina. Ese nk’ubu Rusesabagina ubwe niyongera gushimangirira imbere y’abacamanza ko ibyo aregwa ari ukuri, abamuvugira nka muzakwirwa he?
Birababaje kuba hari abacyanga kumvira amateka, kandi ariyo mwarimu uruta abandi. Rusesabagina nako Rusisibiranya, iyo wirira ibifaranga wasaruye mu njiji z’abazungu ngo uri igihangange muri za filimi, ukituriza, aho kwishora mu ntambara utazi n’uko zirwana?Uretse nawe, interahamwe kabombo yiyitirira kurokora abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, naba Kayumba Nyamasa, bo banarwanye intambara yo guhagarika iyo Jenoside, guhemukira uRwanda ntibishoboka kubahira. Ibyo ba Patrick Karegeya waguye mu kiziriko nk’imbwa, ba Ben Rutabana waguye igihugu igicuri, n’abandi babatatiye igihango babitangamo ubuhamya.

Nta gihe iyo miryango irisha iturufu yo kurengera ikiremwamuntu itasobanuriwe ko Ubuyobozi bw’uRwanda budatozwa kurengera uburenganzira bwa muntu.Abari ku isonga muri ubwo buyobozi batanze amaraso yabo ngo Abanyarwanda basubirane uburenganzira, ndetse utwo dutsiko muzamahanga twagombye kuba tuzi ibikorwa byo kubungabunga amahoro Abanyarwanda barimo hirya no hino ku isi.

Naho ibya Rusesabagina ntawe byagombye gutungura kandi n’abakiri mu buyobe, bagombye gusubiza agatima impembero bitarabacikiraho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, nta gihe atabaciriye amarenga, ati”:…ubushake n’imbaraga byo kurinda umutekano wacu birahari. Abagitsimbaraye ku kugambanira Abanyarwanda nta mahoro bazabigiriramo, ni ikibazo cy’igihe gusa”.Irya mukuru ntirijya rihera.
u Rwanda ruraterwa ntiruterwa, kandi ntirukangwa n’amagambo ya ba Katrina Lentos Swett, Reyntjens, Judi Rever n’abandi babeshejweho no gusaruza amafranga ngo baraharanira uburenganzira na demokrasi mu Rwanda. Umunyabwenge ati:Urusha impuhwe nyina w’umwana aba ashaka kumurya”!!!

2020-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Ubwanditsi 30 Dec 2018
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

RUSHYASHYA 21 Feb 2026
Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Ubwanditsi 22 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye
ITOHOZA

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda
UBUKUNGU

Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 31 May 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru