• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi rivuga ko nyuma yo gutegereza bugaheba icyo u Rwanda rugaragaza ku iraswa rya Perezida Ntaryamira Cyprien n’abandi Baminisitiri babwo babiri, bicanwe na Perezida Habyarimana Juvenal, risaba Leta kurega u Rwanda.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Mata 2018, nibwo Abarundi bibutse ku nshuro ya 24 Perezida Ntaryamira Cyprien wapfiriye mu Rwanda kuri iyi tariki mu 1994, n’ubu ngo bukaba butarahabwa ubusobanuro bwimbitse bw’urupfu rwe.

Perezida Ntaryamira Cyprien n’Abaminisitiri babiri b’u Burundi barasiwe hamwe n’uwari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana n’abandi bari kumwe, mu ijoro ryo ku wa 6 Mata 1994, mu ndege yari ibakuye muri Tanzania.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, bavuga ko urupfu rwa Ntaryamira rufitanye isano n’inigwa rya Demokarasi mu Burundi, ko rwaje nyuma y’amezi 5 gusa na Perezida Merchiol Ndadaye yishwe.

Iri shyaka kandi rivuga ko u Burundi bubabazwa n’uko kugeza n’ubu munsi ntacyo ubutabera bwari bwagaragaza ngo bumenye neza uwishe Perezida wabwo, mu gihe bigaragara ko igitero cyagabwe ku ndege barimo cyari cyarateguwe neza, bitewe n’uko nta n’umwe wakirokotse.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’umunyamabanga mukuru wa CNDD FDD, Evariste Ndayishimiye ku wa 5 Mata 2018, iri shyaka rikaba rihuza iby’urupfu rwa Ntaryamira n’ibyo u Burundi bwari busanzwe bushinja u Rwanda, aho bwavugaga ko rwagize uruhare mu kubuhungabanyiriza umutekano ndetse no kwakira abari bagiye guhirika ubutegetsi mu 2015.

Bagira bati “Aha twakwibuka ko, uretse nyakubahwa Cyprien Ntaryamira n’Abaminisitiri babiri bishwe mu gihugu cy’u Rwanda, na Visi Perezida wa mbere w’u Burundi, Petero Ngendandumwe yishwe n’Umunyarwanda kandi yarabyiyemereye. None no mu mwaka wa 2015 twarabyiboneye twese ko abasenye inganda bakanagerageza guhirika inzego zitorewe n’abaturage, bahise bajya kwihisha mu gihugu cy’u kugira ngo ubutabera butabakurikirana, icyo gihugu n’uyu munsi nicyo gikomeza kwinjiza mu gisirikare cyarwo urubyiruko rw’impunzi”.

Muri iri tangazo, bavuga ko mu gihe bari mu nzira yo kumenya neza amateka y’ejo hahise h’u Burundi ari nako baniyunga, ngo banakeneye kumenya neza iby’urupfu rwa Ntaryamira.

Iri shyaka CNDD FDD rikaba risaba Leta y’u Burundi kwitwarira u Rwanda mu nkiko, urw’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, urw’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’izindi mpuzamahanga.

Kuva mu mwaka wa 2015, nibwo Leta y’u Burundi yakomeje gutunga agatoki u Rwanda ko rugira uruhare mu guhungabanya umutekano wabwo, ndetse bunarushinja gucumbikira abashatse guhirika ubutegetsi no gutoza abagamije kurutera.

Ibi Leta y’u Rwanda yagiye ibihakana yivuye inyuma, igaragaza ko ibyo burushinja nta shingiro bifite, ndetse ntihanagaragazwe gihamya.

 

2018-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpayimana  Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Mpayimana Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Ubwanditsi 28 Jan 2018
N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Oct 2019
Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Ubwanditsi 22 May 2019

2 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    July 7, 20185:01 pm -

    uziko muri injiji mbe na onu yarababeshyeye mugutangaza ko u rwanda arirwo rufasha abahungabanya umutekano mu Burundi? iminsi yumugizi wa nabi irabaze murindire muzabona!!

    Subiza
    • DEDE
      July 24, 201810:00 am -

      MAOMBI we uzakor iki wowe petit?byura agatwe se tukamene!!!

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia
Amakuru

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%
Mu Mahanga

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Ubwanditsi 30 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru