• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ikinyamakuru Daily Monitor aho gushaka umuti w’ibibazo bya Uganda n’u Rwanda, cyabaye icyo gusingiza Museveni

Ikinyamakuru Daily Monitor aho gushaka umuti w’ibibazo bya Uganda n’u Rwanda, cyabaye icyo gusingiza Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinyamakuru cyo muri Uganda, Daily Monitor mu nimero yacyo yasohotse kuri iki cyumweru cyasohoye Ijambo ry’Ibanze rigamije guhigika cyangwa kujijisha ku bibazo byateje umubano mubi umaze imyaka ibiri hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Umutwe w’ijambo ry’ibanze wagiraga uti “Icyatuma ibiganiro by’amahoro byerekeye umupaka bisubukurwa” aho cyahamagarariraga abayobozi ba Uganda n’u Rwanda ‘gushyiramo imbaraga bakagarura umubano mwiza’ mu biganiro bitaha bizabera i Kampala biteganywa n’amasezerano y’ubufatanye yasinywe muri Kanama uyu mwaka.

Ikosa rya mbere ikinyamakuru Daily Monitor cyakoze, ni ukugaragaza ko ikibazo kiri hagati y’ibihugu byombi ari ‘ifungwa ry’umupaka’ mu gihe bizwi neza ko impamvu y’ibibazo atari iyo kuko u Rwanda rwayigaragaje kenshi.

Impamvu ya mbere ni uko ubutegetsi bwa Kampala bufitanye umubano wihariye na RNC ya Kayumba Nyamwasa n’indi mitwe yiyemeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Indi mpamvu ni amagana y’Abanyarwanda ari kuborera muri gereza za Uganda no mu nzu zitoterezwamo z’inzego zishinzwe umutekano muri icyo gihugu.

Abo banyarwanda ni ababa barashimuswe, barafunzwe nta rukiko bakandagiyemo. Benshi bari muri gereza ariko ambasade ntiyemerewe kubasura, yewe n’imiryango yabo ntizi aho baherereye. Bakorewe iyicarubozo nkuko umunyamategeko Eron Kiiza na Tonny Odur babigaragaje.

The Monitor yarasimbutse yirengagiza ibyo bibazo ishaka kwerekana ko ikibazo ari kimwe, yihutira gukora ubuvugizi bwo gufungurira abacuruzi ba Uganda isoko ry’u Rwanda.

U Rwanda ntabwo rwigeze rufunga umupaka nkuko bivugwa mu binyamakuru. Ibyabaye ni uguhagarika igice kimwe cy’imodoka nini z’ubucuruzi zabaga ziremereye.

Bigaragara ko Daily Monitor idashishikajwe no kuvuga ukuri muri iki kibazo. Ibyo yakoze ni ugukwirakwiza imigambi ya Museveni yirinda gukomoza ku mpamvu nyamukuru yatumye umubano uzamo agatotsi. Ahubwo icyo kinyamakuru kiyobya uburari kivuga ko ‘buri ruhande rufite ibyo rushinja urundi.”

Mu gihe Uganda yari igezweho ngo itumize ibiganiro ntabwo byakozwe. Ibyo biganiro byakabaye byarabereye i Kampala mu byumweru bibiri bishize ariko ntibyabaye. Nibwo Leta ya Uganda yagombaga gutanga raporo igaragaza aho igeze ikemura ibibazo u Rwanda rwayigaragarije.

Mu byo u Rwanda rwasabye harimo gufungura Abanyarwanda bose bafunzwe binyuranyije n’amategeko, guhagarika gutera inkunga imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda no guhagarika kubangamira ubukungu bw’u Rwanda byakozwe na Uganda.

Hari umwe mu ndorerezi wibajije ati “Ni ukubera iki Daily Monitor itibaza impamvu Uganda yananiwe gutumiza inama? None kuki icyo kinyamakuru kitabaza Guverinoma ya Uganda aho igeze ishyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano ku ifungwa n’abanyarwanda batotejwe batabonye ubutabera? Kuki se itarahagarika imikoranire na RNC?”

Birazwi ko abanyarwanda bigiriye mu bucuruzi muri Uganda bafatirwa mu nzira n’abakozi b’Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI) ku manywa y’ihangu bafatanyije n’abambari ba RNC. Birazwi ko abanyarwanda batagira ingano bagiye bakurwa mu modoka z’abagenzi ku bice byegereye imipaka bagashinjwa ‘kwinjira nta byangombwa’ cyangwa ‘ubutasi’.

Mu byumeru bishize, Kiiza na Odur basohoye itangazo bagaragajemo iyicarubozo abanyarwanda bakorewe muri Uganda, by’umwihariko mu myaka ibiri ishize.

Mu itangazo bagize bati “Abanyarwanda basaga ijana bafungiwe mu mabohero ya CMI ntawe bemerewe guhura na we. Imiryango yabo ntiyemerewe kubasura. Abo twabashije kuvana mu menyo ya CMI bagiye bavuga uburyo batotejwe mu buryo bw’umubiri no mu mutwe.”

Ubwo hari hashize igihe kitageze ku cyumweru iryo tangazo risohotse, CMI yarekuye abanyarwanda bagera kuri 35 ibavana mu buroko bwayo bashyirwa kuri za sitasiyo za polisi zitandukanye mu gihugu.

Twavuga nk’ibyabaye kuri Julienne Kayirere, umunyarwandakazi wakoreraga ubucuruzi buciriritse muri Mubende mbere yo kujugunywa muri gereza . Bamutandukanyije n’uruhunja rwe rw’amezi atatu nyuma yo kumushinja ‘kuba mu gihugu nta byangombwa” nyamara yari ahamaze imyaka ahakorera ubucuruzi.

Kayirere ari mu gahinda gakomeye k’umubyeyi ufungiwe ubusa atazi aho uruhinja rwe ruherereye. Birigaragaza ko ibi bikorwa bya kinyamaswa nta nyungu igaragara bifitiye ikinyamakuru nka The Monitor cyangwa se ikindi kinyamakuru cyo muri Uganda. Ubuzimwa bw’abanyarwanda b’inzirikarengane bari gutotezwa ntacyo bubabwiye, bashishikajwe n’ifungurwa ry’umupaka.

Daily Monitor ahubwo ibabajwe n’agahishyi k’amafaranga abacuruzi bo muri Uganda bari guhomba. Ngo mu mezi atatu ya mbere umupaka wa Gatuna ufunzwe ku makamyo manini aturuka muri Uganda, icyo gihugu cyahombye miliyoni 664 z’amadolari y’ibyoherezwaga mu Rwanda.

Birashoboka ko uwo mubare wikubye nka gatatu ubu ari nacyo ibinyamakuru nka Daily Monitor byakabaye biheraho bibaza byinshi Guverinoma yabo impamvu.

Abantu ntabwo bashobora guhahirana ku rundi ruhande barenganywa. Nta bwisanzure bw’urujya n’uruza bwabaho mu gihe inzego z’ubutasi mu gihugu kimwe zibasira abaturage b’inzirakarengane b’ikindi gihugu.

Hashize igihe ariko Uganda yanze guhagarika ibikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda.

Umwe mu baturage i Kigali, yavuze amagambo Daily Monitor ikwiriye kwitaho ati “Niba Museveni na Guverinoma ye nta gahunda bafite yo guhagarika gutoteza abanyarwanda, bakaba bakunda RNC urukundo ruhebuje, bakomeze bakorane ubucuruzi na RNC ubundi bibagirwe ubucuruzi n’u Rwanda.”

Src: KT PRESS / Rwanda

2019-11-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Somalia : Ingabo za Uganda [ UPDF] zasubiranyemo 4 bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 13 May 2019
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Ubwanditsi 02 Mar 2024
Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Ubwanditsi 20 Aug 2019
Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Ubwanditsi 23 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!
Amakuru

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Ubwanditsi 08 Feb 2025
UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe
Mu Rwanda

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi  Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda
IMIKINO

Nyuma yo gukorana indirimbo n’umuhanzi Kitoko ,Sheeber Karugi aje gutaramira mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru