• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Ubwanditsi 23 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu Bubiligi ni hamwe mu hantu hake hasigaye urugomo rw’interahamwe, ukaba wakwibaza niba abashinzwe umutekano muri icyo gihugu bazitinya, niba ari ukudaha agaciro ubuzima bw’abo zihohotera cyangwa se niba bazishyigikiye.

Urugero ni urw’interahamwe yitwa Havugimana Jean Bosco, izwi cyane ku izina rya ” Actif”, ikaba yarahahamuye abo badahuje imyumvire iboze, ibita Inyenzi cyangwa Abatutsi.

Icyo cyigomeke cyamaze abantu kibakubita, ku buryo gifite amadosiye utabara muri polisi i Buruseli, ariko hakibazwa igituma adafatwa ngo aryozwe ubugome akorera inzirakarengane.

Uwo aheruka gusagarira ni umusaza Benoit Uwimana mu munsi mike ishize yahindaguriye ahitwa ” gare du Midi”, ari naho uwo Actif afite iseta, doreko ubusanzwe akora akazi ko gutwara tagisi.

Mu buhamya Bénoît Uwimana yahaye Igicaniro TV, yavuze ko iyo nterahamwe yamukubise imwita inyenzi, ndetse imubwira ko ibishatse yanamwica burundu!

Uwo “Actif” ni muramu wa Sebatware Marcel nawe uba mu Bubiligi, aho yahungiye amaze kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo yategekaga uruganda rwa CIMERWA. Urukiko Gacaca rwahamije icyaha uyu Sebatware, ariko mu rwego rwo gukwepa ubutabera yigize ” utavuga rumwe na Leta y’uRwanda”, kugirango umunsi azafatwa azavuge ko azize impamvu za politiki.

Mushiki wa ” Actif” witwa “Daforoza”, akaba umugore wa Sebatware, nawe azwi cyane mu dutsiko tw’abagome bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko yigeze guca ibintu mu cyitwaga “Ligue des Femmes pour la Démocratie ” cyari kigizwe ahanini n’abagore b’abajenosideri.

Havugimana J.Bosco alias Actif kandi ni mwishywa wa Gen. Nsabimana Déogratias alias Castar wari umugaba w’ingabo za FAR, akaza gupfira mu ndege imwe na shebuja Habyarimana Yuvenali. Ibyo rero” Actif” yabigize igikangisho, mbese abantu bakamutinyira ko yahoranye amaboko “mu kazu”, ni ukuvuga inkoramutima, nako inkoramaraso za Agatha Kanziga na Habyarimana.

“Actif” akomoka mu yahoze ari Komini Mukingo, muri Ruhengeri, bikanavugwa ko afitanye isano ya hafi na Yuvenal Kajerijeri wari Burugumesitiri w’iyo Komini, urukiko rw’Arusha rukaza kumukatira igifungo cya burundu, amaze guhamwa n’icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri make rero,”Actif” yakuriye mu ngengabitekerezo y’ivangura, ari nayo yamukwamiyemo kugeza n’ubu. Asigaye muri bake bakiyumvamo ubuhangange ngo ni” Abakiga”, babandi basigaye ku ruhu inka yarariwe keraaa! Ntibazi ko hashize imyaka 30 iyo turufu itakirya.

Abandi bari kumwe muri ako gaco kagwingiye mu bwonko, twavuga nka Jacques Munyazikwiye, Marcel Cyiza, uwiyita” Kabila”, n’abandi bakiri muri rya terabwoba rya” uzi ico ndico mwa?”

Icyo Abanyarwanda bari mu Bubiligi bakwiye gukora rero, si ukurebera abo bagizi ba nabi, ahubwo ni ugushishikariza inzego z’umutekano kubakiza izo nyangabirama. Amafoto yazo nimuyakwirakwize ahantu nyabagendwa no ku mbuga nkoranyambaga, kugirango bifashe abantu kubirinda.

Ikindi ni ugushyira hamwe, ntimwumve ko hari umwihariko w’abagomba guhohoterwa, kuko uhishira cyangwa urebera umurozi, bwacya akakumara ku rubyaro. Uyu munsi barahora abantu ko ari Abatutsi cyangwa Inkotanyi, ariko ejo bazashyekerwa noneho batangire no kwibasira n’abo bita ba “ntibindeba”, ni ukuvuga abatabafasha muri ubwo bugizi bwa nabi.

2024-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Ubwanditsi 06 Jul 2021
AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

RUSHYASHYA 28 May 2026
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Ubwanditsi 27 Oct 2023
Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Ubwanditsi 06 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yageze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro 2023 isezereye Marine FC ku giteranyo cy’ibitego 6-3
Amakuru

APR FC yageze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro 2023 isezereye Marine FC ku giteranyo cy’ibitego 6-3

Ubwanditsi 26 Apr 2023
Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu
Mu Mahanga

Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu

Ubwanditsi 29 Dec 2016
Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga
Mu Rwanda

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Ubwanditsi 25 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru