• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Ubwanditsi 27 Oct 2023 Amakuru, IMIKINO

­­­Ubuyobozi bw’ikipe ya Police Volleyball Club y’abagabo bwatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza wayo mu gihe cy’imyaka ibiri iiri imbere, akazungirizwa na Munyinya Justin wari usanzwe ari umutoza mukuru wa Kirehe VC.

Ibi byatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Ukwakira 2023 binyuze ku rubuga rwa X, rusanzwe ruzwi nka Twitter.

Mu ifoto ndetse n’amagambo ubuyobozi bwashyize hanze bwagize buti “Tunejejwe no kubamenyesha ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru w’ikipe ya Police y’abagabo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungizwa na Munyinya Justin”.

Musoni Fred agizwe umutoza mukuru asimbuye Umutoza Mbanza Sylvester we wakomereje imirimo mu gihugu cya Benin, kuba mu ntangiriro za Nzeri akigenda Musoni akaba aribwo yahise afata iyi kipe by’abateganyo.

Kwitwara neza kwe harimo gutsinda amakipe atandukanye ya hano muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo muri Volleyball bikaba ari bimwe mu byahesheje uyu musore w’imyaka 30 akazi ko kuba umutoza mukuru.

Mu makipe yatsinze harimo nk’imikino itatu itandukanye amaze gutsinda APR VC, yatwaye igikombe cya Kirehe Open Tournament, harimo no gutwara igikombe cyahuje amakipe yo mu karere cyabereye mu gihugu cya Uganda ndetse anasoza ku mwanya wa gatatu mu irushanwa rya Nyerere International Tournament 2023 ryabereye muri Tanzania.

Musoni Fred si mushya mu mukino wa Volleyball kuko yakiniye amakipe akomeye ya hano mu Rwanda arimo APR VC, UTB VC na Rayon Sports VC, ku rwego mpuzamahanga yakiniye amakipe arimo Liiga Riento na Karelian Hurmos zo muri Finland.

Police VC kandi yatangaje ko umutoza Munyinya Justin wari usanzwe ari mu ikipe ya Kirehe VC nk’umutoza mukuru we yamaze kugirwa umutoza wunguirije muri iyi kipe ifashwa na Police.

Kuri ubu mu gihe habura umunsi umwe wa shampiyona ngo imikino yo kwishyura mu kiciro cya mbere mu bagabo, ikipe ya Police VC iri ku mwanya wa Kane aho iri iyuma ya APR VC, Gisagara VC na REG VC.

2023-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

RUSHYASHYA 21 May 2026
Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League

Ubwanditsi 21 Oct 2023
Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Ubwanditsi 14 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inteko yemeje ingingo yemerera Museveni kongera kwitoza

Ubwanditsi 21 Dec 2017
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga
Amakuru

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021
Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame
Amakuru

Shampiyona Nyafurika ya Volleyball yatangiye u Rwanda rutsinda u Burundi mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru