• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2017 Amakuru

Umuryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside (Ibuka) uvuga ko ibihano bihabwa abafite ingengabitekerezo ya Jenoside bitajyanye n’iki cyaha.

Ibuka iravuga ko ubukana abakora ibi byaha bafite, bakwiye kuba bahanwa mu buryo bukomeye kuko ngo badakwiye gutandukanwa n’abakoze Jenoside.

Kugeza ubu abahamwe n’icyaha cyo kugira ingengabitekerezo ya Jenoside, bahanishwa kuva ku myaka 5-9.

Prof Dr Dusingizemungu Jean Pierre uyobora Ibuka mu kiganiro yahaye ikinyamakuru Izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru , yavuze ko kugeza ubu mu Rwanda hagaragara abantu bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo bakwiye guhagurukirwa.

Yagize ati “Kiriya cyaha cy’ingengabatikerezo ya Jenoside kigomba gufatwa nk’icyaha gikomeye cyane, kuko ingengabitekerezo ni na yo igenda yiyubaka igashyira Jenoside, nta gutandukanya abantu bafite ingengabitekerezo n’ababa bashobora gukora Jenoside, itegeko rihana ababonekaho icyo cyaha rigomba kuba ari itegeko rishyiraho ibihano bikomeye cyane, mbese ibihano koko bitanga amasomo, ibihano biriho ubungubu kuva ku myaka itanu kugera ku icyenda ubwabyo tubona ko bidahagije.”

Nubwo Ibuka itavuga ibihano yifuza ko byashyirwaho, gusa yerekana ko abakora amategeko bakwiye kubyongera ku buryo bibera isomo umuntu wabikoze ariko n’Abanyarwanda bakavanamo isomo.

Ibuka kandi yongeye kunenga uburyo bwo guhamya ufite ingengabitekerezo ya Jenoside bikorwa, ivuga ko bidasobanutse.

Prof Dr Dusingizemungu Jean Pierre yunzemo ati “Ingingo bagenderaho ngo bavuge ko icyaha cyakozwe usanga bavuga ngo uwo muntu agomba kuba yakoze icyaha mu ruhame, urwo ruhame narwo turugiraho ikibazo, niba ubushashakatsi bwerekana ko ingengabitekerezo iri ku ishyiga, aha ho se itegeko rihagera rite? Abakora amategeko bakwiye kwicara bakareba uko bisobanuka kuko abafite ingengabitekerezo ni abahanga, bafata umwanya bakoresheje amayeri.”

Prof Dr Dusingizemungu Jean Pierre yatanze urugero ngo mu Karere ka Ruhango, aho umwe mu banyamabanga nshingwabikorwa b’umurenge yahaga inzoga abarokotse Jenoside agamije kubamara gahoro gahoro.

Yagize ati “Hari umuyobozi w’Umurenge muri Ruhango, yagiye mu Mudugudu w’abacitse ku icumu, buri mugoroba akajya abashyira ijerekani y’urwagwa akanagamo na waragi agira ngo baryoherwe, abo bantu bifitiye intege nke bajyaga binywera kabavuga bati dore umuyobozi mwiza, nyamara nta muriro yari yabahaye, nta yandi majyambere yigeze abaha icyo we yari agamije byari ukubica buhororo, ikibazo gihari ni uko iyo myifatire ye idashyirwa mu bafite ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Ibuka ivuga ko kugeza ubu kubera ko abapanze Jenoside bakanayishyirwa mu bikorwa benshi bari i Burayi kandi badafatwa, buri munsi usanga birirwa bavugana n’imiryango yabo iba mu Rwanda bityo kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside bikaba bikigoye.

-6335.jpg

Prof Dr Dusingizemungu Jean Pierre

Ibuka ivuze ibi mu gihe u Rwanda ruri mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23, hagaragaye ibyaha 24 bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside nk’uko Polisi y’u Rwanda ibivuga.

Bimwe mu byaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside byagaragaye birimo gutema inka y’uwarokotse Jenoside mu karere ka Kicukiro y’uwitwa Mukurira Ferdinand bikaza kuyiviramo gupfa, mu karere ka Rubavu naho Polisi ikaba yarataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kuba ubwo bari mu gikorwa cyo kwibuka bo barahavuye basubira mu rugo gutwika inzu y’umukecuru warokotse Jenoside ufite imyaka 80.

2017-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Ubwanditsi 22 Dec 2023
Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti

Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti

RUSHYASHYA 08 Mar 2026
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Ubwanditsi 14 Mar 2022
Nyuma yo gukomorerwa, Itorero Inganzo Ngari yateguye igitaramo cyo gususurutsa abakunzi ba gakondo

Nyuma yo gukomorerwa, Itorero Inganzo Ngari yateguye igitaramo cyo gususurutsa abakunzi ba gakondo

Ubwanditsi 09 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa
POLITIKI

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye
SHOWBIZ

Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Ubwanditsi 09 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru